• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Jolly yahuye na Miss Uganda ufite amaraso y’Ubunyarwanda aramutaka karahava

radiotv10by radiotv10
02/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Jolly yahuye na Miss Uganda ufite amaraso y’Ubunyarwanda aramutaka karahava
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda, uri muri Uganda, yabonanye na Miss Uganda, Hannah Karema Tumukunde ukomoka ku babyeyi barimo uw’Umunyarwanda, amubwira amagambo meza asize umunyu.

Miss Mutesi Jolly umaze iminsi ari muri Uganda, yabonanye n’abantu banyuranye muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Mu bo babonanye harimo Miss Uganda wa 2023, Hannah Karema, banagirana ibihe byiza kuko batemberanye mu bice nyaburanga, nko mu mazi.

Amafoto n’amashusho yashyizwe hanze na Miss Mutesi Jolly, agaragaza we na Miss Hannah Karema bari mu bwato bari gutembera mu mazi, ubundi bari aho bari kwiyakirira.

Muri aya mashusho, banyuzamo umwe agaha undi akabizu undi ku itama, undi na we akanyuzamo akakamuha, bigaragaza ko bahuje urugwiro.

Mu butumwa buherekeje aya mafoto n’amashusho, Miss Jolly ataka bidasanzwe uyu mukobwa wegukanye ikamba rya Miss Uganda ry’uyu mwaka wa 2023.

Yagize ati “Nahuye na Miss mwiza cyane wa Uganda Hannak Karema. Ni umwari ufite imbere heza. Nishimiye kuzabona ukomeza guhamya intego zawe.”

Muri ubu butumwa, Miss Jolly akomeza asaba Miss Uganda, gukomeza kubyaza umusaruro amahirwe yagize yo kuba Miss. Ati “Nguhaye ikaze mu Isi y’abamikazi murumuna wanjye. Nishimiye kuzaguha ikaze mu Rwanda.”

Hannah Karema Tumukunde akimara kwegukana ikamba rya Miss Uganda, byazamuye impaka ndende muri Uganda, aho bamwe bavugaga ko ari Umunyarwandakazi, na we aza gukuraho urujijo, avuga ko akomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda ari we mama we, ariko ko we yavukiye muri Uganda, akaba ari na ho yakuriye.

Batemberanye mu bwato bishimye

Baranasangira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 4 =

Previous Post

Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Next Post

Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa

Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.