Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TOKYO 2020: Richard Carapaz yatwaye isiganwa ry’imikino Olempike, Mugisha Moise arakomereka

radiotv10by radiotv10
24/07/2021
in SIPORO
0
TOKYO 2020: Richard Carapaz yatwaye isiganwa ry’imikino Olempike, Mugisha Moise arakomereka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Equador, Richard Antonio Carapaz w’imyaka 28 niwe watwaye intera ya kilometero 234 (234 Km) mu mikino Olempike ya 2020 iri kubera i Tokyo mu Buyapani akoresheje 6h05’26” mu gihe Wout Van Aert (Belgium) yakoresheje 6h06’33” ku mwanya wa kabiri naho Tadej Pogacar (Slovania) aba uwa gatatu kuko yakoresheje ibihe bimwe na Van Aert.

Tokyo Olympics: Richard Carapaz beats Tour de France champ Tadej Pogacar  for gold - Sports Illustrated

Richard Antonio Carapaz atsinda ibilometero 234 bya Tokyo 2020

Amakuru ava i Tokyo avuga ko Mugisha Moise utabashije gusoza isiganwa rya kilometero 234 yahuye n’impanuka ubwo yari amaze kugenda kilometero 140 aragwa. Uyu musore yakomeretse ku mutwe ku buryo byabaye ngombwa ko bamudoda.

Bigendanye n’uburyo isiganwa ryasorejwe muri sprint, abakinnyi umunani baje inyuma ya Richard Carapaz bose baje banganya ibihe (6h06’33”).

Mugisha Moise mbere y’uko isiganwa ritangira

Ni isiganwa ryatangiye abakinnyi badacungana kuko abakinnyi batanu barimo; Aular, Dlamini, Grosu, Kukrle na Peter Sagan bari imbere kuva isiganwa rigihaguruka kugeza ubwo byaje guhinduka basigaje ibilometero 32 aribwo abakinnyi barimo; Tadej Pogacar, Bettiol, McNulty, Uran, Woods na Kwiatkowski bahise bafata urugendo bayoboye.

Habura ibilometero 12 nibwo Wout Van Aert yakoze ukwataka gukomeye ashaka kwigobotora ngo agende wenyine abigeraho ajya imbere.

Habura ibilometero bitandatu, Richard Carapaz nawe yahise afata icyemezo akora ubusatirizi (attack) byatumye McNulty asigara bituma Richard Carapaz na Tadej Pogacar basigarana imbere bihanganiye ukwabo.

Habura ikilometero kimwe n’igice (1,5 Km) nibwo Richard Antonio Carapaz yigaranzuye Tadej Pogacar arinda amutanga ku murongo. Richard Carapaz atsinda isiganwa riba rikomeye cyane nyuma yo kuba yaratwaye Giro d’Italia ya 2019.

Isiganwa ryaranzwe na sprint mu musozo waryo

Muri iri siganwa ry’imikino iri gukinwa ku nshuro ya 32, u Rwanda rwari rufitemo Mugisha Moïse, umukinnyi rukumbi usiganwa ku magare uri mu Banyarwanda batanu bitabiriye Imikino Olempike ya Tokyo 2020. Gusa, uyu musore w’imyaka 23 ntiyahiriwe kuko ari mu bakinnyi 41 batasoje isiganwa nyuma yo gukora impanuka nk’uko byagenze no ku bandi barimo Umwongereza Geraint Thomas n’Umubiligi Greg Van Avermaet watwaye umudali wa Zahabu mu 2016.

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

MADGASCAR: Batandatu bacyekwaho kugerageza kwica perezida bamenyekanye

Next Post

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.