Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

radiotv10by radiotv10
19/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga
Share on FacebookShare on Twitter

Sandra Teta, Umunyarwandakazi uba mu Gihugu cya Uganda, akaba umugore w’umuhanzi Douglas Mayanja uzwi nka Weasel, yavuze ko kubana na we atari ibintu byoroshye, kuko abifata nk’urugendo rufite ibihinduka byinshi birimo imbogamizi n’amasomo akomeye.

Bitewe n’uburyo uyu mugabo we agoye, Teta Sandra umugore wa Weasel Manizo yahishuye ubuzima bw’urugo rwe, avuga ko atari inzira yamworoheye kandi ko kubana na Weasel atari ibintu byashoborwa na buri wese.

Teta Sandra ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru BIGEYE cyo mu gihugu cya Uganda.

Muri iki kiganiro, Teta yavuze ko urugo rw’umugabo n’umugore atari nko kuryama ku buriri buriho indabo z’iroza.

Yagize ati “Ntabwo urugo ari nko kuryama ku buriri bw’indabo z’iroza, kuko muba muri abantu babiri kandi bakuriye mu miryango itandukanye ndetse ifite n’imico itandukanye, ntabwo muba mubona ibintu kimwe, biba ari hasi hejuru, ariko ibyo ni ibisanzwe hagati y’abakundana ntabwo amakimbirane yanjye na Weasel avuze ko dutandukanye n’izindi ngo zose.”

Yanavuze ko nubwo hari benshi bibwira ko kuba umugore w’umuhanzi uzwi cyane ari ibintu byoroshye batekereza ko babaho mu buzima bwo mu myidagaduro, asobanura ko atari ko biri. Ati “Kubana na Weasel bisaba kwihangana no kumenya gucunga amarangamutima yawe.”

Sandra kandi ni umuyobozi (Manager) wa Weasel, avuga ko kuba ari umugore we ndetse akanamufasha mu bijyanye n’umuziki na byo bitamworohera kuko bisaba guhuza inshingano ebyiri; iz’umuryango n’iz’akazi.

Ati “Hari ubwo tubanza tugahura nk’umugabo n’umugore, hanyuma mu kanya tokongera tugahura nk’umuhanzi n’umuyobozi. Iyo uhuje izo nshingano zombi hari ubwo bitera amakimbirane, ariko bigasaba ubushishozi n’ubworoherane.”

Teta atangaje ibi nyuma y’iminsi micye we n’umugabo we Weasel Manizo bagiranye ubushyamirane bwanatumye uyu Teta agonga umugabo we ariko nyuma yaho aba bombi bakaza gusabana imbabazi.

Teta Sandra na Weasel Manizo batangiye kubana nk’umugabo n’umugore guhera muri 2018, bakaba bafitanye abana batatu.

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Next Post

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Dutembere Kigali turebane uko isa mbere y’amasaha macye ngo shampiyona y’isi y’amagare itangire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.