Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi
Share on FacebookShare on Twitter

Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda n’umukunzi we Michael Tesfay basezeranye imbere y’Itorero, buri umwe asezeranya mugenzi we kuzamwubaha no kuzamwubahisha, ndetse no kuzakomeza kumukunda mu byiza no mu bibi.

Ni ubukwe bwabaye kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024, bwabimburiwe n’imihango yo gusaba no gukwa, yakozwe mu misango nyarwanda.

Nyuma y’iyi mihango, Miss Naomie n’umugabo we Michael Tesfay ndetse n’inshuti n’abavandimwe, bahise berecyeza mu rusengero rw’Itorero ‘Women Foundation Ministries’ ry’Umukozi w’Imana Apôtre Mignone Kabera, ari na we wabasezeranyije.

Mu isezerano bakoze mu rurimi rw’Icyongereza, Miss Naomie na Michael buri umwe yizeje undi kuzamukunda bizira uburyarya, kandi akamwubaha akanamwubahisha kugeza ku ndunduro y’ubuzima bwabo.

Nyuma yo gusezerana imbere y’Itorero, abageni bagiye kwakira abitabiriye ubukwe, mu birori byari binogeye ijisho, aho byaranzwe no guhuza umuco nyarwanda n’uwa Ethiopia aho Michael akomoka.

Michael yashimiye umuryango wa Miss Naomie, awizeza ko azakomeza gukunda umukobwa wabo kandi akamwitaho uko bikwiye, ku buryo ntacyo azabura.

Umubyeyi wa Miss Naomie na we yashimiye uyu musore kubera imyitwarire imuranga, ndetse anashimira umukobwa we uhesheje ishema umuryango akomokamo.

Yavuze ko Naomie ari inshuyi ye magara, akaba amuziho kuganira ku buryo umugabo we agize amahirwe adasanzwe yo kutazagira irungu na rimwe.

Yagize ati “Michael nta rungu uzagira mu rugo iwawe, Naomie tuzagukumbura. Hanyuma Tesfay uzamufate neza kuko Naomie aragukunda.”

Umubyeyi wa Naomie kandi yashimiye ababyeyi ba Michael kuba barabyaye umuhungu witonda ufite ikinyabupfura cyinshi, kandi yifuriza urugo rwabo kuzabyara kobwa na hungu.

Ubukwe bwa Miss Naomie na Michael Tesfay bwatambukaga imbonankubone kuri YouTube channel ya Naomie, aho bwarebwe n’abarenga ibihumbi 500, ibidakunze kuba kuri YouTube zo mu Rwanda.

Umubyeyi wa Naomie azanye umukobwa we
Michael na we yari kumwe n’umubyeyi we
Ubukwe bwitaviriwe n’abafite amazina azwi barimo Sherrie Silver
Miss Muheto Nshuti Divine na we yari yabukereye

Naomie yasezeranyije umugabo we kuzamukunda kugeza ku ndunguro
Banabisinyiye
Apotre Mignone yabasabiye umugisha
Ibyishimo byari byose
Abageni bagiye kwakira abitabiriye ubukwe

Umubyeyi wa Naomie yizeje umukwe we ko irungu ritazagera iwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + twelve =

Previous Post

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Next Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Related Posts

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.