Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ihere ijisho uko abakinnyi b’Amavubi baserutse bagiye mu mwiherero (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ihere ijisho uko abakinnyi b’Amavubi baserutse bagiye mu mwiherero (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi, bakina imbere mu Gihugu, batangiye umwiherero wo kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Ni umwiherero watangiye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, nyuma y’uko Umutoza w’Ikipe ahamagaye abakinnyi azakoresha mu mikino ibiri irimo uwa Benin n’uwa Lesotho.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, mbere y’uko abakinnyi berecyeza aho bazakorera uyu mwiherero, babanje guhurira ku Cyicaro Gikuru cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) i Remera mu Mujyi wa Kigali.

FERWAFA ivuga ko nyuma y’uko abakinnyi bagiye mu mwiherero “Imyitozo iratangira kuri iki gicamunsi ku kibuga cya Ntare i Bugesera. Abahamagawe bose bakina mu Rwanda barahari.”

Aba bakinnyi batangiye umwiherero, bagaragayemo rutahizamu w’Umunya-Nigeria Ani Elijah utari warahamagawe, ariko byavugwaga ko hari kuba ibiganiro byo kugira ngo azakinire u Rwanda.

Ikipe y’u Rwanda Amavubi igiye gukina iyi mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, iyoboye itsinda rya gatatu-C nyuma y’uko mu mukino wa mbere wabaye mu kwezi k’Ugushyingo 2023, itsinze iya Afurika y’Epfo ibitego 2-0, wabereye i Huye mu Majyepfo y’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 17 =

Previous Post

S.Africa: Urukiko rwafashe icyemezo ku wabaye Perezida wifuzaga kongera kwiyamamaza uvugwaho imiziro

Next Post

Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi

Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.