Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in SIPORO
0
Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe ane yakinaga mu cyiciro cya Kane muri Afurika y’Epfo, yahagaritswe nyuma y’imikino ibiri irimo uwo imwe yatsinzemo ibitego 33 kuri kimwe n’undi imwe yatsinzemo indi ibitego 59 kuri 1, bikagaragara ko habayemo uburiganya bwo kugurisha imikino kugira ngo aya makipe yitsindishe.

Aya makipe yahagaritswe burundu mu cyiciro cya kane, ni Matiyasi FC, Shivulani Dangerous Tigers, Kotoko Happy Boys ndetse na Nsami Mighty Birds.

Muti byagenze gute?

Amakipe abiri ari yo Matiyasi FC na Shivulani Dangerous Tigers zariho zikubana zirwanira umwanya wa mbere ariko zishaka kurushanwa ibitego, ziza kwigira inama yo gushora imari mu buriganya.

Iyi kipe ya Shivulani Dangerous Tigers ubwo yakinaga na Kotoko Happy Boys, yayinyagiye amahindu y’ibitego, iyitsinda 33-1 mu mukino wabaye mu mpera z’ukwezi gushize kwa Gicurasi.

Matiyasi FC na yo yaje kwihimura na yo ku buriganya bwo kugura umukino, inyagira Nsami Mighty Birds ibitego 59-1 mu gihe iyi kipe yatsinzwe iri ku mwanya wa gatatu.

Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo, bwemeje ko izi ntsinzwi atari gusa ahubwo ko ari uburiganya budakwiye kwihanganira, ni ko gufatira ibyemezo aya makipe uko ari ane yaba ari ayatsinze ibi bitego bidasobanutse ndetse n’ayabitsinzwe.

Aya makipe yose yahise ahagarikwa bituma aya abiri yarwaniraga igikombe yose agihomba ahubwo gihabwa ikipe yari iri ku mwanya wa kane.

Abayobozi b’aya makipe bo, bahagaritswe mu bikorwa by’umupira w’amaguru mu gihe kiri hagati y’imyaka itanu n’umunani mu gihe abasifuye iyi mikino yombi bo bahagaritswe mu gihe cy’imyaka 10.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu gace ka Mopani, Vincent Ramphago yavuze ko abagize uruhare muri ubu buriganya bose, batifuriza ineza umupira w’amaguru bityo ko bakwiye gufatirwa ibihano.

Yagize ati “Ikibabaje ni uko n’abakinyi bakiri bato babirimo kuko amategeko y’irushanwa avuga ko ari ngombwa ko buri kipe ikinisha ingimbi eshanu ziri munsi y’imyaka 21.”

Uburiganya bwo kugurisha imikino bwagiye bunanugwanugwa mu Rwanda, aho bwavugwaga ku bayobozi b’amwe mu makipe ndetse bamwe muri bo ubwabo bakaba barabishinjanyaga.

Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC usanzwe ari Perezida wa Gasogi United, mu mpera z’umwaka ushize ubwo yavugwagaho ibikorwa nk’ibi byo kwitsindisha ku busha kubera kugurisha imikino, yagize icyo abivugaho.

Icyo gihe ubwo ikipe ye yatsindwa na Gorilla FC 1-0 mu mukino wabaye tariki 17 Ukuboza 2022, KNC yagize ati “Ngo tura-betting (turatega), reka nkubaze ikibazo kimwe, bavuga ko perezida wa Kiyovu Sports ko ari we ubikora cyane, waramubajije, uwo bavuga cyane ni Perezida wa Kiyovu, uzagende umubaze agusobanurire.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 4 =

Previous Post

Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw

Next Post

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Related Posts

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

IZIHERUKA

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira
MU RWANDA

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.