Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu rubanza rw’umubyinnyi uri mu bagezweho mu Rwanda havutsemo ibishya

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
1
Mu rubanza rw’umubyinnyi uri mu bagezweho mu Rwanda havutsemo ibishya
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo umubyinnyi w’indirimbo zigezweho, Ishimwe Thierry uzwi nka Titi Brown, hajemo uruhande rushya rw’umuryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe n’uregwa, rwaregeye indishyi z’akababaro.

Uyu muryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe n’uregwa, uhagarariwe n’umunyamategeko wagaragaye mu rubanza uyu munsi ubwo rwasubukurwaga.

Ni urubanza rwari rwarapfundikiwe ndetse hategerejwe ko rusomwa, aho rwagombaga gusomwa tariki 22 Nzeri 2023, ariko biza gusubikwa bitunguranye, ahubwo Urukiko ruvuga ko hazaburanwa ku kimenyetso gishya cyabonetse.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2023, ubwo hasubukurwaga uru rubanza, umunyamategeko waje ahagarariye umuryango w’umukobwa, waregeye indishyi, yasabye Urukiko ko urubanza rwashyirwa mu muhezo mu rwego rwo kurinda umutekano w’umukobwa.

Ni icyifuzo cyahise cyamaganwa n’uruhande rw’uregwa, yaba Titi Brown ndetse n’umunyamategeko we, bavugaga ko urubanza rwabereye mu ruhame kuva rwatangira, bityo ko ari ko rukwiye gukomeza.

Bavugaga kandi ko ibiburanwaho muri uru rubanza, bikwiye kumenywa n’Abanyarwanda kugira ngo bazamenye ukuri kwarwo kuko n’ubundi rwakunze kugarukwaho mu bitangazamakuru.

Nyuma y’uko Umucamanza yemeje ko urubanza rubera mu ruhame ariko amazina y’umukobwa akarindirwa umutekano hakoreshwa izina rya MJ, umunyamategeko uhagarariye umuryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe, yavuze ko baregeye indishyi z’akababaro, kuko umwana wabo yasebejwe mu bitangazamakuru, kuko amazina ye yavuzwe nyamara ataruzuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwanagarutse ku kimenyetso gishya cyagombaga kuburanwaho, buvuga ko hari amashusho yafashwe tariki 14 Kanama 2021 ubwo uwo mukobwa yasuraga Titi Brown bari mu ruganiriro, ndetse ko icyo gihe ari bwo yasambanyijwe

Bwavuze kandi ko raporo y’inzobere mu mitekerereze ya muntu, yagaragaje ko umukobwa wasambanyijwe, yagize ihungabana kubera iryo hohoterwa bivugwa ko yakorewe.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa rwo ruvuga ko, ibyatangajwe n’Ubushinjacyaha binyuranye n’ukuri, aho umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko “bwahimbye ibimenyetso bidafitanye isano n’icyaha kiburanwaho.”

Uyu munyamategeko kandi yavuze ko hakwiye kwibandwa ku bimenyetso bigaragaza ko umukobwa yasambanyijwe n’umukiliya we, bityo ko hadakwiye kuzamo ibyo kuba yaragize ihungabana.

Yavuze kandi ko ubwo uwo mukobwa yabazwaga, atigeze ata ubwenge, cyangwa ngo agaragaze ikindi kibazo cy’imitekerereze nk’uko byavugwaga n’Ubushinjacyaha.

Titi Brown asanzwe ari umubyinnyi ugezweho
Titi Brown uyu munsi mu rukiko

RADIOTV10

Comments 1

  1. Frank says:
    2 years ago

    Humura titi nanjye aho narahanyuze ndahazi imbere yumucamanza hakora ibimenyetso n’imana ukomere ushikame bizarangira brother ♥️

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 3 =

Previous Post

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Next Post

BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.