• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

radiotv10by radiotv10
30/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Karasira wabaye umwarimu muri UR yageze ku rukiko yitwaje agafuka karimo inyandiko

Photo/ Bwiza

Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza uregwa ibyaha birimo gukurura amacakubiri bishingiye ku biganiro yatangaga kuri YouTube, aratangira kuburana mu mizi.

Aimable Karasira wakunze kumvikana avuga amagambo aremereye ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022, yageze ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kugira ngo atangire kuburanishwa mu mizi.

Karasira yageze mu cyicaro cy’Urukiko yitwaje agafuka bigaragara ko karimo inyandiko yifashisha mu rubanza rwe.

Karasira Aimable watawe muri yombi tariki 31 Gicurasi 2021 n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho yari akurikiranyweho ibyaha birimo icyo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukurura amacakubiri, nyuma hakaza kwiyongeraho icyaha kudasobanura inkomoko y’umutungo nyuma y’uko asatswe agasanganwa amafaranga agera muri Miliyoni 30 Frw.

Tariki 27 Nyakanga 2021, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwafashe icyemezo ko Aimalbe Karasira afungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma y’uko rusanze hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho.

Uyu wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaza kwirukanwa, yajuririye iki cyemezo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ariko na rwo tariki 26 Kanama 2021 rwemeza ko akomeza gufungwa.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Kuba DRCongo yararashe mu Rwanda inshuro ebyiri ntirusubize si uko rutazi kurasa- Mukuralinda

Next Post

Umunyamakurukazi ukomeye wakoreye RADIOTV10 yambitswe impeta imuteguza kurushinga

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Umunyamakurukazi ukomeye wakoreye RADIOTV10 yambitswe impeta imuteguza kurushinga

Umunyamakurukazi ukomeye wakoreye RADIOTV10 yambitswe impeta imuteguza kurushinga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.