Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

radiotv10by radiotv10
19/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga
Share on FacebookShare on Twitter

Sandra Teta, Umunyarwandakazi uba mu Gihugu cya Uganda, akaba umugore w’umuhanzi Douglas Mayanja uzwi nka Weasel, yavuze ko kubana na we atari ibintu byoroshye, kuko abifata nk’urugendo rufite ibihinduka byinshi birimo imbogamizi n’amasomo akomeye.

Bitewe n’uburyo uyu mugabo we agoye, Teta Sandra umugore wa Weasel Manizo yahishuye ubuzima bw’urugo rwe, avuga ko atari inzira yamworoheye kandi ko kubana na Weasel atari ibintu byashoborwa na buri wese.

Teta Sandra ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru BIGEYE cyo mu gihugu cya Uganda.

Muri iki kiganiro, Teta yavuze ko urugo rw’umugabo n’umugore atari nko kuryama ku buriri buriho indabo z’iroza.

Yagize ati “Ntabwo urugo ari nko kuryama ku buriri bw’indabo z’iroza, kuko muba muri abantu babiri kandi bakuriye mu miryango itandukanye ndetse ifite n’imico itandukanye, ntabwo muba mubona ibintu kimwe, biba ari hasi hejuru, ariko ibyo ni ibisanzwe hagati y’abakundana ntabwo amakimbirane yanjye na Weasel avuze ko dutandukanye n’izindi ngo zose.”

Yanavuze ko nubwo hari benshi bibwira ko kuba umugore w’umuhanzi uzwi cyane ari ibintu byoroshye batekereza ko babaho mu buzima bwo mu myidagaduro, asobanura ko atari ko biri. Ati “Kubana na Weasel bisaba kwihangana no kumenya gucunga amarangamutima yawe.”

Sandra kandi ni umuyobozi (Manager) wa Weasel, avuga ko kuba ari umugore we ndetse akanamufasha mu bijyanye n’umuziki na byo bitamworohera kuko bisaba guhuza inshingano ebyiri; iz’umuryango n’iz’akazi.

Ati “Hari ubwo tubanza tugahura nk’umugabo n’umugore, hanyuma mu kanya tokongera tugahura nk’umuhanzi n’umuyobozi. Iyo uhuje izo nshingano zombi hari ubwo bitera amakimbirane, ariko bigasaba ubushishozi n’ubworoherane.”

Teta atangaje ibi nyuma y’iminsi micye we n’umugabo we Weasel Manizo bagiranye ubushyamirane bwanatumye uyu Teta agonga umugabo we ariko nyuma yaho aba bombi bakaza gusabana imbabazi.

Teta Sandra na Weasel Manizo batangiye kubana nk’umugabo n’umugore guhera muri 2018, bakaba bafitanye abana batatu.

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, yashyize hanze Album ye ya 10 ibintu bitarakorwa n’undi muhanzi ku giti cye mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Abahanzikazi Ariel Wayz na Babo banafitanye indirimbo bakoranye, baherutse gutabwa muri yombi ubwo bapimwaga bagasangwamo ibiyobyabwenge mu mubiri wabo, amakuru...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

IZIHERUKA

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga
IBYAMAMARE

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

by radiotv10
19/09/2025
0

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

19/09/2025
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.