Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
AMAFOTO: Mu birori nogerajisho Miss Naomie n’umukunzi we basezeranye kuzabana mu byiza n’ibibi
Share on FacebookShare on Twitter

Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda n’umukunzi we Michael Tesfay basezeranye imbere y’Itorero, buri umwe asezeranya mugenzi we kuzamwubaha no kuzamwubahisha, ndetse no kuzakomeza kumukunda mu byiza no mu bibi.

Ni ubukwe bwabaye kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024, bwabimburiwe n’imihango yo gusaba no gukwa, yakozwe mu misango nyarwanda.

Nyuma y’iyi mihango, Miss Naomie n’umugabo we Michael Tesfay ndetse n’inshuti n’abavandimwe, bahise berecyeza mu rusengero rw’Itorero ‘Women Foundation Ministries’ ry’Umukozi w’Imana Apôtre Mignone Kabera, ari na we wabasezeranyije.

Mu isezerano bakoze mu rurimi rw’Icyongereza, Miss Naomie na Michael buri umwe yizeje undi kuzamukunda bizira uburyarya, kandi akamwubaha akanamwubahisha kugeza ku ndunduro y’ubuzima bwabo.

Nyuma yo gusezerana imbere y’Itorero, abageni bagiye kwakira abitabiriye ubukwe, mu birori byari binogeye ijisho, aho byaranzwe no guhuza umuco nyarwanda n’uwa Ethiopia aho Michael akomoka.

Michael yashimiye umuryango wa Miss Naomie, awizeza ko azakomeza gukunda umukobwa wabo kandi akamwitaho uko bikwiye, ku buryo ntacyo azabura.

Umubyeyi wa Miss Naomie na we yashimiye uyu musore kubera imyitwarire imuranga, ndetse anashimira umukobwa we uhesheje ishema umuryango akomokamo.

Yavuze ko Naomie ari inshuyi ye magara, akaba amuziho kuganira ku buryo umugabo we agize amahirwe adasanzwe yo kutazagira irungu na rimwe.

Yagize ati “Michael nta rungu uzagira mu rugo iwawe, Naomie tuzagukumbura. Hanyuma Tesfay uzamufate neza kuko Naomie aragukunda.”

Umubyeyi wa Naomie kandi yashimiye ababyeyi ba Michael kuba barabyaye umuhungu witonda ufite ikinyabupfura cyinshi, kandi yifuriza urugo rwabo kuzabyara kobwa na hungu.

Ubukwe bwa Miss Naomie na Michael Tesfay bwatambukaga imbonankubone kuri YouTube channel ya Naomie, aho bwarebwe n’abarenga ibihumbi 500, ibidakunze kuba kuri YouTube zo mu Rwanda.

Umubyeyi wa Naomie azanye umukobwa we
Michael na we yari kumwe n’umubyeyi we
Ubukwe bwitaviriwe n’abafite amazina azwi barimo Sherrie Silver
Miss Muheto Nshuti Divine na we yari yabukereye

Naomie yasezeranyije umugabo we kuzamukunda kugeza ku ndunguro
Banabisinyiye
Apotre Mignone yabasabiye umugisha
Ibyishimo byari byose
Abageni bagiye kwakira abitabiriye ubukwe

Umubyeyi wa Naomie yizeje umukwe we ko irungu ritazagera iwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 15 =

Previous Post

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Next Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.