Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

radiotv10by radiotv10
10/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Hazamutse urunturuntu hagati ya Gateka Esther Briane wamenyekanye nka DJ Briane na Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago, nyuma y’uko umwe avuze amagambo atanejeje mugenzi we, undi na we akamusubiza.

Hakomeje kuvugwa umwuka mubi hagati ya DJ Briane na Yago Pondat, bari basanzwe ari inshuti magara ariko ubu zabyaye amahari nyuma y’amagambo Yago aherutse kuvuga ko bamwe mu Dj basaba amafaranga Adiyasipora bitwaza gufasha abana bakayaryohamo mu tubari.

Yago yagize ati “Abo ba DJ birirwa bishushanya baza bakajya ku ma space bakarira batabaza Diaspora ngo babahe amafaranga bafite abana barera, ejo mukababona barimo gutwika mu bubari mu mafaranga yanyu mwaboherereje.”

Dj Briane uvuga ko ari we wavuzwe muri aya magambo ya Yago, yabaye nk’umusubiza, gusa avuga ko ibyavuzwe n’iki cyamamare mugenzi we, bitamuca intege zo gukomeza gufasha.

Yagize ati “Aba bana nabafashije nta n’umwe ngishije inama, ntawe nsabye ubufasha, ariko aho bigeze nkeneye ubufasha bw’abantu kukongewe ntabwo mfite ubushobozi bwo kurera abana barenga 50 kandi ndashimira Imana ko ubwo bufasha mbubona.”

Yakomeje avuga ko Yago uvuga ayo magambo abizi cyane ko ari mu bamufashije muri ibi bikorwa byo gufasha abana, ahubwo ko atazi icyamuteye kuvuga ayo magambo.

Ati “Uwo Yago uvuga ayo magambo arabizi n’umutima we wose, si ubwa mbere twajyanye gusura abana, si ubwa kabiri akabibona twazamukanye umusozi witwa Jali hari kuri Noheli amfasha gutekera abana turabagaburira dutaha tunaniwe, none bimaze kumucanga aje mu itangazamakuru.”

Umuryango ‘Brianne Foundation’ washinzwe na DJ Brianne, kugeza ubu ufasha abana 49 barimo 35 b’i Kigali n’abandi icyenda b’i Kayonza.

DJ Brianne ufite amateka y’uko na we yabaye ku muhanda, akavuga ko ari na cyo cyatumye atekereza gufasha aba bana kuko azi ubuzima bubi baba barimo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Karekezi abubakar says:
    2 years ago

    Burya gufasha ni impano idoshoborwa na buriwese, bityo rero abo Imana yahaye iyo mpano mujye muyikoresha

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 4 =

Previous Post

Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza

Next Post

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume
MU RWANDA

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.