Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
1
Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Niyomugabo Claude, Kapiteni wa APR FC, yavuze ko nta bwoba batewe no kuba bagiye guhura n’ikipe ya Pyramids FC ubu iyoboye izindi muri Afurika, kuko iri mu makipe baba bifuza gukina, kandi ko bizeye kuzaha ibyishimo abafana b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Ni mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze wa CAF Champions League uzaba kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Ukwakira 2025, uzahuza APR n’iyi kipe yo mu Misiri isanzwe iri mu makipe akomeye ku Mugabane wa Afurika ari na yo yegukanye iki gikombe cya CAF Champions League.

Mu kiganiro n’itangazamakuru kibanziriza uyu mukino uzahuza Iyi kipe yamaze kugera mu Rwanda, na APR, Kapiteni w’iyi kipe ihagarariye u Rwanda, yavuze ko biteguye neza, kandi ko badafite ubwoba, nk’uko hari abafana ba APR bafite impungenge ndetse na bamwe b’ayandi makipe bakomeje gutega iminsi iyi kipe.

Yagize ati “Hari ibyo muzabona mutigeze mubona. Ntakibazo kirimo, ahubwo namwe mutuze, mushyire umutima hamwe.”

Akomeza avuga ko bagiye guhura na Pyramids babizi ko ari ikipe ikomeye, kuko ari na yo yayisezereye umwaka ushize, ariko ko kuba ari nziza ari byo biha imbaraga abakinnyi ba APR.

Ati “Ni ikipe nziza muri Afurika ndakeka ari yo iyoboye, twebwe ahubwo kuba dutombora amakipe makuru, ni amahirwe kuri twe, bidutera imbaraga cyane, aho kugira ngo dutombore ya kipe muba mwasuzuguye,…oya. Twebwe ahubwo Imana ijye idufasha dutombore za Al Ahly [yo mu Misiri], za Mamelodi [yo muri Afurika y’Epfo], za Kaizer [na yo muri Afurika y’Epfo], ni yo mikino tuba dushaka kuri twe.”

Kapiteni Niyomugabo asaba abafana ba APR kuzaza gushyigikira ikipe yabo ku bwinshi, ubundi ibindi babibarekere, kandi ko bizeye kuzabaha ibyishimo bazatahana.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Edouard says:
    1 day ago

    Pyramid ntizahikura

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Next Post

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Related Posts

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

by radiotv10
01/10/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League, mu mukino wa mbere w’ijonjora ribanza, itsindiwe i Kigali...

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

by radiotv10
30/09/2025
0

Rutahizamu w’Umubiligi Romelu Lukaku ari mu gahinda k’urupfu rw’umubyeyi we Roger Menama Lukaku na we wakinnye ruhago unafite ibigwi muri...

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

Ibyamenyekanya ku by’abafana ba Rayon bafatiwe nzira n’inzego z’umutekano za Tanzania n’icyakurikiyeho

by radiotv10
29/09/2025
0

Bamwe mu bafana ba Rayon Sports bari baherekeje iyi kipe mu Gihugu cya Tanzania, baje gufatirwa mu nzira ubwo bari...

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

by radiotv10
29/09/2025
0

Icyumweru cy’ibyishimo i Kigali mu Rwanda, ahari hamaze iminsi habera Shampiyona y’Isi y’Amagare yanyuze mu bice binyuranye by’uyu Murwa Mukuru...

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

by radiotv10
28/09/2025
0

Mu isiganwa ryagaragayemo amazina ayoboye andi mu mukino w’amagare, Umunya-Slovania Tadej Pogačar usanzwe ari nimero ya mbere ku Isi, ashimangiye...

IZIHERUKA

How to restart your life when you feel left behind
MU RWANDA

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

01/10/2025
Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

01/10/2025
APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Ni iki Urukiko rwa Gisirikare rwagendeyeho rukatira igihano cy’urupfu Kabila wayoboye Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to restart your life when you feel left behind

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.