Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO
0
Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru w’Umunyamerika wagiye mu mukino w’igikombe cy’Isi kiri kubera muri Qatar yambaye umupira wamamaza ubutinganyi, yangiwe kwinjira asabwa kuwukuramo arabyanga, atabwa no muri yombi by’igihe gito.

Umunyamakuru Grant Wahl yahuye n’iri sanganya mu mukino wabaye mu ijoro ryacyeye ryo ku wa Mbere wahuzaga Leta Zunze Ubumwe za America na Wales.

Ubwo yageraga kuri stade yitiriwe Ahmad Bin Ali iri mu gace ka Al Rayyan, abashinzwe umutekano kuri stade babanje kumubuza kwinjira kubera umupira yari yambaye uriho amabara y’umukororombya yamamaza ubutinganyi.

Abo basekirite bamusabye gukuramo uwo mupira bamubwira ko ibikorwa byamamaza ubutinganyi mu Gihugu cyabo bitemewe.

Grant Wahl ufite urubuga rwe rwandika ku makuru ya siporo, yabanje kwamburwa telefone ye ngo atabona uko yandika ubutumwa kuri Twitter, avuga ibimubayeho.

Gusa yari yamaze kubugezaho kare, aho yari yifashe ifoto yambaye uwo mupira, ashyiraho ubutumwa agira ati “Aka akanya: abashinzwe umutekano banze ko ninjira muri stade mu mukino wa USA na Wales. Bambwira bati ‘ugomba guhindura uwo mupira. Ntibyemewe’.”

Nyuma yaje kwandika ubutumwa agira ati “Ubu meze neza ariko ibyo nakorewe ntibyari ngombwa. Ubu ndi mu gice cyahariwe abanyamakuru kandi ndacyambaye umupira wanjye. Nafunzwe hafi igice cy’isaha.”

Yavuze ko ukuriye abashinzwe umutekano yaje kumwegera akamwiseguraho ubundi akamureka akinjira. Nanone kandi yiseguweho n’uhagaraririye Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

Gusa na nyuma y’uyu mukino, uyu munyamakuru akomeje kwandika inkuru zigaruka kuri ibi yise ihohoterwa yakorewe, avuga ko abantu badakwiye kubuzwa uburenganzira bwabo.

Ubutegetsi bwa Qatar, Igihugu kitemera ibikorwa by’abakundana bahuje ibitsina, bwari bwabanje kumenyesha abazitabira Igikombe cy’Isi ko ibi bikorwa bitemewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 2 =

Previous Post

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Next Post

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

Related Posts

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.