Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Tunisia ibitse igikombe yafashijwe na Salah Mejri gutangira irushanwa rya #Afrobasket2021 itsinda Guinea-AMAFOTO

radiotv10by radiotv10
24/08/2021
in SIPORO
0
Tunisia ibitse igikombe yafashijwe na Salah Mejri gutangira irushanwa rya  #Afrobasket2021 itsinda Guinea-AMAFOTO
Share on FacebookShare on Twitter

Salah Mejri ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia yafashije iki gihugu gutsinda Guinea amanota 82-46 (17-9,24-11, 21-14,20-12) atsindamo amanota 17.Tunisia niyo kipe ibitse igikombe giheruka cya 2017 yatwaye itsinze Nigeria amanota 77-65 ku mukino wa nyuma.

Muri uyu mukino, Salah Mejri uretse gutsinda amnaota 17,yakoze rebounds eshatu, umupira umwe wabyaye amanota yakira imipira ibiri anabuza indi ine guhita ivuye ku bakinnyi ba Guinea. Salah yahise aba umukinnyi w’umukino kuko umusaruro rusange w’umukino (Efficiency) yagize +24 mu minota 21’33” yamaze mu kibuga muri uyu mukino w’itsinda rya kabiri (B).

Salah Mejri (50) ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia azamura umupira

Abandi bakinnyi bazamuye amanota ya Tunisia barimo Omar Abada wakinnye iminota 23’46” agatsinda amanota 10, Michael Roll akina iminota 26’09” atsinda amanota 14 agira Efficiency ya +17 mu gihe Mourad El Mabrouk yakinnye 20’57” agatsinda amanota icyenda (9).

Ikipe y’igihugu ya Tunisia yatangiye neza irushanwa ry’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ku ruhande rwa Guinea yagowe no kugira ubwiganze mu gukora amanota muri uyu mukino, umukinnyi wayo wagize umusaruro uri hejuru ni Ibrahima Doumbouya watsinze amanota arindwi (7) akagira efficiency ya +8 mu minota 20’03” yamaze mu kibuga.

Nyuma y’uyu mukino harakurikiraho uwuhuza Republique Centre Afrqiue (RCA) na Misiri saa saba n’igice (13h30’) hakinwa umukino wa kabiri mu itsinda rya kabiri (B) mbere y’uko u Rwanda rwakiriye irushanwa ruhura na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DR Congo) guhera saa kumi n’ebyiri (18h00’).

Ikipe y’igihugu ya Guinea yabaye ikipe ya mbere yatsinzwe muri AfroBasket 2021

Omar Abada (4) wa Tunisia azamukana umupira

Dauda Diaby wa Guinea ashaka inzira yamugeza ku nkangara

Salah Mejri (50) ukinira ikipe y’igihugu ya Tunisia yafashije iki gihugu gutsinda Guinea amanota 82-46

Abakinnyi ba Tunisia bafata amabwiriza y’umutoza Dirk Bauermann hagati mu mukino

Achref Gannouni (3) ahaganye na DAOUDA ViDSON Conde (14) wa Guinea

Makram Ben Romdhane (12) wa Tunisia ashaka aho yanyuza umupira ugana mu nkangara

Ikipe y’igihugu ya Tunisia imwe mu yahabwa amahirwe muri iri rushanwa

PHOTOS: FIBA

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − two =

Previous Post

10 SPORTS: José Bosingwa na Maya Yoshida..baravutse, imikino olempike ya 2008 yaciye agahigo

Next Post

William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

Related Posts

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

William Robeyns yabaye umukinnyi w’umukino anafasha u Rwanda kongera gutsinda DR Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.