Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uganda: Minisitiri yagaragaye akata umuziki mu mbyino igezweho

radiotv10by radiotv10
26/04/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Uganda: Minisitiri yagaragaye akata umuziki mu mbyino igezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Phiona Nyamutoro uherutse kugirwa Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda, yagaragaye ari guceza umuziki hamwe n’itsinda ry’abana ryamamaye rya Ghetto Kids ryashinzwe n’umuhanzi Eddy Kenzo usanzwe ari n’umukunzi w’uyu Minisitiri.

Ni mu mashusho yashyizwe hanze n’iri tsinda ry’aba bana ubwo ryari riri gususurusta abantu, umwe mu barigize akajya guhagurutsa Minisitiri Phiona Nyamutoro akamujyana ku rubyiniro.

Aba bana basanzwe bazwiho ubuhanga budasanzwe mu mibyinire, byanatumye bamamara ku Isi, barimo babyina indirimbo Sitya Loss ya Eddy Kenzo usanzwe ari umukunzi wa Minisitiri Phiona Nyamutooro.

Ubwo umwe muri aba bana yagezaga Phiona ku rubyiniro, babyinanye Sitya Loss mu mbyino zigezweho, bigaragara ko Minisitiri asanzwe azi gukata umuziki.

View this post on Instagram

A post shared by Triplets Ghetto Kids 🇺🇬 (@ghettokids_tfug)

Mu butumwa buherekeje amashusho ya Minisitiri Phiona ari kubyina, iri tsinda rya Ghetto Kids, ryagize riti “Twabyinishije Nyakubahwa Minisitiri Phiona Nyamutoro, kandi murebe ni umubyinnyi w’akataraboneka.”

Phiona Nyamutoro asanzwe ari umukunzi w’umuhanzi Eddy Kenzo wanafashije gushyiraho iri tsinda ry’abana bari basanzwe ari abana bo ku muhanda, akaza kubahindurira ubuzima, ubu bakaba ari ibyamamare.

Eddy Kenzo wanaherekeje Minisitiri Phiona Nyamutoro ubwo yajyaga kurahirira inshingano zo kwinjira muri Guverinoma ya Uganda mu kwezi gushize, aherutse kwerura iby’ukundo rwabo, avuga ko uretse kuba ari inshuti ye yihariye, banafitanye umwana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + five =

Previous Post

Kigali: Umuganga ukomoka muri Congo akurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina umurwayi w’umugore

Next Post

Abanyamakuru mwakunze mugiye kongera kubumva: Radio10, mudatenguha abayumva ikuzaniye agashya

Related Posts

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru mwakunze mugiye kongera kubumva: Radio10, mudatenguha abayumva ikuzaniye agashya

Abanyamakuru mwakunze mugiye kongera kubumva: Radio10, mudatenguha abayumva ikuzaniye agashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.