Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Muri shampiyona y’u Bwongereza isanzwe ikurikirwa n’imbaga ya benshi kugeza no mu Rwanda, ikipe ya Tottenham Hotspots yatsinze Manchester City, igitego kimwe cyatsinzwe na Harry Kane wujuje ibitego 267 amaze gutsindira iyi kipe.

Tottenham Hotspots yatsinze Manchester City igitego 1-0 cya Harry Kane, aho iyi kipe kandi imaze igihe gito itsinzwe na Manchester United na yo yayitsinze 1-0 tariki 14 Mutarama 2023.

Igitego cyatsinzwe n’uyu Mwongereza, cyabonetse ku munota wa 15’ w’igice cya mbere cyatumye akuraho agahigo kari gafitwe na Jimmy Greaves, watsindiye iyo kipe  ibitego 266 hagati y’umwaka wa 1961 na 1970.

Ku myaka ye 29, yabaye kandi umukinnyi wa gatatu muri shampiyona y’u Bwongereza ushoboye gutsinda ibitego 200, nyuma ya

Alan Shearer wakiniye New Castle United watsinze (260) na Wayne Rooney (208).

Harry Kane na Wayne Rooney wahagaritse gukina bafite agahigo ko kuba ari bo bamaze gutsindira ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza ibitego byinshi bigera kuri 53, dore ko ako gahigo yakagezeho ubwo u Bwongereza bwatsindwaga n’u Bufaransa muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi umwaka ushize.

Gusa nubwo bimeze bityo Harry Kane nta rushanwa rikomeye irabasha kwegukana. Greaves, witabye Imana afite Imyaka 81 muri 2021 afatwa nk’umukinnyi watsinze ibitego byiza muri iyo shampiyona mu mateka y’umupira w’amaguru.

Uyu kandi yari mu ikipe y’Igihugu y’Ubwongereza yegukanye igikombe cy’Isi mu w’ 1966.

Greaves yatsindiye u Bwongereza ibitego 44, ndetse kandi ni we mukinnyi watsinze ibitego byinshi akina nk’uwabigize umwuga bigera kuri 357 kugeza magingo aya.

Manchester City ifite igikombe cya shampiyona giheruka ikomeje no kugorwa gutsindira Tottenham Hotspurs iwayo dore ko uyu ubaye umukino wa 5.

Harry Kane yashimishije abafana ba Tottenham

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Myugariro w’Amavubi wari umaze igihe adafite ikipe yasinyiye iri kurwanira igikombe

Next Post

Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.