Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Ruhago yo ku Mugabane w’u Burayi ikunzwe na benshi, kuri iki Cyumweru byari ibicika. FC Barcelona isa nk’iyamaze kwizera igikombe cya Shampiyora muri Espagne, yatsinze Real Madrid mu buryo bwatunguye benshi, ku rundi ruhande Manchester United yo yageze muri 1/2 cya FA Cup.

Ni imwe mu mikino yabaye kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023, wari umwe mu minsi ikomeye muri ruhago y’Isi, kubera imikino yari iteganyijwe irimo uw’ishiraniro wahuje FC Barcelona na Real Madrid muri shampiyono yo muri Espagne.

Muri uyu mukino wabereye kuri sitade ya Spotify Camp Nou, Real Madrid yafunguye amazamu ku munota wa cyenda gusa, ubwo Vinicius Junior yateraga ishoti imbere y’izamu ariko myugariro wa FC Barcelona, Ronald Araujo yitsinda igitego.

Iminota 45’ y’igice cya mbere yarangiye Barça yishyuye igitego kimwe cyatsinzwe na Sergi Roberto, bajya kuruhuka banganya 1-1.

Indi minota 45’ y’igice cya kabiri yarangiye amakipe akinganya, ariko Barça iza kwerekana ko ishaka igikombe bubi na bwiza kuko mu minota y’inyongezo ari bwo yabonye igitego cy’itandukaniro cyatsinzwe na Franck Kessie, cyatumye sitade yose inyeganyega, ibintu bigahinduka.

Ibi byatumye Barça ikomeza kwanikira mucyeba wayo Real Madrid izamura ikinyuranyo cy’amanota ari hagati y’aya makipe, agera kuri 12.

 

Manchester United na yo yaraje neza abakunzi bayo

Ku rundi ruhande, ikipe ya Manchester United yatsinze Fulham biyiha amahirwe yo kwerekeza muri 1/2 cy’Irushanwa rwa FA Cup mu Gihugu cy’u Bwongereza.

Ni umukino utoroheye Ikipe ya Manchester United yari mu rugo dore Aleksandar Mitrovic yatsindiye igitego ikipe ya Fulham ku munota wa 50’, nyuma y’iminota 5 gusa amakipe yombi agarutse mu kibuga, ku buryo bwiza bwari buremwe na Issa Diop.

Eric Ten Hag, urimo kubaka ikipe ya Manchester United, yagaruye abakinnyi be mu mukino ubwo ku munota wa 75’, Bruno Fernandez ukomoka muri Portugal yaje kwishyura iki gitego binyuze kuri penaliti nyuma yuko abakinnyi barimo Aleksandar Mitrovic, Willian n’umutoza Marcos Sliva baje guhabwa amakarita atukura ndetse bose bagasohoka mu kibuga kubera imvururu zaranze uyu mukino.

Ibi byafashije Manchester United ndetse nta kosa bagomba gukora bityo nyuma y’iminota ibiri gusa, umukinnyi w’intizanyo Marcel Sabitzer waturutse muri Bayern Munich mu Budage yatsinze igitego cya kabiri ku mupira mwiza yari ahawe na Luke Shaw ukina inyuma.

Bruno Fernandez wari watsindiye Manchester United igitego cya mbere, yongeye kunyeganyeza incundura ku kazi gakomeye kari gakozwe na Fred ukina hagati mu kibuga, ndetse n’umukino uza kurangira Manchester United itsinze 3-1 cya Fulham.

Uko amakipe azahura mu Cyikiro gikurikira, Brighton vs Manchester United, Manchester City vs Sheffield United.

Imikino izabera kuri Wembley Stadium, sitade yakira abantu benshi mu Gihugu cy’u Bwongereza kugeza magingo aya.

Iyi mikino ya 1/2, kandi izakinwa ku wa 22 na 23 Mata 2023. Manchester United ubwo iheruka kuri Wembley Stadium yahatwariye igikombe cya Carabao Cup itsinze New Castle United bikuraho imyaka 7 yari imaze itazi uko igikombe gisa.

Muri sitade byari ibicika

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 2 =

Previous Post

Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

Next Post

Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.