Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses Turahirwa kuva yafungurwa bwa mbere avuze ku buzima bwe muri Gereza

radiotv10by radiotv10
07/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
BREAKING: Icyemezo gishya cyafatiwe Moses wari watakambiye Urukiko akanarira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhangamideri Moise Turahirwa washinze inzu y’imideri ya Moshions yambika abakomeye, nyuma y’uko afunguwe by’agateganyo, bwa mbere yavuze uko ubuzima bwe bwari bumeze mu igororero.

Moses Turahirwa ugiye kuzuza amezi abiri afunguwe, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje yagaragaye mu ruhame mu gitaramo yateguye agatumiramo umuhanzi Mistaek basanzwe ari inshuti.

Uyu muhangamideri yavuze ko yifuje gukoresha iki gitaramo mu rwego rwo kugira ngo na we yumve uburyohe bwa album y’uyu muhanzi, ariko nanone kugira ngo abashe guhura n’inshuti n’umuryango ndetse n’abakiliya ba Moshions.

Moses Turahirwa wasomewe icyemezo cyo gufungurwa tariki 15 Kamena 2023, yarekuwe nyuma y’amezi abiri atawe muri yombi dore ko yafunzwe mu mpera za Mata 2023.

Agaruka ku buzima bwe mu igororero, Moses Turahirwa yavuze ko butari bworoshye ariko ko nanone byari ngombwa ko abunyuramo, kuko bwamusigiye isomo rikomeye.

Ati “Ndashima Imana ko nkiri muzima, hari ubuzima unyuramo butoroshye ariko ukagumana ubuzima, ni cyo cya mbere kuko kuba naragumanye ubuzima, hari impamvu nabugumanye.”

Avuga ko icyamugoye ubwo yari mu igororero, ari ukumenyerana n’abantu bashya yari agiye kubana na bo badasanzwe baziranye.

Ati “Kujya ahantu hatari mu Gihugu ariko hadafite irindi zina bwite, ni byo byangoye ariko ntabwo byamfashe igihe kwisanga.”

Avuga ko yasanzeyo abandi bahanzi mu ngeri zinyuranye, barimo abo mu mideri nka we, bakamufasha kwisanga muri ubwo buzima.

Ati “Nagize igihe cyo kudatekereza ku mpamvu ndiyo, cyangwa kwiheba ahubwo nkagira umwanya wo guhura n’abandi bahanzi. N’ubundi nakomeje gukoresha ubuhanzi bwanjye.”

Avuga ko nyuma yo gufungurwa, azakomeza gahunda ze zisanzwe z’ubuhanzi bw’imideri no kuzamura inzu ye ya Moshions, ariko ko ubu icyo ashyize imbere ari ukubahiriza amategeko n’amabwiriza y’inzego za Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 2 =

Previous Post

Minisitiri muto muri Guverinoma n’umuhanzi Nyarwanda bahuriye mu kiganiro nkangurambaga

Next Post

Igihugu cyagaragaje ko gishyigikiye Igisirikare cy’ikindi cyakoze ‘Coup d’Etat’ byatangiye kugikoraho

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyagaragaje ko gishyigikiye Igisirikare cy’ikindi cyakoze ‘Coup d’Etat’ byatangiye kugikoraho

Igihugu cyagaragaje ko gishyigikiye Igisirikare cy’ikindi cyakoze 'Coup d’Etat' byatangiye kugikoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.