• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wa ‘Gospel’ mu Rwanda wari ucecetse afite icyo agurukaniye abakunzi be

radiotv10by radiotv10
25/01/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wa ‘Gospel’ mu Rwanda wari ucecetse afite icyo agurukaniye abakunzi be
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Jado Sinzabyibagirwa wamenyekanye nka Jado Sinza, nyuma y’igihe yaracecetse, agarukaniye abakunzi be agashya.

Hari hashize imyaka ibiri uyu muhanzi atagaragara mu bitaramo ndetse atanashyira hanze indirimbo, ariko ubu aravuga ko agarukanye imbaraga nyinshi.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yagize ati “Mumaze iminsi munyishyuza igitaramo cyane, ariko noneho nagiteguye ku wa 17 Werurwe tuzataramira muri Camp Kigali kandi noneho ntabwo nzatarama njyenyine.”

Aherutse no gushyira hanze indirimbo yise Itorero, azanaririmbira abantu bazitabira igitaramo cye kizaba mu mezi abiri ari imbere.

Mu bandi bahanzi bateganyijwe kuzamufasha muri iki gitaramo, harimo Zoravo wo muri Tanzania, ndetse Jado akaba avuga ko yishimiye kuzafashwa n’uyu muhanzi.

Yagize ati “Ni umuhanzi w’icyamamare, arazwi muri Afurika y’uburasirazuba.”

Jado Sinza amaze imyaka irenga irindwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yagiye akora ibitaramo bitandukanye birimo bibiri yakoze muri 2017 no muri 2019.

Uyu muhanzi yashyize hanze Album ebyiri, aho iya mbere yitwa “Nabaho sindabona” n’iya kabiri yise “NDATEGEREJE”. Ubu akaba agiye gushyira hanze iya gatatu.

Asanzwe akora ibitaramo agafatanya na bamwe mu bahanzi bafite amazina akomeye mu Rwanda

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Ukundi kurebana ay’ingwe nyuma y’isandara ry’indege yari itwaye imfungwa 65 z’Abanya-Ukraine

Next Post

M23 yazamuye mu mapeti abarwanyi bayo barimo uzwi cyane

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
M23 yazamuye mu mapeti abarwanyi bayo barimo uzwi cyane

M23 yazamuye mu mapeti abarwanyi bayo barimo uzwi cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.