Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TOKYO 2020: Richard Carapaz yatwaye isiganwa ry’imikino Olempike, Mugisha Moise arakomereka

radiotv10by radiotv10
24/07/2021
in SIPORO
0
TOKYO 2020: Richard Carapaz yatwaye isiganwa ry’imikino Olempike, Mugisha Moise arakomereka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Equador, Richard Antonio Carapaz w’imyaka 28 niwe watwaye intera ya kilometero 234 (234 Km) mu mikino Olempike ya 2020 iri kubera i Tokyo mu Buyapani akoresheje 6h05’26” mu gihe Wout Van Aert (Belgium) yakoresheje 6h06’33” ku mwanya wa kabiri naho Tadej Pogacar (Slovania) aba uwa gatatu kuko yakoresheje ibihe bimwe na Van Aert.

Tokyo Olympics: Richard Carapaz beats Tour de France champ Tadej Pogacar  for gold - Sports Illustrated

Richard Antonio Carapaz atsinda ibilometero 234 bya Tokyo 2020

Amakuru ava i Tokyo avuga ko Mugisha Moise utabashije gusoza isiganwa rya kilometero 234 yahuye n’impanuka ubwo yari amaze kugenda kilometero 140 aragwa. Uyu musore yakomeretse ku mutwe ku buryo byabaye ngombwa ko bamudoda.

Bigendanye n’uburyo isiganwa ryasorejwe muri sprint, abakinnyi umunani baje inyuma ya Richard Carapaz bose baje banganya ibihe (6h06’33”).

Mugisha Moise mbere y’uko isiganwa ritangira

Ni isiganwa ryatangiye abakinnyi badacungana kuko abakinnyi batanu barimo; Aular, Dlamini, Grosu, Kukrle na Peter Sagan bari imbere kuva isiganwa rigihaguruka kugeza ubwo byaje guhinduka basigaje ibilometero 32 aribwo abakinnyi barimo; Tadej Pogacar, Bettiol, McNulty, Uran, Woods na Kwiatkowski bahise bafata urugendo bayoboye.

Habura ibilometero 12 nibwo Wout Van Aert yakoze ukwataka gukomeye ashaka kwigobotora ngo agende wenyine abigeraho ajya imbere.

Habura ibilometero bitandatu, Richard Carapaz nawe yahise afata icyemezo akora ubusatirizi (attack) byatumye McNulty asigara bituma Richard Carapaz na Tadej Pogacar basigarana imbere bihanganiye ukwabo.

Habura ikilometero kimwe n’igice (1,5 Km) nibwo Richard Antonio Carapaz yigaranzuye Tadej Pogacar arinda amutanga ku murongo. Richard Carapaz atsinda isiganwa riba rikomeye cyane nyuma yo kuba yaratwaye Giro d’Italia ya 2019.

Isiganwa ryaranzwe na sprint mu musozo waryo

Muri iri siganwa ry’imikino iri gukinwa ku nshuro ya 32, u Rwanda rwari rufitemo Mugisha Moïse, umukinnyi rukumbi usiganwa ku magare uri mu Banyarwanda batanu bitabiriye Imikino Olempike ya Tokyo 2020. Gusa, uyu musore w’imyaka 23 ntiyahiriwe kuko ari mu bakinnyi 41 batasoje isiganwa nyuma yo gukora impanuka nk’uko byagenze no ku bandi barimo Umwongereza Geraint Thomas n’Umubiligi Greg Van Avermaet watwaye umudali wa Zahabu mu 2016.

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 2 =

Previous Post

MADGASCAR: Batandatu bacyekwaho kugerageza kwica perezida bamenyekanye

Next Post

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.