Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w’Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu

radiotv10by radiotv10
12/01/2022
in Uncategorized
0
Nyagatare: RIB yataye muri yombi Umusore w’Umufurere ukekwaho gusambanya umuhungu
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wihaye Imana usanzwe ari Umufurere wo mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu wiga mu kigo cy’ishuri akoramo.

Uyu mufurere usanzwe ari n’umukozi ushinzwe gukurikirana abanyeshuri (Animateur) mu kigo cy’Ishuri cyo muri uyu Murenge, akekwaho gusambanya uwo mwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwamutaye muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Mutarama 2022 ubu akaba afungiye kuri station ya RIB ya Nyagatare.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rutangaza ko icyaha gikekwa kuri uyu Mufurere cyakozwe mu mpera z’umwaka ushize akaba akekwaho gusambanya uyu muhungu wiga mu kigo cy’ishuri abereye Animateur.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, yatangaje ko uyu Mufurere yatawe muri yombi kubera impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora iki cyaha cyo gusambanya umuhungu inshuro zinyuranye.

Dr Murangira yagize ati “Hari impamvu zifatika zigaragaza ko yahohoteye uyu mwana mu bihe bitandukanye harimo na tariki ya 27 Ukuboza 2021.”

Si ubwa mbere humvikanye uwihaye Imana ukurikiranyweho icyaha nk’iki cyo gusambanya abana aho uheruka kuvugwa ari Umupadiri wo muri Paruwasi ya Burehe mu Karere ka Rulindo watawe yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa abanje kumushukisha kuza kumuhemba kuko yitwaye neza mu bizamini.

Uyu mupadiri aherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma y’uko Urukiko rusanze hari impamvu zikomeye zituma akekwaho gukora iki cyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Abanyarwanda bakomeje guhunga inkingo…Muri Congo bamaze kwakira abasaga 120 biganjemo Abadivantisiti

Next Post

Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Ezee utazibagirana mu ndirimbo ya Juno Kizigenza yahishuye ko uwakoze impanuka yahitanye ‘Sofia’ ari Se

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.