Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize
Share on FacebookShare on Twitter

Hatahuwe ikihishe inyuma y’ibyavuzwe ko Bruce Melodie na Coach Gael bafatanye mu mashati nyuma bakaza kugaragara bari kumwe baseka bakira umuhanzi w’ikirangirire mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Harmonize.

Uyu muhanzi w’Umunya-Tanzania, Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize yageze mu Rwanda mu cyumweru twaraye dusoje, yakirwa n’umuhanzi Bruce Melodie usanzwe ari inshuti ye ndetse n’umujyanama we Coach Gael.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, uyu muhanzi akimara kugera mu Rwanda, yavuze ko yishimye kandi ko inzozi ze ari ukuzashaka umugore w’Umunyarwandakazi.

Uyu muhanzi usanzwe aza mu Rwanda azanywe no gutaramira Abaturarwanda, kuri iyi nshuro bwo ntiyazanywe n’igitaramo, ahubwo aje mu bikorwa by’ubucuruzi afitanye na Coach Gael na Bruce Melodie.

Mbere yuko Harmonize agera mu Rwanda, hari habanje gucicikana amakuru ko aba bamwakiriye bafitanye ikibazo ndetse ko bafatanye mu mashati bapfa amafaranga umwe abereyemo undi, ariko bakaza kugaragara baseka ubwo bajyaga kwakira uyu muhanzi.

Bamwe mu basesenguzi mu by’imyidagaduro bemeza ko ibya kiriya kibazo cyavuzwe hagati ya Coach Gael na Bruce Melodie, bwari uburyo bwo gutwika kugira ngo ibikorwa barimo bivugwe cyane.

Umwe yagize ati “Bari gutwika kugira ngo Bruce Melodie na Coach Gael bakomeze bumvikane mu matwi y’Abanyarwanda kuko hateganyijwe umuhango wo kumurika 1:55’ AM mu buryo bwo ku mugaragaro ndetse n’abakozi bazajya bayibarizwamo.”

Iyi label ibarizwamo Bruce Melodie kandi iherutse no gusinyisha mu ibanga umutunganyamuziki, Element ugezweho mu Rwanda, biteganyijwe ko na we azagaragazwa ku mugaragaro ubwo hazaba hamurikwa iyi label.

Uyu mutunganyamuziki kandi biteganyijwe ko ari we uzakora indirimbo ya Bruce Melodie n’inshuti ye Harmonize, yamaze no gufatwa amajwi yayo.

Bruce Melodie na Coach Gael

Khamis SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 2 =

Previous Post

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Next Post

BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

Related Posts

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

by radiotv10
25/10/2025
0

Weekends are a time to relax, socialize, and enjoy the fruits of your hard work. But for many young professionals,...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi
MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.