Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi ubirambyemo mu Rwanda yavuze ku ngingo ikunze kuzamura impaka mu myidagaduro

radiotv10by radiotv10
27/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakurukazi ubirambyemo mu Rwanda yavuze ku ngingo ikunze kuzamura impaka mu myidagaduro
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakurukazi Sandrine Isheja uri mu bamaze igihe mu mwuga by’umwihariko mu itangazamakuru ry’imyidagaduro, yagize icyo avuga ku ihangana n’ihanganisha rikunze kuvugwa hagati y’abahanzi, avuga ko abona ridakwiye kuko atari ryo rizamura muzika.

Ni mu kiganiro cyihariye Sandrine Isheja yagiranye na RADIOTV10, cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo n’ibimaze iminsi byumvikana mu myidagaduro yo mu Rwanda, by’ihanganisha hagati y’abahanzi.

Sandrine Isheja wakoze ibiganiro binyuranye by’imyidagaduro byakunzwe na benshi, yavuze ko ihangana rizwi nka ‘beef’ atari ryo rituma abahanzi bazamuka, ndetse ko atari na ngombwa, kuko ntacyo ryongerera umuziki nyarwanda.

Yagize ati “Igikwiye ni ugushyira hamwe. Reba nk’ubu u Rwanda rwakiriye ibihembo bya Trace Awards, mu babitwaye Abanya-Nigeria ni bo benshi, twagakwiye kubigiraho aho guhora duhangana.”

 

Umunyamakuru n’umuhanzi, ni nk’izuba n’imvura

Sandrine Isheja kandi yagarutse ku isano iri hagati y’abahanzi n’abanyamakuru b’imyidagaduro, avuga ko izi mpande zombi zuzuzanya kuko zinakenerana.

Ati “Umuhanzi akenera itangazamakuru kugira ngo ibikorwa bye bimenyekane, ariko kandi n’itangazamakuru rikenera Indirimbo za wa muhanzi kugira ngo rikore neza.”

Yitanzeho urugero ku biganiro akora, ati “Njye ibiganiro byanjye n’imyidagaduro, ibaze ntakina umuziki [ahita aseka] ntiwavuga umunsi wose udakinnye indirimbo cyangwa ngo ufate akaruhuko, bityo rero bombi barakeneranye nk’uko umuntu ataba mu zuba gusa, amapfa yamwica cyangwa ngo imvura ihore igwa ibihingwa ntibyakura kuko bikenera n’izuba.” 

Sandrine Isheja ari mu banyamakuru bagize uruhare mu musingi w’iterambere ry’umuziki nyarwanda ugezweho, aho yinjiye muri uyu mwuga akora ibiganiro by’imyidagaduro byagize uruhare mu kuzamura umuziki ugezweho.

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eighteen =

Previous Post

Gen (Rtd) Kabarebe yatangaje umubare w’Abanyarwanda bagaruriwe nzira bagiye gucuruzwa biganjemo abakobwa

Next Post

Menya icyatumye umuhanzikazi Rihanna yandikwa mu banyaduhigo b’Isi

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyatumye umuhanzikazi Rihanna yandikwa mu banyaduhigo b’Isi

Menya icyatumye umuhanzikazi Rihanna yandikwa mu banyaduhigo b'Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.