Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

 Udushya twitezwe mu Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizwiho umwihariko

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
 Udushya twitezwe mu Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizwiho umwihariko
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu hazakomeza Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rigeze ku munsi wa wari wa gatandatu mu minsi 10 rigomba kumara, aho ribera kuri Gisozi Memorial Center, riyobowe na Hope Azeda akaba ari nawe wagitangije.

Kuri uyu munsi haraza kuba ikiswe Literature Day (umunsi w’ubuvanganzo), muri iri serukiramuco “Ubumuntu arts festival” rimaze imyaka 10 ritangijwe, rikaba ari ngaruka mwaka, aho uyu mwaka ryatangiye tariki ya 24 Nyakanga 2024.

Ku munsi waryo wa Gatandatu, ku buvanganzo bw’imivugo buribuze kuba buyobowe n’umuhanzi ukunzwe muri iyi minsi n’urubyiruko King Kivumbi ndetse na Delah Dube wo mu gihugu cya Botswana.

Ijoro ry’uyumunsi ryiswe “Silent Poetry Night” ubwo hibandwa ku mivugo  (poetry) mu gihe indi minsi ishize habaga hibanzwe ku ikinamico (theatre).

Abanyarwanda bahanzwe amaso cyane kuko u Rwanda rumaze kwamamara kukuba ari urwa mbere mukugira ikinamico (Theatre) zinogeye amatwi n’amaso kurenza abandi banyamahanga baba bitabiriye iri serukiramuco.

Hope Azeda watangije Ubumuntu Arts Festival akomeje  gushimira abantu bose bitabiriye iri serukiramuco aho yagie ati “Nishimiye kubona uko iminsi igenda ishira ariko abantu bitabira kurushaho iki gitaramo kigamije kwereka isi ko yihuje igasenyera umugozi umwe ntakandamizwa cyangwa ivangura ribayeho, isi yose yabaho mu mudendezo udasanzwe bityo rero tugomba kubiharanira.”

Kuva muri 2014 mu Rwanda nibwo hatangijwe iserukiramuco rya ‘Ubumuntu Arts Festival’ ndetse ryazamukiyemo abahanzi benshi mu ngeri zitandukanye, ubu bari ku gasongero mu Rwanda.

Ni iserukiramuco ryatangijwe na Mashirika Performing Arts and Media. Iri serukiramuco ryazamukiyemo abantu batandukanye bamenyekanye mu Rwanda nka Nkusi Arthur, Umuhire Eliane, Andy Bumuntu, Anita Pendo, Malaika Uwamahoro n’abandi batandukanye.

Noella ISIMBI AKIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 8 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku ruganda rwa mbere rw’Amata y’Ifu rwafunguwe mu Rwanda

Next Post

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.