Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Perezida Kagame yishimiye ko ikipe afana yegukanye NBA, yongera gushima Curry

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in SIPORO
0
Perezida Kagame yishimiye ko ikipe afana yegukanye NBA, yongera gushima Curry
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Golden State Warriors yo muri Leta Zunze Ubumwe za America yegukanye shampiyona ya mbere ikunzwe ku Isi ya Basketball izwi nka NBA, ashimira Stephen Curry uyikinamo ukomeje kugaragaza ubuhanga budasanzwe.

Golden State Warriors yegukanye igikombe cya NBA ya 2021-2022 nyuma yo gutsinda Boston Celtics amanota 103 kuri 90.

Nyuma yuko iyi kipe imaze kwigarurira abakunzi batari bacye ku Isi, benshi bayishimiye uburyo yitwaye muri iyi shampiyona ikaba inabahaye ibyinshimo byo kwegukana igikombe.

Perezida Paul Kagame usanzwe akunda umukino wa Basketball akaba anakunda iyi kipe ya Golden State Warriors, na we yayishimiye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Paul Kagame yagize ati “Ikipe yegukanye igikombe cya NBA ya 2022- Ikipe yanjye- WARRIORS- mwishyuke!!!!”

2022 NBA CHAMPIONS- my team- WARRIORS- Congratulations!!!!

— Paul Kagame (@PaulKagame) June 17, 2022

Perezida Paul Kagame usanzwe anakunda umukinnyi Stephen Curry ukina muri iyi kipe, yanashimiye byumwihariko uyu mukinnyi ukomeje kugaragaza ubuganga budasanzwe muri uyu mukino wa Basketball.

Yagize ati “Kuri Curry wabaye umukinyi witwaye neza w’irushanwa….Ishyuka!!!”

Perezida Paul Kagame wakunze kugaragaza ko akunda uyu mukinnyi Stephen Curry, mu kiganiro yagiranye na Masai Ujiri tariki 21 Gicurasi 2022, yongeye kubazwa abakinnyi akunda mu mukino wa Basketball, avuga ko uwa mbere ari Stephen Curry.

Agaruka ku cyo akundira uyu mukinnyi, Perezida Kagame yavuze ko umukinnyi ufite ubuhanga bwihariye kandi akaba adafite ibigango bihambaye nk’iby’abandi bakina uyu mukino.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − four =

Previous Post

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

Next Post

Umusirikare wa FARDC arasiwe ku mupaka w’u Rwanda na DRC ubwo yinjiraga arasa urufaya rw’amasasu

Related Posts

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare wa FARDC arasiwe ku mupaka w’u Rwanda na DRC ubwo yinjiraga arasa urufaya rw’amasasu

Umusirikare wa FARDC arasiwe ku mupaka w’u Rwanda na DRC ubwo yinjiraga arasa urufaya rw’amasasu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.