Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize
Share on FacebookShare on Twitter

Hatahuwe ikihishe inyuma y’ibyavuzwe ko Bruce Melodie na Coach Gael bafatanye mu mashati nyuma bakaza kugaragara bari kumwe baseka bakira umuhanzi w’ikirangirire mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Harmonize.

Uyu muhanzi w’Umunya-Tanzania, Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize yageze mu Rwanda mu cyumweru twaraye dusoje, yakirwa n’umuhanzi Bruce Melodie usanzwe ari inshuti ye ndetse n’umujyanama we Coach Gael.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, uyu muhanzi akimara kugera mu Rwanda, yavuze ko yishimye kandi ko inzozi ze ari ukuzashaka umugore w’Umunyarwandakazi.

Uyu muhanzi usanzwe aza mu Rwanda azanywe no gutaramira Abaturarwanda, kuri iyi nshuro bwo ntiyazanywe n’igitaramo, ahubwo aje mu bikorwa by’ubucuruzi afitanye na Coach Gael na Bruce Melodie.

Mbere yuko Harmonize agera mu Rwanda, hari habanje gucicikana amakuru ko aba bamwakiriye bafitanye ikibazo ndetse ko bafatanye mu mashati bapfa amafaranga umwe abereyemo undi, ariko bakaza kugaragara baseka ubwo bajyaga kwakira uyu muhanzi.

Bamwe mu basesenguzi mu by’imyidagaduro bemeza ko ibya kiriya kibazo cyavuzwe hagati ya Coach Gael na Bruce Melodie, bwari uburyo bwo gutwika kugira ngo ibikorwa barimo bivugwe cyane.

Umwe yagize ati “Bari gutwika kugira ngo Bruce Melodie na Coach Gael bakomeze bumvikane mu matwi y’Abanyarwanda kuko hateganyijwe umuhango wo kumurika 1:55’ AM mu buryo bwo ku mugaragaro ndetse n’abakozi bazajya bayibarizwamo.”

Iyi label ibarizwamo Bruce Melodie kandi iherutse no gusinyisha mu ibanga umutunganyamuziki, Element ugezweho mu Rwanda, biteganyijwe ko na we azagaragazwa ku mugaragaro ubwo hazaba hamurikwa iyi label.

Uyu mutunganyamuziki kandi biteganyijwe ko ari we uzakora indirimbo ya Bruce Melodie n’inshuti ye Harmonize, yamaze no gufatwa amajwi yayo.

Bruce Melodie na Coach Gael

Khamis SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Next Post

BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

Related Posts

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.