Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Kizz Daniel agiye guhoza amarira Abanya-Tanzania mu gitaramo cy’ubuntu

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Kizz Daniel agiye guhoza amarira Abanya-Tanzania mu gitaramo cy’ubuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Kizz Daniel watengushye abafana be bo muri Tanzania mu mpera z’icyumweru gishize ntabatamire, agiye gukora igitaramo cy’ubuntu muri iki Gihugu.

Uyu muhanzi wanahuriye n’uruva gusenya muri Tanzania agafungwa nyuma yuko adataramiye abari baje mu gitaramo yagombaga kuririmbamo, azakora igitaramo cy’ubuntu kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022.

Yabitangaje mu kiganiro n’Abanyamakuru ubwo yari kumwe n’abateguye kiriya gitaramo bazwi nka Str8up aboneraho no gusobanura impamvu ataririmbye ku cyumweru tariki 07 Kanama 2022.

Yavuze ko ku wa Gatandatu tariki 06 Kanama 2022 yakoze igiraramo muri Uganda ndetse ko yari yizeye ko iyi komanyi ya Str8up yamuguriye itike y’indege imwerekeza muri Tanzania.

Ati “Navuye muri Uganda saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ngera i Nairobi aho nagombaga gufata indege yari yasigaye ariko nahamaze amasaha umunani muri Kenya.”

Yakomeje agira ati “Byaje kurangira mvuye i Nairobi saa mbiri na mirongo ine n’itanu (08:45’) z’ijoro kandi nagombaga kujya ku rubyiniro saa cyenda z’ijoro ngera i Dar es Salaam ariko nsanga twibagiwe ibikapu byarimo imyenda yanjye n’ibikoresho twagombaga kwifashisha mu gucuranga byari byashyizwe mu yindi ndege.”

Yavuze ko nubwo yari yiyimeje ko aza gutaramira abafana ariko habayemo imbogamizi zinyuranye zirimo izo kuba itsinda rimucurangira ritarabashije kubona uko ryitoza ku byuma byari aho bikarangira adatamye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

NESA yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ryavugaga ko hari ibizamini by’abanyeshuri byahiye

Next Post

Byari amashyengo: Hagaragaye ifoto y’ukuri ihinyuza iyari yacuzwe igaterekwamo 2Pac

Related Posts

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

by radiotv10
14/11/2025
0

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu wari wagiye gususurutsa abantu mu gitaramo kizwi nka Gen Z Comedy, yahawe ibihumbi 500...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

by radiotv10
14/11/2025
0

For many years, fashion and self-care were seen as things that only concerned women. In Rwanda, like in many other...

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko igitaramo ngarukamwaka yise ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byari amashyengo: Hagaragaye ifoto y’ukuri ihinyuza iyari yacuzwe igaterekwamo 2Pac

Byari amashyengo: Hagaragaye ifoto y’ukuri ihinyuza iyari yacuzwe igaterekwamo 2Pac

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.