Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya igikorwa Tshisekedi yagaragayemo nyuma y’iminsi ataboneka mu ruhame

radiotv10by radiotv10
16/04/2024
in AMAHANGA
0
Menya igikorwa Tshisekedi yagaragayemo nyuma y’iminsi ataboneka mu ruhame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, wari umaze iminsi ateza impaka bitazwi aho aherereye, yagaragaye ari mu gitambo cy’Ukarisitiya [Misa] cyo gusabira Se wabo Musenyeri Gérard Mulumba wahitanywe n’icyorezo cya Covid-19.

Icyumweru cyari cyuzuye, Perezida Félix Tshisekedi atagaragara mu ruhame, ndetse bikaba byarazamuye impaka, aho byavugwaga ko yagiye i Bruxelles mu Bubiligi kwivuza.

Nanone kandi ikinyamakuru cyo mu Bubiligi cyari cyatangaje ko Tshisekedi yagiye mu Rwanda mu ibanga rikomeye, ariko biza guhakanwa n’Ibiro bya Perezida wa DRC, ndetse iki kinyamakuru na cyo kiza kubinyomoza, kinabisabira imbabazi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere, byatangaje ko Tshisekedi yitabiriye igitambo cy’Ukarisitiya.

Mu butumwa bwatangajwe na Perezidansi ya Congo ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize iti “Kuri uyu wa Mbere muri Kiliziya ya Notre dame de Fatima, Perezida Félix Tshisekedi yitabiriye misa yo gusabira Musenyeri Gérard Mulumba wari ukuriye ibikorwa by’umuryango w’iwabo.”

Musenyeri Gérard Mulumba wakorewe igitambo cyo kumusabira, amaze imyaka ine yitabye Imana, aho yapfuye tariki 15 Mata 2020 azize icyorezo cyari cyugarije Isi muri icyo gihe cya Covid-19.

Iki gitambo cyo gusabira Musenyeri Gérard Mulumba, cyabaye nyuma y’amasaha macye, Kiliziya Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, inenze ibyakorewe Karidinali Fridolin Ambongo, Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kiliziya Gatulika ya Kinshasa, wasuzuguriye ku Kibuga cy’Indege cya N’Djili, ubwo yangirwaga kunyura mu nzira y’abanyacyubahiro yari asanzwe yemerewe.

Tshisekedi yitabiriye igitambo cya Misa cyo gusabira Se wabo

Padiri Justin Kalonji

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + one =

Previous Post

Ibyishimo ni byose mu muryango w’uwabaye Umuvugizi wa Rayon

Next Post

Basketball: Ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda ntizitabira irushanwa yahoze itegura

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda ntizitabira irushanwa yahoze itegura

Basketball: Ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda ntizitabira irushanwa yahoze itegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.