Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunya-Afurika y’Epfo yegukanye Etape5, Umunyarwanda azamuka mu 10 ku rutonde rusange

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Umunya-Afurika y’Epfo yegukanye Etape5, Umunyarwanda azamuka mu 10 ku rutonde rusange
Share on FacebookShare on Twitter

Agace ka gatanu k’irushanwa rya Tour du Rwanda, karanzwe no kwigaragaza k’Umwongereza Chris Froome, kegukanywe n’Umunya-Afurika y’Epfo Ormiston Callum, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Muhoza Eric waje ari uwa 11 ndetse akaba yahise yinjira mu 10 ba mbere ku rutonde rusange.

Ormiston Callum ukinira ikipe ya Global 6 Cycling yegukanye aka gace katurutse Rusizi kerecyeza i Rubavu, kakunze kugaragaramo cyane Umwongereza Chris Froome wari utarigaragaza muri iri siganwa rya Tour du Rwanda.

Uyu Munya-Afurika y’Epfo w’imyaka 22 y’amavuko asanzwe afite amateka muri Tour du Rwanda kuko atari iya mbere ahubwo ikaba ari iya kane irimo n’iyo yatwaye umwaka ushize ubwo yegukanye na Etape ya 4.

Umunyarwanda Muhoza Eric ukinira ikipe ya Bike Aid yongeye kuza hafi muri aka gace kuko yaje ari uwa 11 ndetse binamuha amahirwe yo kuzamuka ku rutonde rusange.

Muhoza Eric ubu ahagaze ku mwanya wa karindwi (7) ku rutone rusange, ndetse akaba yagabanyije ibihe biri hagati ye n’umukinnyi uyoboye iri siganwa kuko ubu harmo amasegonda 11’’.

Aka gace ka gatanu ka Tour du Rwanda ya 2023, kahagurukiye i Rusizi kerecyeza i Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, gafite ibilometero 195,5 aho abakinnyi 80 batangiriye imbere y’isoko rya Rusizi.

Rurangiranwa Chris Froome wegukanye irushanwa rikomeye kurusha andi mu isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda dore ko yaryegukanye inshuro enye zose, uyu munsi yigaragaje muri aka gace ka gatanu.

Chris Froome yabanje kwanikira abandi, agenda ashyira intera hagati ye na Peloton, ariko aza guhura n’ikibazo cyo gutobokesha igare rye, byatumye umukinnyi Iturria ukinira ikipe ya Euskaltel team amucaho ndetse atangira gushyiramo intera hagati ye na we ari na ko abandi bakinnyi batatu bahise bamwiyungaho.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 5 =

Previous Post

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Next Post

Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.