Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Muri shampiyona y’u Bwongereza isanzwe ikurikirwa n’imbaga ya benshi kugeza no mu Rwanda, ikipe ya Tottenham Hotspots yatsinze Manchester City, igitego kimwe cyatsinzwe na Harry Kane wujuje ibitego 267 amaze gutsindira iyi kipe.

Tottenham Hotspots yatsinze Manchester City igitego 1-0 cya Harry Kane, aho iyi kipe kandi imaze igihe gito itsinzwe na Manchester United na yo yayitsinze 1-0 tariki 14 Mutarama 2023.

Igitego cyatsinzwe n’uyu Mwongereza, cyabonetse ku munota wa 15’ w’igice cya mbere cyatumye akuraho agahigo kari gafitwe na Jimmy Greaves, watsindiye iyo kipe  ibitego 266 hagati y’umwaka wa 1961 na 1970.

Ku myaka ye 29, yabaye kandi umukinnyi wa gatatu muri shampiyona y’u Bwongereza ushoboye gutsinda ibitego 200, nyuma ya

Alan Shearer wakiniye New Castle United watsinze (260) na Wayne Rooney (208).

Harry Kane na Wayne Rooney wahagaritse gukina bafite agahigo ko kuba ari bo bamaze gutsindira ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza ibitego byinshi bigera kuri 53, dore ko ako gahigo yakagezeho ubwo u Bwongereza bwatsindwaga n’u Bufaransa muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi umwaka ushize.

Gusa nubwo bimeze bityo Harry Kane nta rushanwa rikomeye irabasha kwegukana. Greaves, witabye Imana afite Imyaka 81 muri 2021 afatwa nk’umukinnyi watsinze ibitego byiza muri iyo shampiyona mu mateka y’umupira w’amaguru.

Uyu kandi yari mu ikipe y’Igihugu y’Ubwongereza yegukanye igikombe cy’Isi mu w’ 1966.

Greaves yatsindiye u Bwongereza ibitego 44, ndetse kandi ni we mukinnyi watsinze ibitego byinshi akina nk’uwabigize umwuga bigera kuri 357 kugeza magingo aya.

Manchester City ifite igikombe cya shampiyona giheruka ikomeje no kugorwa gutsindira Tottenham Hotspurs iwayo dore ko uyu ubaye umukino wa 5.

Harry Kane yashimishije abafana ba Tottenham

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 9 =

Previous Post

Myugariro w’Amavubi wari umaze igihe adafite ikipe yasinyiye iri kurwanira igikombe

Next Post

Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.