Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunya-Afurika y’Epfo yegukanye Etape5, Umunyarwanda azamuka mu 10 ku rutonde rusange

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Umunya-Afurika y’Epfo yegukanye Etape5, Umunyarwanda azamuka mu 10 ku rutonde rusange
Share on FacebookShare on Twitter

Agace ka gatanu k’irushanwa rya Tour du Rwanda, karanzwe no kwigaragaza k’Umwongereza Chris Froome, kegukanywe n’Umunya-Afurika y’Epfo Ormiston Callum, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Muhoza Eric waje ari uwa 11 ndetse akaba yahise yinjira mu 10 ba mbere ku rutonde rusange.

Ormiston Callum ukinira ikipe ya Global 6 Cycling yegukanye aka gace katurutse Rusizi kerecyeza i Rubavu, kakunze kugaragaramo cyane Umwongereza Chris Froome wari utarigaragaza muri iri siganwa rya Tour du Rwanda.

Uyu Munya-Afurika y’Epfo w’imyaka 22 y’amavuko asanzwe afite amateka muri Tour du Rwanda kuko atari iya mbere ahubwo ikaba ari iya kane irimo n’iyo yatwaye umwaka ushize ubwo yegukanye na Etape ya 4.

Umunyarwanda Muhoza Eric ukinira ikipe ya Bike Aid yongeye kuza hafi muri aka gace kuko yaje ari uwa 11 ndetse binamuha amahirwe yo kuzamuka ku rutonde rusange.

Muhoza Eric ubu ahagaze ku mwanya wa karindwi (7) ku rutone rusange, ndetse akaba yagabanyije ibihe biri hagati ye n’umukinnyi uyoboye iri siganwa kuko ubu harmo amasegonda 11’’.

Aka gace ka gatanu ka Tour du Rwanda ya 2023, kahagurukiye i Rusizi kerecyeza i Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, gafite ibilometero 195,5 aho abakinnyi 80 batangiriye imbere y’isoko rya Rusizi.

Rurangiranwa Chris Froome wegukanye irushanwa rikomeye kurusha andi mu isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda dore ko yaryegukanye inshuro enye zose, uyu munsi yigaragaje muri aka gace ka gatanu.

Chris Froome yabanje kwanikira abandi, agenda ashyira intera hagati ye na Peloton, ariko aza guhura n’ikibazo cyo gutobokesha igare rye, byatumye umukinnyi Iturria ukinira ikipe ya Euskaltel team amucaho ndetse atangira gushyiramo intera hagati ye na we ari na ko abandi bakinnyi batatu bahise bamwiyungaho.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − 1 =

Previous Post

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Next Post

Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.