Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in SIPORO
0
Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Amakipe ane yakinaga mu cyiciro cya Kane muri Afurika y’Epfo, yahagaritswe nyuma y’imikino ibiri irimo uwo imwe yatsinzemo ibitego 33 kuri kimwe n’undi imwe yatsinzemo indi ibitego 59 kuri 1, bikagaragara ko habayemo uburiganya bwo kugurisha imikino kugira ngo aya makipe yitsindishe.

Aya makipe yahagaritswe burundu mu cyiciro cya kane, ni Matiyasi FC, Shivulani Dangerous Tigers, Kotoko Happy Boys ndetse na Nsami Mighty Birds.

Muti byagenze gute?

Amakipe abiri ari yo Matiyasi FC na Shivulani Dangerous Tigers zariho zikubana zirwanira umwanya wa mbere ariko zishaka kurushanwa ibitego, ziza kwigira inama yo gushora imari mu buriganya.

Iyi kipe ya Shivulani Dangerous Tigers ubwo yakinaga na Kotoko Happy Boys, yayinyagiye amahindu y’ibitego, iyitsinda 33-1 mu mukino wabaye mu mpera z’ukwezi gushize kwa Gicurasi.

Matiyasi FC na yo yaje kwihimura na yo ku buriganya bwo kugura umukino, inyagira Nsami Mighty Birds ibitego 59-1 mu gihe iyi kipe yatsinzwe iri ku mwanya wa gatatu.

Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo, bwemeje ko izi ntsinzwi atari gusa ahubwo ko ari uburiganya budakwiye kwihanganira, ni ko gufatira ibyemezo aya makipe uko ari ane yaba ari ayatsinze ibi bitego bidasobanutse ndetse n’ayabitsinzwe.

Aya makipe yose yahise ahagarikwa bituma aya abiri yarwaniraga igikombe yose agihomba ahubwo gihabwa ikipe yari iri ku mwanya wa kane.

Abayobozi b’aya makipe bo, bahagaritswe mu bikorwa by’umupira w’amaguru mu gihe kiri hagati y’imyaka itanu n’umunani mu gihe abasifuye iyi mikino yombi bo bahagaritswe mu gihe cy’imyaka 10.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu gace ka Mopani, Vincent Ramphago yavuze ko abagize uruhare muri ubu buriganya bose, batifuriza ineza umupira w’amaguru bityo ko bakwiye gufatirwa ibihano.

Yagize ati “Ikibabaje ni uko n’abakinyi bakiri bato babirimo kuko amategeko y’irushanwa avuga ko ari ngombwa ko buri kipe ikinisha ingimbi eshanu ziri munsi y’imyaka 21.”

Uburiganya bwo kugurisha imikino bwagiye bunanugwanugwa mu Rwanda, aho bwavugwaga ku bayobozi b’amwe mu makipe ndetse bamwe muri bo ubwabo bakaba barabishinjanyaga.

Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC usanzwe ari Perezida wa Gasogi United, mu mpera z’umwaka ushize ubwo yavugwagaho ibikorwa nk’ibi byo kwitsindisha ku busha kubera kugurisha imikino, yagize icyo abivugaho.

Icyo gihe ubwo ikipe ye yatsindwa na Gorilla FC 1-0 mu mukino wabaye tariki 17 Ukuboza 2022, KNC yagize ati “Ngo tura-betting (turatega), reka nkubaze ikibazo kimwe, bavuga ko perezida wa Kiyovu Sports ko ari we ubikora cyane, waramubajije, uwo bavuga cyane ni Perezida wa Kiyovu, uzagende umubaze agusobanurire.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + four =

Previous Post

Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw

Next Post

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Related Posts

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Umunyezamu wa Rayon Sports FC, Umunye-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila yatanze inama ku cyakorwa ngo ikipe ye isezerere Singida Black Stars...

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

IZIHERUKA

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

17/09/2025
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Why do young people quit jobs after a few months?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.