Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

radiotv10by radiotv10
05/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260 Frw, harimo 40% kugeza kuri 50% by’amafaranga abakinnyi baguzwe mu myaka ishize bagifitiye imyenda, anagaruka ku kibazo cya Bisi, yemeje ko iri gukorwa kandi yenda kurangira.

Nubwo bayisanganye amadeni, ariko Murenzi yavuze ko iyi kipe ikeneye kongera kwiyubaka mu isoko ryo muri Mutarama 2026, aho gahunda ihari ari uko hakenewe miliyoni hagati ya 150 Frw na 200 Frw kugira ngo hongerwemo abakinnyi bashya bazafasha ikipe gusubira ku rwego rwo guhatanira igikombe.

Murenzi Abdallah yavuze ko mu rwego rwo gutegura isoko ryo muri Mutarama, mu cyumweru n’igice kizaza, Rayon Sports izaba yamaze gushyiraho umutoza mukuru mushya, uzagira uruhare mu kugena imyanya izongerwamo abakinnyi ndetse n’abazasezererwa.

Yakomeje avuga ko ibikorwa byo kwiyubaka bisaba ingengo y’imari igera kuri miliyoni 200 Frw, kandi ko hari umufatanyabikorwa ikipe iri kuvugana na we ushobora gutanga 75% by’ayo mafaranga.

Ku birebana n’amakuru avuga ko Leta yaba yarijeje Murenzi Abdallah inkunga ubwo yagirwaga Perezida w’Agateganyo, Murenzi yahakanye ibyo birego agira ati “Baratubwiye bati: ‘Igihugu kirabashyigikiye’, nta bahasha bampaye.”

Yakomeje avuga ko icyo bahawe ari ubutumwa bwo gushyigikira ibikorwa by’ikipe ariko nta mafaranga yahawe.

Ku kibazo cya bisi yagombaga kugurwa mu Ugushyingo 2025, Murenzi yasobanuye ko iyi modoka iri gukorwa, ikaba iri gushyirwaho ibirango bya Rayon Sports, kandi izagera i Kigali ari nshya, ivuye ku ruganda. Habayeho guhuzagurika kw’inzego hagati ya Rayon Sports n’umufatanyabikorwa Airtel wari wiyemeje kuyigurira, kuko Komite Nyobozi ya mbere iyobowe na Twagirayezu Thaddée yanze umushinga w’‘Akanyenyeri’, byanatumye amasezerano yo kugura iyo modoka atinda.

Murenzi Abdallah yasoje ashimangira ko intego nyamukuru ari ugushyira Rayon Sports mu murongo mushya w’imiyoborere, kunoza imikoreshereze y’amafaranga, gukemura amadeni ndetse no kongera ubushobozi bw’ikipe mu kibuga.

Yavuze ko kwiyubaka bisaba gushyira mu bikorwa imishinga ifatika, imikoranire myiza n’abafatanyabikorwa ndetse no gukorana ubwitange mu gihe cyose ikipe ikiri mu bibazo by’imari.

Komite y’inzibacyuho ya Rayon yagaragaje uko ibibazo bihagaze

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Next Post

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Related Posts

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

IZIHERUKA

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo
MU RWANDA

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

05/12/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n'abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.