Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya igikorwa Tshisekedi yagaragayemo nyuma y’iminsi ataboneka mu ruhame

radiotv10by radiotv10
16/04/2024
in AMAHANGA
0
Menya igikorwa Tshisekedi yagaragayemo nyuma y’iminsi ataboneka mu ruhame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, wari umaze iminsi ateza impaka bitazwi aho aherereye, yagaragaye ari mu gitambo cy’Ukarisitiya [Misa] cyo gusabira Se wabo Musenyeri Gérard Mulumba wahitanywe n’icyorezo cya Covid-19.

Icyumweru cyari cyuzuye, Perezida Félix Tshisekedi atagaragara mu ruhame, ndetse bikaba byarazamuye impaka, aho byavugwaga ko yagiye i Bruxelles mu Bubiligi kwivuza.

Nanone kandi ikinyamakuru cyo mu Bubiligi cyari cyatangaje ko Tshisekedi yagiye mu Rwanda mu ibanga rikomeye, ariko biza guhakanwa n’Ibiro bya Perezida wa DRC, ndetse iki kinyamakuru na cyo kiza kubinyomoza, kinabisabira imbabazi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere, byatangaje ko Tshisekedi yitabiriye igitambo cy’Ukarisitiya.

Mu butumwa bwatangajwe na Perezidansi ya Congo ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize iti “Kuri uyu wa Mbere muri Kiliziya ya Notre dame de Fatima, Perezida Félix Tshisekedi yitabiriye misa yo gusabira Musenyeri Gérard Mulumba wari ukuriye ibikorwa by’umuryango w’iwabo.”

Musenyeri Gérard Mulumba wakorewe igitambo cyo kumusabira, amaze imyaka ine yitabye Imana, aho yapfuye tariki 15 Mata 2020 azize icyorezo cyari cyugarije Isi muri icyo gihe cya Covid-19.

Iki gitambo cyo gusabira Musenyeri Gérard Mulumba, cyabaye nyuma y’amasaha macye, Kiliziya Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, inenze ibyakorewe Karidinali Fridolin Ambongo, Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kiliziya Gatulika ya Kinshasa, wasuzuguriye ku Kibuga cy’Indege cya N’Djili, ubwo yangirwaga kunyura mu nzira y’abanyacyubahiro yari asanzwe yemerewe.

Tshisekedi yitabiriye igitambo cya Misa cyo gusabira Se wabo

Padiri Justin Kalonji

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − two =

Previous Post

Ibyishimo ni byose mu muryango w’uwabaye Umuvugizi wa Rayon

Next Post

Basketball: Ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda ntizitabira irushanwa yahoze itegura

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda ntizitabira irushanwa yahoze itegura

Basketball: Ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda ntizitabira irushanwa yahoze itegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.