Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRda: Umunya-Afurika y’Epfo yegukanye Etape5, Umunyarwanda azamuka mu 10 ku rutonde rusange

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in SIPORO
0
TdRda: Umunya-Afurika y’Epfo yegukanye Etape5, Umunyarwanda azamuka mu 10 ku rutonde rusange
Share on FacebookShare on Twitter

Agace ka gatanu k’irushanwa rya Tour du Rwanda, karanzwe no kwigaragaza k’Umwongereza Chris Froome, kegukanywe n’Umunya-Afurika y’Epfo Ormiston Callum, mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Muhoza Eric waje ari uwa 11 ndetse akaba yahise yinjira mu 10 ba mbere ku rutonde rusange.

Ormiston Callum ukinira ikipe ya Global 6 Cycling yegukanye aka gace katurutse Rusizi kerecyeza i Rubavu, kakunze kugaragaramo cyane Umwongereza Chris Froome wari utarigaragaza muri iri siganwa rya Tour du Rwanda.

Uyu Munya-Afurika y’Epfo w’imyaka 22 y’amavuko asanzwe afite amateka muri Tour du Rwanda kuko atari iya mbere ahubwo ikaba ari iya kane irimo n’iyo yatwaye umwaka ushize ubwo yegukanye na Etape ya 4.

Umunyarwanda Muhoza Eric ukinira ikipe ya Bike Aid yongeye kuza hafi muri aka gace kuko yaje ari uwa 11 ndetse binamuha amahirwe yo kuzamuka ku rutonde rusange.

Muhoza Eric ubu ahagaze ku mwanya wa karindwi (7) ku rutone rusange, ndetse akaba yagabanyije ibihe biri hagati ye n’umukinnyi uyoboye iri siganwa kuko ubu harmo amasegonda 11’’.

Aka gace ka gatanu ka Tour du Rwanda ya 2023, kahagurukiye i Rusizi kerecyeza i Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, gafite ibilometero 195,5 aho abakinnyi 80 batangiriye imbere y’isoko rya Rusizi.

Rurangiranwa Chris Froome wegukanye irushanwa rikomeye kurusha andi mu isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda dore ko yaryegukanye inshuro enye zose, uyu munsi yigaragaje muri aka gace ka gatanu.

Chris Froome yabanje kwanikira abandi, agenda ashyira intera hagati ye na Peloton, ariko aza guhura n’ikibazo cyo gutobokesha igare rye, byatumye umukinnyi Iturria ukinira ikipe ya Euskaltel team amucaho ndetse atangira gushyiramo intera hagati ye na we ari na ko abandi bakinnyi batatu bahise bamwiyungaho.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + four =

Previous Post

Amashusho anejeje: Perezida Kagame mu rugo akina umukino benshi batakekaga ko akunda

Next Post

Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Umukobwa utazibagirana muri Miss Rwanda yasezeranye n’umusore amaze iminsi agaragaza ko yimariyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.