Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umutunganyamiziki Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element, atanze ibitekerezo mu biganiro byarimo Perezida Paul Kagame, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kumuvugaho.

Ni ibiganiro byabaye ku wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, byitabiriwe n’urubyiruko ibihumbi bibiri, rwo mu ngeri zinyuranye barimo n’abo mu ruganda rw’imyidagaduro.

Ubwo urubyiruko rwatangaga ibitekerezo, Producer Element ari mu babitanze, abanza kuririmba indirimbo yaririmbanyemo n’abandi bahanzi izwi nka ‘Fou de toi’ iri mu zikunzwe muri iyi minsi.

Uyu mutanganyamuziki kandi yanagarutse ku rugendo rwe rwamugejeje ku kuba amaze kubaka izina mu Rwanda no mu karere.

Uyu musore wabanje gusobanura ko atari igitekerezo agiye gutanga ahubwo ko ari ubutumwa ashaka gusangiza urubyiruko rugenzi rwe.

Yavuze ko nubwo ataragera ku 10% ry’ibyo ashaka kugeraho mu buzima, yizeye ko bicye amaze kugeraho hari icyo byabafasha.

Yisunze ubutumwa yari yanditse, Element yabwiye urubyiruko ko bafite Igihugu gifite amahoro n’umutekano kandi giha amahirwe urubyiruko. Akomeza ababwira ko amahirwe aza rimwe mu buzima abasaba kuyabyaza umusaruro.

Nyuma y’ubu butumwa, Element yibasiwe na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bavuga ko “mu gihe yari abonye amahirwe yo kuvuga ijambo imbere y’Umukuru w’Igihugu yari akwiye kugira icyo amusaba cyateza imbere imyidagaduro nyarwanda.”

Gusa hari n’abashima uyu musore, bavuga ko igihe cyose umuntu agiye gutanga igitekerezo ahari Umukuru w’Igihugu atagomba kuvuga ibibazo.

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 5 =

Previous Post

Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma

Next Post

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.