Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

radiotv10by radiotv10
20/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kitoko Bibarwa uri mu bagize abakunzi benshi muri muzika nyarwanda, yatangaje ko nyuma y’imyaka 12 aba hanze y’u Rwanda, agiye kugaruka burundu mu Gihuhu cyamwibarutse, kandi akazakomeza ibikorwa bya muzika.

Kitoko ni rimwe mu mazina aremereye muri muzika nyarwanda byumwihariko mu myaka ya za bibiri na…kubera ibihangano bye byabaga binogeje ugutwi n’ijisho ku bifite amashusho.

Byumwihariko ijwi rye rizwi na buri wese mu ndirimbo ye y’ibihe byose ‘Thank you Kagame’ yakunze kwifashishwa mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Paul Kagame wagiye atangwamo Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Uyu muhanzi Kitoko Bibarwa anaheruka mu Rwanda muri 2017 ubwo yari yaje mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Paul Kagame.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, Kitoko yatangaje ko nyuma y’imyaka 12 yimukiye ku Mugabane w’u Burayi aho yabaga mu Bwongereza, agiye gutaha mu rwamubyaye kuhatura.

Yagize ati “Maze iminsi ndi kubyitegura, ndifuza gutaha, imyaka 12 ni iyo ntaba iwacu. Nkumbuye gukorera umuziki mu Rwanda ariko by’umwihariko hari n’ibikorwa nshaka kuhakorera. Igihe icyo ari cyo cyose mu minsi ya vuba mwakumva natashye.”

Kitoko wari werecyeje mu Bwongereza mu mwaka wa 2013 aho yanakomereje amasomo, akaba amaze kuhagirira impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye na Politiki.

Uyu muhanzi avuga ko ubu afite umwanya uhagije, ku buryo no mu gihe atarataha, yiteguye gushyira hanze ibindi bihangano bizanyura abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda muri rusange.

Kitoko Bibarwa wamamaye mu ndirimbo yakoze nk’iyitwa ‘Ikiragi’, na ‘Pole pole’, yanagiye akora izindi nyuma yo kwimukira hanze y’u Rwanda, zirimo iyitwa ‘Tiro’ yaherukaga gushyira hanze na ‘Sibyo yakoranye na Meddy ubu wamaze kwiyegurira indirimbo zihimbaza Imana.

Kitoko wizeza abakunze ibihangano bye ko bagiye kongera kubyumva, ubu yamaze no gushyira hanze irindi ndirimbo yise ‘In love’ yasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 3 =

Previous Post

Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?

Next Post

The rise and fall of hustle culture

Related Posts

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose...

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Let’s be honest, first impressions matter, and your style is your loudest introduction before you even speak. You don’t need...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.