Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi
Share on FacebookShare on Twitter

Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda n’umukunzi we Michael Tesfay basezeranye imbere y’Itorero, buri umwe asezeranya mugenzi we kuzamwubaha no kuzamwubahisha, ndetse no kuzakomeza kumukunda mu byiza no mu bibi.

Ni ubukwe bwabaye kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024, bwabimburiwe n’imihango yo gusaba no gukwa, yakozwe mu misango nyarwanda.

Nyuma y’iyi mihango, Miss Naomie n’umugabo we Michael Tesfay ndetse n’inshuti n’abavandimwe, bahise berecyeza mu rusengero rw’Itorero ‘Women Foundation Ministries’ ry’Umukozi w’Imana Apôtre Mignone Kabera, ari na we wabasezeranyije.

Mu isezerano bakoze mu rurimi rw’Icyongereza, Miss Naomie na Michael buri umwe yizeje undi kuzamukunda bizira uburyarya, kandi akamwubaha akanamwubahisha kugeza ku ndunduro y’ubuzima bwabo.

Nyuma yo gusezerana imbere y’Itorero, abageni bagiye kwakira abitabiriye ubukwe, mu birori byari binogeye ijisho, aho byaranzwe no guhuza umuco nyarwanda n’uwa Ethiopia aho Michael akomoka.

Michael yashimiye umuryango wa Miss Naomie, awizeza ko azakomeza gukunda umukobwa wabo kandi akamwitaho uko bikwiye, ku buryo ntacyo azabura.

Umubyeyi wa Miss Naomie na we yashimiye uyu musore kubera imyitwarire imuranga, ndetse anashimira umukobwa we uhesheje ishema umuryango akomokamo.

Yavuze ko Naomie ari inshuyi ye magara, akaba amuziho kuganira ku buryo umugabo we agize amahirwe adasanzwe yo kutazagira irungu na rimwe.

Yagize ati “Michael nta rungu uzagira mu rugo iwawe, Naomie tuzagukumbura. Hanyuma Tesfay uzamufate neza kuko Naomie aragukunda.”

Umubyeyi wa Naomie kandi yashimiye ababyeyi ba Michael kuba barabyaye umuhungu witonda ufite ikinyabupfura cyinshi, kandi yifuriza urugo rwabo kuzabyara kobwa na hungu.

Ubukwe bwa Miss Naomie na Michael Tesfay bwatambukaga imbonankubone kuri YouTube channel ya Naomie, aho bwarebwe n’abarenga ibihumbi 500, ibidakunze kuba kuri YouTube zo mu Rwanda.

Umubyeyi wa Naomie azanye umukobwa we
Michael na we yari kumwe n’umubyeyi we
Ubukwe bwitaviriwe n’abafite amazina azwi barimo Sherrie Silver
Miss Muheto Nshuti Divine na we yari yabukereye

Naomie yasezeranyije umugabo we kuzamukunda kugeza ku ndunguro
Banabisinyiye
Apotre Mignone yabasabiye umugisha
Ibyishimo byari byose
Abageni bagiye kwakira abitabiriye ubukwe

Umubyeyi wa Naomie yizeje umukwe we ko irungu ritazagera iwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Next Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Related Posts

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

by radiotv10
12/05/2025
0

Nyuma yuko Itorero ‘Grace Room Minisitries’ riyoborwa n’Umuvugavutumwa Pastor Julienne Kabanda, ryambuwe uburenganzira bwo gukora, umuhanzikazi Aline Gahongayire yagaragaje agahinda...

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.