Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu rubanza rw’umubyinnyi uri mu bagezweho mu Rwanda havutsemo ibishya

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
1
Mu rubanza rw’umubyinnyi uri mu bagezweho mu Rwanda havutsemo ibishya
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo umubyinnyi w’indirimbo zigezweho, Ishimwe Thierry uzwi nka Titi Brown, hajemo uruhande rushya rw’umuryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe n’uregwa, rwaregeye indishyi z’akababaro.

Uyu muryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe n’uregwa, uhagarariwe n’umunyamategeko wagaragaye mu rubanza uyu munsi ubwo rwasubukurwaga.

Ni urubanza rwari rwarapfundikiwe ndetse hategerejwe ko rusomwa, aho rwagombaga gusomwa tariki 22 Nzeri 2023, ariko biza gusubikwa bitunguranye, ahubwo Urukiko ruvuga ko hazaburanwa ku kimenyetso gishya cyabonetse.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2023, ubwo hasubukurwaga uru rubanza, umunyamategeko waje ahagarariye umuryango w’umukobwa, waregeye indishyi, yasabye Urukiko ko urubanza rwashyirwa mu muhezo mu rwego rwo kurinda umutekano w’umukobwa.

Ni icyifuzo cyahise cyamaganwa n’uruhande rw’uregwa, yaba Titi Brown ndetse n’umunyamategeko we, bavugaga ko urubanza rwabereye mu ruhame kuva rwatangira, bityo ko ari ko rukwiye gukomeza.

Bavugaga kandi ko ibiburanwaho muri uru rubanza, bikwiye kumenywa n’Abanyarwanda kugira ngo bazamenye ukuri kwarwo kuko n’ubundi rwakunze kugarukwaho mu bitangazamakuru.

Nyuma y’uko Umucamanza yemeje ko urubanza rubera mu ruhame ariko amazina y’umukobwa akarindirwa umutekano hakoreshwa izina rya MJ, umunyamategeko uhagarariye umuryango w’umukobwa bivugwa ko yasambanyijwe, yavuze ko baregeye indishyi z’akababaro, kuko umwana wabo yasebejwe mu bitangazamakuru, kuko amazina ye yavuzwe nyamara ataruzuza imyaka y’ubukure.

Ubushinjacyaha bwanagarutse ku kimenyetso gishya cyagombaga kuburanwaho, buvuga ko hari amashusho yafashwe tariki 14 Kanama 2021 ubwo uwo mukobwa yasuraga Titi Brown bari mu ruganiriro, ndetse ko icyo gihe ari bwo yasambanyijwe

Bwavuze kandi ko raporo y’inzobere mu mitekerereze ya muntu, yagaragaje ko umukobwa wasambanyijwe, yagize ihungabana kubera iryo hohoterwa bivugwa ko yakorewe.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa rwo ruvuga ko, ibyatangajwe n’Ubushinjacyaha binyuranye n’ukuri, aho umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko “bwahimbye ibimenyetso bidafitanye isano n’icyaha kiburanwaho.”

Uyu munyamategeko kandi yavuze ko hakwiye kwibandwa ku bimenyetso bigaragaza ko umukobwa yasambanyijwe n’umukiliya we, bityo ko hadakwiye kuzamo ibyo kuba yaragize ihungabana.

Yavuze kandi ko ubwo uwo mukobwa yabazwaga, atigeze ata ubwenge, cyangwa ngo agaragaze ikindi kibazo cy’imitekerereze nk’uko byavugwaga n’Ubushinjacyaha.

Titi Brown asanzwe ari umubyinnyi ugezweho
Titi Brown uyu munsi mu rukiko

RADIOTV10

Comments 1

  1. Frank says:
    2 years ago

    Humura titi nanjye aho narahanyuze ndahazi imbere yumucamanza hakora ibimenyetso n’imana ukomere ushikame bizarangira brother ♥️

    Reply

Leave a Reply to Frank Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Next Post

BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

Related Posts

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

by radiotv10
11/02/2026
0

Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ukurikiranyweho kwica umubyeyi we (Se) amunize yarangiza akamushyira...

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

by radiotv10
11/02/2026
0

Ngabo Roben usanzwe ari umunyamakuru wa RADIOTV10, akazi yabangikanyaga no gukorera Ikipe ya Rayon Sports yanabereye Umuvugizi, yemeje ko atakiri...

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

by radiotv10
10/02/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze ko mugenzi we KNC usanzwe ari umukoresha we banakorana ikiganiro, yamuvuje amaso,...

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

by radiotv10
10/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina,...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru
AMAHANGA

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

by radiotv10
11/02/2026
0

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

11/02/2026
Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

11/02/2026
Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

10/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

BREAKING: Hafashwe icyemezo gishya kuri Prince Kid wari waragizwe umwere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.