Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira

radiotv10by radiotv10
15/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ya bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yahawe ishingano zo gusesengura amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, agamije kohereza mu Rwanda abimukira, yavuze ko adashoboka, inagaragaza impamvu ibona adakwiye.

Itsinda ry’Abashingamategeko 12 mu mitwe yombi y’Inteko y’u Bwongereza ryahawe umukoro wo gusesengura imiterere y’amasezerano amaze imyaka ibiri hagati y’u Rwanda n’Igihugu cyabo, nyuma y’uko imitwe yombi yari imaze gufata icyemezo ku masezerano avuguruye aherutse gusinywa.

Ni nyuma y’uko tariki 17 Mutarama 2024, Umutwe w’Abadepite [House of Commons], utoye wemera aya amasezerano, ariko nyuma y’iminsi micye umutwe wa ‘House of Lords’ [ugereranywa n’Abasenateri], wo watoye ko iyi gahunda iba ihagaze hakagira ibibanza gusobanurwa.

Iri tsinda rihuriweho n’imitwe yombi ry’abantu 12, nyuma y’uko rikoze isesengura, ryanzuye ko ribona aya masezerano agamije kohereza mu Rwanda abimukira binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, adashoboka.

Iri tsinda rivuga ko haramutse hemejwe ko abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko bafatwa bakurizwa indege zibajyana i Kigali; byaba ari ukuvuguruza amasezerano mpuzamhanga bashyizeho umukono.

Iri tsinda kandi rivuga ko byatuma iki Gihugu cy’u Bwongereza gitakaza ijambo ku meza y’abigisha amahanga uburenganzira bwa muntu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yari yariyemeje ko amatora rusange yo mu Gihugu cye ateganyijwe muri Mutarama umwaka utaha wa 2025; agomba gusanga abimukira ba mbere bamenyereye ubuzima bw’i Kigali.

Ibi byatumye abazwa niba nibitagenda uko, azagaruza amafaranga iki Gihugu cye cyahaye u Rwanda muri uyu mugambi w’Ibihugu byombi ugamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro.

Rishi Sunak yirinze kuvuga ikizakurikiraho, ati “Ndashaka ko bagenda, kandi ndimo gukora ibishoboka byose kugira ngo bikunde.”

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame mu kiganiro kigufi aherutse kugirana na BBC, yagize icyo avuga ku mafaranga yahawe u Rwanda, ati “Nibataza, dushobora gusubiza amafaranga.”

Umukuru w’u Rwanda kandi ubwo umunyamakuru yamubazaga impamvu u Rwanda rutakira umwimukira n’umwe kandi rwarakiriye ayo mafaranga, yamusubije agira ati “Baza u Bwongereza. Ni ikibazo cy’u Bwongereza ntabwo ari icy’u Rwanda.” 

Nubwo aya masezerano yakunze guhura n’ibihato byinshi byakomeje kudindiza ishyirwa mu bikorwa ryayo, Guverinoma z’Ibihugu byombi ziracyashimangira ko zizakora ibishoboka byose kugira ngo ashyirwe mu bikorwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Haravugwa igikekwaho kuba intandaro y’urupfu rw’umugabo n’umugore we rwagizwemo uruhare n’umwe muri bo

Next Post

Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.