Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu buryo bwihuse uwari umunyamakuru wiyeguriye umuziki agiye gukora ibishoborwa n’abawumazemo igihe

radiotv10by radiotv10
28/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Mu buryo bwihuse uwari umunyamakuru wiyeguriye umuziki agiye gukora ibishoborwa n’abawumazemo igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago wahoze ari umunyamakuru wamamaye mu gukora ibiganiro kuri YouTube, akaba yariyeguriye ubuhanzi amazemo umwaka umwe, agiye guhita amurika album ye ya mbere, ndetse imyiteguro y’igitaramo ikaba igeze kure.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2023, ni bwo umunyamakuru Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago yatangiye umuziki ndetse atungura benshi bari baramumenye ari mu itangazamakuru.

Kuva icyo gihe yakomeje gukora indirimbo nyinshi zanakunzwe na benshi, nk’iyo yahereyeho yitwa ‘Suwejo’, yanitiriye izina ry’iyi alubumu azamurika mu kwezi gutaha k’Ukuboza 2023.

Igitaramo cyo kumurika iyi album yise ‘SUWEJO’ kizaba tariki 22 ukuboza 2023, mu ihema rya KCEV hazwi nka Camp Kigali.

Mu rwego rwo gususurutsa abakunzi be bihagije, Yago yatangaje urutonde rw’abahanzi biteganyijwe ko bazamufasha gususurutsa imbaga izaba yitabiriye ibi birori, barimo na Dj PhilPeter, MC Anitha Pendo, Levixone wo muri Uganda, Double Jay na Kilikou Akili b’i Burundi, Bushali, Aline Gahongayire, Niyo Bosco na Chriss Eazy.

Yago Pon Dat uherutse gusezera burundu umwuga w’itangazamakuru, agiye gushyira hanze iyi album ye ya mbere, aho kugeza ubu amaze gushyira hanze indirimbo 11, hakaba n’izindi ebyiri ziri kuri iyi Album zitarajya hanze.

Album ya Yago yayise Suwejo
Yahoze ari umunyamakuru ubu yiyeguriye umuziki

Joby Joshua TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Ibisobanuro by’abafashwe bamaze kugura itabi mu mafaranga y’amiganano byatumye hashakishwa undi

Next Post

CECAFA U18: U Rwanda ntiruhiriwe n’umukino wa kabiri ariko amahirwe aracyahari

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Why humans naturally copy each other’s behavior
MU RWANDA

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
CECAFA U18: U Rwanda ntiruhiriwe n’umukino wa kabiri ariko amahirwe aracyahari

CECAFA U18: U Rwanda ntiruhiriwe n’umukino wa kabiri ariko amahirwe aracyahari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why humans naturally copy each other’s behavior

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.