Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu rubanza rw’umubyinnyi uri mu bagezweho mu Rwanda havutsemo ibishya

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
1
Mu rubanza rw’umubyinnyi uri mu bagezweho mu Rwanda havutsemo ibishya
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo umubyinnyi w’indirimbo zigezweho, Ishimwe Thierry uzwi nka Titi Brown, hajemo uruhande rushya rw’umuryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe n’uregwa, rwaregeye indishyi z’akababaro.

Uyu muryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe n’uregwa, uhagarariwe n’umunyamategeko wagaragaye mu rubanza uyu munsi ubwo rwasubukurwaga.

Ni urubanza rwari rwarapfundikiwe ndetse hategerejwe ko rusomwa, aho rwagombaga gusomwa tariki 22 Nzeri 2023, ariko biza gusubikwa bitunguranye, ahubwo Urukiko ruvuga ko hazaburanwa ku kimenyetso gishya cyabonetse.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2023, ubwo hasubukurwaga uru rubanza, umunyamategeko waje ahagarariye umuryango w’umukobwa, waregeye indishyi, yasabye Urukiko ko urubanza rwashyirwa mu muhezo mu rwego rwo kurinda umutekano w’umukobwa.

Ni icyifuzo cyahise cyamaganwa n’uruhande rw’uregwa, yaba Titi Brown ndetse n’umunyamategeko we, bavugaga ko urubanza rwabereye mu ruhame kuva rwatangira, bityo ko ari ko rukwiye gukomeza.

Bavugaga kandi ko ibiburanwaho muri uru rubanza, bikwiye kumenywa n’Abanyarwanda kugira ngo bazamenye ukuri kwarwo kuko n’ubundi rwakunze kugarukwaho mu bitangazamakuru.

Nyuma y’uko Umucamanza yemeje ko urubanza rubera mu ruhame ariko amazina y’umukobwa akarindirwa umutekano hakoreshwa izina rya MJ, umunyamategeko uhagarariye umuryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe, yavuze ko baregeye indishyi z’akababaro, kuko umwana wabo yasebejwe mu bitangazamakuru, kuko amazina ye yavuzwe nyamara ataruzuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwanagarutse ku kimenyetso gishya cyagombaga kuburanwaho, buvuga ko hari amashusho yafashwe tariki 14 Kanama 2021 ubwo uwo mukobwa yasuraga Titi Brown bari mu ruganiriro, ndetse ko icyo gihe ari bwo yasambanyijwe

Bwavuze kandi ko raporo y’inzobere mu mitekerereze ya muntu, yagaragaje ko umukobwa wasambanyijwe, yagize ihungabana kubera iryo hohoterwa bivugwa ko yakorewe.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa rwo ruvuga ko, ibyatangajwe n’Ubushinjacyaha binyuranye n’ukuri, aho umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko “bwahimbye ibimenyetso bidafitanye isano n’icyaha kiburanwaho.”

Uyu munyamategeko kandi yavuze ko hakwiye kwibandwa ku bimenyetso bigaragaza ko umukobwa yasambanyijwe n’umukiliya we, bityo ko hadakwiye kuzamo ibyo kuba yaragize ihungabana.

Yavuze kandi ko ubwo uwo mukobwa yabazwaga, atigeze ata ubwenge, cyangwa ngo agaragaze ikindi kibazo cy’imitekerereze nk’uko byavugwaga n’Ubushinjacyaha.

Titi Brown asanzwe ari umubyinnyi ugezweho
Titi Brown uyu munsi mu rukiko

RADIOTV10

Comments 1

  1. Frank says:
    2 years ago

    Humura titi nanjye aho narahanyuze ndahazi imbere yumucamanza hakora ibimenyetso n’imana ukomere ushikame bizarangira brother ♥️

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Next Post

BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.