Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

radiotv10by radiotv10
10/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Hazamutse urunturuntu hagati ya Gateka Esther Briane wamenyekanye nka DJ Briane na Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago, nyuma y’uko umwe avuze amagambo atanejeje mugenzi we, undi na we akamusubiza.

Hakomeje kuvugwa umwuka mubi hagati ya DJ Briane na Yago Pondat, bari basanzwe ari inshuti magara ariko ubu zabyaye amahari nyuma y’amagambo Yago aherutse kuvuga ko bamwe mu Dj basaba amafaranga Adiyasipora bitwaza gufasha abana bakayaryohamo mu tubari.

Yago yagize ati “Abo ba DJ birirwa bishushanya baza bakajya ku ma space bakarira batabaza Diaspora ngo babahe amafaranga bafite abana barera, ejo mukababona barimo gutwika mu bubari mu mafaranga yanyu mwaboherereje.”

Dj Briane uvuga ko ari we wavuzwe muri aya magambo ya Yago, yabaye nk’umusubiza, gusa avuga ko ibyavuzwe n’iki cyamamare mugenzi we, bitamuca intege zo gukomeza gufasha.

Yagize ati “Aba bana nabafashije nta n’umwe ngishije inama, ntawe nsabye ubufasha, ariko aho bigeze nkeneye ubufasha bw’abantu kukongewe ntabwo mfite ubushobozi bwo kurera abana barenga 50 kandi ndashimira Imana ko ubwo bufasha mbubona.”

Yakomeje avuga ko Yago uvuga ayo magambo abizi cyane ko ari mu bamufashije muri ibi bikorwa byo gufasha abana, ahubwo ko atazi icyamuteye kuvuga ayo magambo.

Ati “Uwo Yago uvuga ayo magambo arabizi n’umutima we wose, si ubwa mbere twajyanye gusura abana, si ubwa kabiri akabibona twazamukanye umusozi witwa Jali hari kuri Noheli amfasha gutekera abana turabagaburira dutaha tunaniwe, none bimaze kumucanga aje mu itangazamakuru.”

Umuryango ‘Brianne Foundation’ washinzwe na DJ Brianne, kugeza ubu ufasha abana 49 barimo 35 b’i Kigali n’abandi icyenda b’i Kayonza.

DJ Brianne ufite amateka y’uko na we yabaye ku muhanda, akavuga ko ari na cyo cyatumye atekereza gufasha aba bana kuko azi ubuzima bubi baba barimo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Karekezi abubakar says:
    2 years ago

    Burya gufasha ni impano idoshoborwa na buriwese, bityo rero abo Imana yahaye iyo mpano mujye muyikoresha

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza

Next Post

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Related Posts

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.