Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Jolly yahuye na Miss Uganda ufite amaraso y’Ubunyarwanda aramutaka karahava

radiotv10by radiotv10
02/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Jolly yahuye na Miss Uganda ufite amaraso y’Ubunyarwanda aramutaka karahava
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda, uri muri Uganda, yabonanye na Miss Uganda, Hannah Karema Tumukunde ukomoka ku babyeyi barimo uw’Umunyarwanda, amubwira amagambo meza asize umunyu.

Miss Mutesi Jolly umaze iminsi ari muri Uganda, yabonanye n’abantu banyuranye muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Mu bo babonanye harimo Miss Uganda wa 2023, Hannah Karema, banagirana ibihe byiza kuko batemberanye mu bice nyaburanga, nko mu mazi.

Amafoto n’amashusho yashyizwe hanze na Miss Mutesi Jolly, agaragaza we na Miss Hannah Karema bari mu bwato bari gutembera mu mazi, ubundi bari aho bari kwiyakirira.

Muri aya mashusho, banyuzamo umwe agaha undi akabizu undi ku itama, undi na we akanyuzamo akakamuha, bigaragaza ko bahuje urugwiro.

Mu butumwa buherekeje aya mafoto n’amashusho, Miss Jolly ataka bidasanzwe uyu mukobwa wegukanye ikamba rya Miss Uganda ry’uyu mwaka wa 2023.

Yagize ati “Nahuye na Miss mwiza cyane wa Uganda Hannak Karema. Ni umwari ufite imbere heza. Nishimiye kuzabona ukomeza guhamya intego zawe.”

Muri ubu butumwa, Miss Jolly akomeza asaba Miss Uganda, gukomeza kubyaza umusaruro amahirwe yagize yo kuba Miss. Ati “Nguhaye ikaze mu Isi y’abamikazi murumuna wanjye. Nishimiye kuzaguha ikaze mu Rwanda.”

Hannah Karema Tumukunde akimara kwegukana ikamba rya Miss Uganda, byazamuye impaka ndende muri Uganda, aho bamwe bavugaga ko ari Umunyarwandakazi, na we aza gukuraho urujijo, avuga ko akomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda ari we mama we, ariko ko we yavukiye muri Uganda, akaba ari na ho yakuriye.

Batemberanye mu bwato bishimye

Baranasangira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + three =

Previous Post

Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Next Post

Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa

Igihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo cyakuwe mu irushanwa kubera amanyanga atihanganirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.