Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umutunganyamiziki Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element, atanze ibitekerezo mu biganiro byarimo Perezida Paul Kagame, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kumuvugaho.

Ni ibiganiro byabaye ku wa Gatatu tariki 23 Kanama 2023, byitabiriwe n’urubyiruko ibihumbi bibiri, rwo mu ngeri zinyuranye barimo n’abo mu ruganda rw’imyidagaduro.

Ubwo urubyiruko rwatangaga ibitekerezo, Producer Element ari mu babitanze, abanza kuririmba indirimbo yaririmbanyemo n’abandi bahanzi izwi nka ‘Fou de toi’ iri mu zikunzwe muri iyi minsi.

Uyu mutanganyamuziki kandi yanagarutse ku rugendo rwe rwamugejeje ku kuba amaze kubaka izina mu Rwanda no mu karere.

Uyu musore wabanje gusobanura ko atari igitekerezo agiye gutanga ahubwo ko ari ubutumwa ashaka gusangiza urubyiruko rugenzi rwe.

Yavuze ko nubwo ataragera ku 10% ry’ibyo ashaka kugeraho mu buzima, yizeye ko bicye amaze kugeraho hari icyo byabafasha.

Yisunze ubutumwa yari yanditse, Element yabwiye urubyiruko ko bafite Igihugu gifite amahoro n’umutekano kandi giha amahirwe urubyiruko. Akomeza ababwira ko amahirwe aza rimwe mu buzima abasaba kuyabyaza umusaruro.

Nyuma y’ubu butumwa, Element yibasiwe na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bavuga ko “mu gihe yari abonye amahirwe yo kuvuga ijambo imbere y’Umukuru w’Igihugu yari akwiye kugira icyo amusaba cyateza imbere imyidagaduro nyarwanda.”

Gusa hari n’abashima uyu musore, bavuga ko igihe cyose umuntu agiye gutanga igitekerezo ahari Umukuru w’Igihugu atagomba kuvuga ibibazo.

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + two =

Previous Post

Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma

Next Post

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

Related Posts

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

IZIHERUKA

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)
IMYIDAGADURO

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

Afurika imbere y’Umuryango w’ibikomerezwa wiyemeje guhangana na America yeruye igaragaza aho ihagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.