Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere

radiotv10by radiotv10
01/09/2025
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uzwi muri Gospel mu Rwanda yagaragaje itandukaniro ry’ubuhanzi bw’ubu no hambere
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Jean Pierre Clever Tuyizere wamenyekanye nka Papi Clever uririmbana n’umugore we Dorcas, yemeza ko umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana wateye imbere ku buryo utunze abawukora na we arimo, mu gihe mu bihe byatambutse atari ko byahoze.

Papi Clever avuga ko abahanzi b’Indirimbo z’Imana, bakunze kwitwa abakozi b’Imana, na bo bakabigenderaho bumva ko bari gukorera Imana ariko batagamije kugira icyo bakura muri uyu mwuga.

Uyu muhanzi watangiye ubuhanzi akora wenyine, avuga ko na we ari umwe mu bahanzi na bo bumvaga ko kuririmbira Imana bidakwiye guherekezwa n’inyungu runaka, ariko ko bigenda byikora, ku buryo na we asigaye agira inyungu akura mu buhanzi bwe ubu asigaye akorana n’umufasha we.

Uyu muhanzi unafite ibitaramo binyuranye muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagize ati “Umuziki wa Gospel wateye imbere, ntabwo ari nka kera. Kera ntabwo twari tuzi abo bishobora kubeshaho mu buryo bufatika ubwo ndavuga amafaranga yakubeshaho, ugasanga abantu barabikorera muri conditions zigoye, ariko uyu munsi siko bimeze, hari abantu benshi dutunzwe n’umuziki.”

Akomeza agira ati “Bigenda bitera imbere nubwo tugifite urugendo rwo kugenda kugira ngo tugere ku rwego ruri hejuru.”

Yakomeje avuga ko mu muziki hari ibikenewe kugira ngo ukomeze ugere ku rwego rwisumbuyeho.

Ati “Twakwishimira ibyabaye abantu bateye imbere mu bijyanye n’imyumvire ku muziki, ubumenyi, hari aba producer beza (abatunganya imiziki), tubona ibyuma byiza, abantu bashoramo amafaranga bazana ama sound meza ku buryo iyo dukoze konseri uba wumva ibintu rwose bimeze neza nta kintu tubuze.”

Papi Clever yize umuziki ndetse we n’umugore we bafite ibitaramo byo kuzenguruka America muri uku kwezi kwa Nzeri, bazahera mu mujyi wa Dallas.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 14 =

Previous Post

Perezida Kagame ari muri Senegal

Next Post

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Related Posts

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

by radiotv10
25/10/2025
0

Weekends are a time to relax, socialize, and enjoy the fruits of your hard work. But for many young professionals,...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Eng.-President Paul Kagame in Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.