Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Ruhago yo ku Mugabane w’u Burayi ikunzwe na benshi, kuri iki Cyumweru byari ibicika. FC Barcelona isa nk’iyamaze kwizera igikombe cya Shampiyora muri Espagne, yatsinze Real Madrid mu buryo bwatunguye benshi, ku rundi ruhande Manchester United yo yageze muri 1/2 cya FA Cup.

Ni imwe mu mikino yabaye kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023, wari umwe mu minsi ikomeye muri ruhago y’Isi, kubera imikino yari iteganyijwe irimo uw’ishiraniro wahuje FC Barcelona na Real Madrid muri shampiyono yo muri Espagne.

Muri uyu mukino wabereye kuri sitade ya Spotify Camp Nou, Real Madrid yafunguye amazamu ku munota wa cyenda gusa, ubwo Vinicius Junior yateraga ishoti imbere y’izamu ariko myugariro wa FC Barcelona, Ronald Araujo yitsinda igitego.

Iminota 45’ y’igice cya mbere yarangiye Barça yishyuye igitego kimwe cyatsinzwe na Sergi Roberto, bajya kuruhuka banganya 1-1.

Indi minota 45’ y’igice cya kabiri yarangiye amakipe akinganya, ariko Barça iza kwerekana ko ishaka igikombe bubi na bwiza kuko mu minota y’inyongezo ari bwo yabonye igitego cy’itandukaniro cyatsinzwe na Franck Kessie, cyatumye sitade yose inyeganyega, ibintu bigahinduka.

Ibi byatumye Barça ikomeza kwanikira mucyeba wayo Real Madrid izamura ikinyuranyo cy’amanota ari hagati y’aya makipe, agera kuri 12.

 

Manchester United na yo yaraje neza abakunzi bayo

Ku rundi ruhande, ikipe ya Manchester United yatsinze Fulham biyiha amahirwe yo kwerekeza muri 1/2 cy’Irushanwa rwa FA Cup mu Gihugu cy’u Bwongereza.

Ni umukino utoroheye Ikipe ya Manchester United yari mu rugo dore Aleksandar Mitrovic yatsindiye igitego ikipe ya Fulham ku munota wa 50’, nyuma y’iminota 5 gusa amakipe yombi agarutse mu kibuga, ku buryo bwiza bwari buremwe na Issa Diop.

Eric Ten Hag, urimo kubaka ikipe ya Manchester United, yagaruye abakinnyi be mu mukino ubwo ku munota wa 75’, Bruno Fernandez ukomoka muri Portugal yaje kwishyura iki gitego binyuze kuri penaliti nyuma yuko abakinnyi barimo Aleksandar Mitrovic, Willian n’umutoza Marcos Sliva baje guhabwa amakarita atukura ndetse bose bagasohoka mu kibuga kubera imvururu zaranze uyu mukino.

Ibi byafashije Manchester United ndetse nta kosa bagomba gukora bityo nyuma y’iminota ibiri gusa, umukinnyi w’intizanyo Marcel Sabitzer waturutse muri Bayern Munich mu Budage yatsinze igitego cya kabiri ku mupira mwiza yari ahawe na Luke Shaw ukina inyuma.

Bruno Fernandez wari watsindiye Manchester United igitego cya mbere, yongeye kunyeganyeza incundura ku kazi gakomeye kari gakozwe na Fred ukina hagati mu kibuga, ndetse n’umukino uza kurangira Manchester United itsinze 3-1 cya Fulham.

Uko amakipe azahura mu Cyikiro gikurikira, Brighton vs Manchester United, Manchester City vs Sheffield United.

Imikino izabera kuri Wembley Stadium, sitade yakira abantu benshi mu Gihugu cy’u Bwongereza kugeza magingo aya.

Iyi mikino ya 1/2, kandi izakinwa ku wa 22 na 23 Mata 2023. Manchester United ubwo iheruka kuri Wembley Stadium yahatwariye igikombe cya Carabao Cup itsinze New Castle United bikuraho imyaka 7 yari imaze itazi uko igikombe gisa.

Muri sitade byari ibicika

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eleven =

Previous Post

Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

Next Post

Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.