Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Innocent Ujah Idibia, uzwi nka 2Baba cyangwa 2Face Idibia, uherutse kwemeza ko yatandukanye n’umugore we Annie Macaulay, yibasiwe n’abakunzi be, nyuma yuko yemeje ko ari mu rukundo n’umunyapolitiki, bivugwa ko ari we bagiye kubana nk’umugore n’umugabo.

Mu mpera z’ukwezi gushize, ni bwo 2Baba cyangwa 2Face Idibia yatangaje ko we n’umugore we Annie Macaulay basa nk’abatandukanye ndetse ko batangiye urugendo rwo kugana inkiko kugira ngo zibahe gatanya yemewe n’amategeko.

Gusa nyuma yo gutangaza ibi, nyuma y’igihe gito yanemeje ko ari mu rukundo n’umunyapolitiki Natasha Igbinedion, usanzwe ari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta ya Edo muri Nigeria, akaba ari na Visi Perezida w’iyi Nteko.

Nyuma yuko 2Baba agaragaje ko afite icyifuzo cyo kurushingana n’uyu munyapolitiki, Natasha Igbinedion nyuma y’ibyumweru bibiri gusa atangaje ibyo gutandukana n’umugore we Annie Macaulay, abakunzi ba muzika muri Nigeria, byumwihariko abakunzi b’uyu muhanzi, bamwibasiye.

Uwitwa vantage_suite yanditse ati “Urabona ukuntu 2baba ari indyarya itanaca bugufi ngo isabe imbabazi kubera guca inyuma Annie, akabyarana n’abagore batandukanye, none arasaba Honourable Natasha gushyingiranwa, na we akaba yizeye ko bazagirana ibihe byiza mu rugendo bazatangirana.”

Uyu yakomeje yandika ati “2baba ntashobotse kandi Natasha yagakwiye kuba abibona neza. Ariko abagore bafite imyumvire ko bafite ubushobozi bwo guhindura abagabo.”

Undi witwa EdoVibeQueen na we yanditse avuga ko 2Baba ari indashoboka, binagaragazwa no kuba yatangaje ko agiye gushaka undi mugore nyuma y’igihe gito atangaje ko yatandukanye n’umugore we.

Uyu yagize ati “Nyuma y’icyumweru kimwe gusa ahise avuga ibya Natasha…ubanza ahari akeka ko azaba honourable kuko ari mu rukundi na honourable Natasha.”

2Baba na Annie baherutse gutandukana

Umukunzi mushya wa 2Baba asanzwe afite umwanya ukomeye mu nzego za Leta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

Next Post

Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha

Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.