Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo cy’abagorwaga no gukorera ‘Permis’ mu Rwanda cyakemutse burundu

radiotv10by radiotv10
05/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ikibazo cy’abagorwaga no gukorera ‘Permis’ mu Rwanda cyakemutse burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangijwe ibigo 16 bizajya bikorerwamo ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga zaba iz’agateganyo n’iza burundu, bizajya bikora kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, bikaba byitezweho kurandura burundu ibibazo by’abifuzaga gukora ibi bizamini ariko bagategereza igihe kinini.

Hakunze kumvikana bamwe mu bifuza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga, bavuga ko bagowe no kwiyandikisha kuko umurongo wo kwiyandikishirizaho ufungurwa gacye kandi aba babikenye ari benshi.

Bamwe bavugaga ko ibi byababeraga imbogamizi ku buryo hari ababaga bafite impushya z’agateganyo zikarinda zita agaciro badakoreye iza burundu.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko “abashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga kuri ubu ntibazongera kujya bategereza igihe kirekire kugira ngo bakore ibizamini byo gutwara ibinyabiziga byaba iby’uruhushya rw’agateganyo hakoreshejwe impapuro ndetse n’impushya za burundu nyuma yuko Polisi y’u Rwanda ifunguye ibigo 16 bizajya bitangirwamo ibizamini hirya no hino mu Gihugu.”

Ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 03 Ukuboza 2022, abapolisi boherejwe gukorera muri ibi bigo, bahawe impanuro n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko ibi bigo bifunguwe mu rwego rwo kunoza serivisi za Polisi y’u Rwanda no kuzegereza abaturarwanda.

Yavuze ko iyi gahunda izarandura ibibazo byajyaga bigaragara mu kwiyandikisha gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rwaba urw’agateganyo hakoreshejwe mudasobwa cyangwa ku mpapuro ndetse n’urwa burundu.

Yagize “Abapolisi bamaze koherezwa muri ibyo bigo bishya ahazajya hatangirwa ibizamini byose byaba iby’uruhushya rwa burundu n’urw’agateganyo kuri mudasobwa no ku mpapuro kuva ku wa Mbere kugera ku wa Gatanu.”

Yakomeje agira ati “Icyo ibi bishatse kuvuga ni uko uzajya ashaka kwiyandikisha kugira ngo akorere uruhushya rwaba urw’agateganyo n’urwa burundu anyuze ku Irembo guhitamo aho abona hamworohereye cyangwa ikigo kimuri hafi.”

Uburyo buhoraho bwo kwiyandikisha ku bashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bwafunguwe kuu wa Gatandatu tariki ya 03 Ukuboza 2022, ku buryo aba mbere bazakoreshwa ikizamini ku itariki 12 Ukuboza 2022.

Mu kwezi gushize kandi Polisi y’u Rwanda yari yafunguye ibigo 18 bizajya bikoresherezwamo ibizamini hifashishijwe mudasobwa mu Turere dutandukanye bikora kuva ku wa Mbere kugera ku wa Gatandatu.

RADIOTV10

Comments 1

  1. philemon says:
    3 years ago

    bravo kbs dushimye police y’urwanda

    Reply

Leave a Reply to philemon Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

UK: Polisi yatanze amakuru mashya ku cyatumye Raheem Sterling ava muri Qatar igitaraganya

Next Post

Igisubizo gitunguranye cya Muhoozi ku bavuga ko yifuza kuzaba Perezida

Related Posts

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ku butumire bwa mugenzi we Duma Gideon Boko,...

MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

by radiotv10
06/05/2026
0

MTN Rwanda, in partnership with Infinix, has officially launched the SMART 20 smartphone, bringing a new level of performance, durability,...

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

by radiotv10
06/05/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y'Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

by radiotv10
06/05/2026
0

General Mubarakh Muganga ari Istanbul muri Türkiye ahari kubera imurika mpuzamahanga ry’intwaro, akaba yanaganiriye na migenzi we w’iki Gihugu General...

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

by radiotv10
06/05/2026
0

Umukozi ushinzwe ibururamari mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rumukurikiranyeho kunyereza...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
MU RWANDA

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
06/05/2026
0

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

06/05/2026
MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

06/05/2026
Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

06/05/2026
Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

06/05/2026
Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

06/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gitunguranye cya Muhoozi ku bavuga ko yifuza kuzaba Perezida

Igisubizo gitunguranye cya Muhoozi ku bavuga ko yifuza kuzaba Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.