Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunsi utazibagirana muri ruhago: Barça yakoze ibitangaza, ManUnited yongera kwandika amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Ruhago yo ku Mugabane w’u Burayi ikunzwe na benshi, kuri iki Cyumweru byari ibicika. FC Barcelona isa nk’iyamaze kwizera igikombe cya Shampiyora muri Espagne, yatsinze Real Madrid mu buryo bwatunguye benshi, ku rundi ruhande Manchester United yo yageze muri 1/2 cya FA Cup.

Ni imwe mu mikino yabaye kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023, wari umwe mu minsi ikomeye muri ruhago y’Isi, kubera imikino yari iteganyijwe irimo uw’ishiraniro wahuje FC Barcelona na Real Madrid muri shampiyono yo muri Espagne.

Muri uyu mukino wabereye kuri sitade ya Spotify Camp Nou, Real Madrid yafunguye amazamu ku munota wa cyenda gusa, ubwo Vinicius Junior yateraga ishoti imbere y’izamu ariko myugariro wa FC Barcelona, Ronald Araujo yitsinda igitego.

Iminota 45’ y’igice cya mbere yarangiye Barça yishyuye igitego kimwe cyatsinzwe na Sergi Roberto, bajya kuruhuka banganya 1-1.

Indi minota 45’ y’igice cya kabiri yarangiye amakipe akinganya, ariko Barça iza kwerekana ko ishaka igikombe bubi na bwiza kuko mu minota y’inyongezo ari bwo yabonye igitego cy’itandukaniro cyatsinzwe na Franck Kessie, cyatumye sitade yose inyeganyega, ibintu bigahinduka.

Ibi byatumye Barça ikomeza kwanikira mucyeba wayo Real Madrid izamura ikinyuranyo cy’amanota ari hagati y’aya makipe, agera kuri 12.

 

Manchester United na yo yaraje neza abakunzi bayo

Ku rundi ruhande, ikipe ya Manchester United yatsinze Fulham biyiha amahirwe yo kwerekeza muri 1/2 cy’Irushanwa rwa FA Cup mu Gihugu cy’u Bwongereza.

Ni umukino utoroheye Ikipe ya Manchester United yari mu rugo dore Aleksandar Mitrovic yatsindiye igitego ikipe ya Fulham ku munota wa 50’, nyuma y’iminota 5 gusa amakipe yombi agarutse mu kibuga, ku buryo bwiza bwari buremwe na Issa Diop.

Eric Ten Hag, urimo kubaka ikipe ya Manchester United, yagaruye abakinnyi be mu mukino ubwo ku munota wa 75’, Bruno Fernandez ukomoka muri Portugal yaje kwishyura iki gitego binyuze kuri penaliti nyuma yuko abakinnyi barimo Aleksandar Mitrovic, Willian n’umutoza Marcos Sliva baje guhabwa amakarita atukura ndetse bose bagasohoka mu kibuga kubera imvururu zaranze uyu mukino.

Ibi byafashije Manchester United ndetse nta kosa bagomba gukora bityo nyuma y’iminota ibiri gusa, umukinnyi w’intizanyo Marcel Sabitzer waturutse muri Bayern Munich mu Budage yatsinze igitego cya kabiri ku mupira mwiza yari ahawe na Luke Shaw ukina inyuma.

Bruno Fernandez wari watsindiye Manchester United igitego cya mbere, yongeye kunyeganyeza incundura ku kazi gakomeye kari gakozwe na Fred ukina hagati mu kibuga, ndetse n’umukino uza kurangira Manchester United itsinze 3-1 cya Fulham.

Uko amakipe azahura mu Cyikiro gikurikira, Brighton vs Manchester United, Manchester City vs Sheffield United.

Imikino izabera kuri Wembley Stadium, sitade yakira abantu benshi mu Gihugu cy’u Bwongereza kugeza magingo aya.

Iyi mikino ya 1/2, kandi izakinwa ku wa 22 na 23 Mata 2023. Manchester United ubwo iheruka kuri Wembley Stadium yahatwariye igikombe cya Carabao Cup itsinze New Castle United bikuraho imyaka 7 yari imaze itazi uko igikombe gisa.

Muri sitade byari ibicika

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Putin nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata yakoze igikorwa gitunguranye kigaragaza ko atabifiye ubwoba

Next Post

Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo ibirimo intwaro zikomeye
AMAHANGA

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo ibirimo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Umuyobozi ukomeye muri Afurika yagaragaje isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo ibirimo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.