Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize

radiotv10by radiotv10
23/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ikihishe inyuma y’ibipfunsi byavuzwe hagati ya B.Melodie na Gael nyuma bakagaragara baseka bakira Harmonize
Share on FacebookShare on Twitter

Hatahuwe ikihishe inyuma y’ibyavuzwe ko Bruce Melodie na Coach Gael bafatanye mu mashati nyuma bakaza kugaragara bari kumwe baseka bakira umuhanzi w’ikirangirire mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Harmonize.

Uyu muhanzi w’Umunya-Tanzania, Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize yageze mu Rwanda mu cyumweru twaraye dusoje, yakirwa n’umuhanzi Bruce Melodie usanzwe ari inshuti ye ndetse n’umujyanama we Coach Gael.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, uyu muhanzi akimara kugera mu Rwanda, yavuze ko yishimye kandi ko inzozi ze ari ukuzashaka umugore w’Umunyarwandakazi.

Uyu muhanzi usanzwe aza mu Rwanda azanywe no gutaramira Abaturarwanda, kuri iyi nshuro bwo ntiyazanywe n’igitaramo, ahubwo aje mu bikorwa by’ubucuruzi afitanye na Coach Gael na Bruce Melodie.

Mbere yuko Harmonize agera mu Rwanda, hari habanje gucicikana amakuru ko aba bamwakiriye bafitanye ikibazo ndetse ko bafatanye mu mashati bapfa amafaranga umwe abereyemo undi, ariko bakaza kugaragara baseka ubwo bajyaga kwakira uyu muhanzi.

Bamwe mu basesenguzi mu by’imyidagaduro bemeza ko ibya kiriya kibazo cyavuzwe hagati ya Coach Gael na Bruce Melodie, bwari uburyo bwo gutwika kugira ngo ibikorwa barimo bivugwe cyane.

Umwe yagize ati “Bari gutwika kugira ngo Bruce Melodie na Coach Gael bakomeze bumvikane mu matwi y’Abanyarwanda kuko hateganyijwe umuhango wo kumurika 1:55’ AM mu buryo bwo ku mugaragaro ndetse n’abakozi bazajya bayibarizwamo.”

Iyi label ibarizwamo Bruce Melodie kandi iherutse no gusinyisha mu ibanga umutunganyamuziki, Element ugezweho mu Rwanda, biteganyijwe ko na we azagaragazwa ku mugaragaro ubwo hazaba hamurikwa iyi label.

Uyu mutunganyamuziki kandi biteganyijwe ko ari we uzakora indirimbo ya Bruce Melodie n’inshuti ye Harmonize, yamaze no gufatwa amajwi yayo.

Bruce Melodie na Coach Gael

Khamis SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + thirteen =

Previous Post

Umusore wasezeranye n’umukobwa akamutera uw’inyuma bakiva mu Murenge bombi baravuga ibitangaje

Next Post

BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare
MU RWANDA

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

by radiotv10
09/01/2026
0

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

BREAKING: Imyaka y’igifungo yari yakatiwe Bamporiki yiyongereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.