Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana bivugwa ko yabuze amahirwe yo kwiga umupira mu irerero ry’ikipe ya Bayern Munich kandi yari yatoranyijwe, bikazamura impaka mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda n’abandi basanzwe, yatangiye gufungurirwa imiryango yo kuzabasha gukuza impano ye no gukabya inzozi ze.

Uyu mwana witwa Iranzi Cedric ubana na mushiki we mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, amaze iminsi agaragara mu itangazamakuru, avuga ko yarenganyijwe kuko yari yatsindiye kwinjira muri Academy ya Bayern Munich, ariko akimwa ayo mahirwe.

Mu kiganiro yagiranye na Radio imwe mu Rwanda mu kiganiro cya Siporo, Cedric yavuze ko yari mu bana 50 bari batoranyijwe kujya muri iyi Academy, ariko ku munsi wo guhamagarwa, we ntiyahamagarwa.

Yagize ati “Nagiye kuri FERWAFA kubaza uko byagenze, barambwira ngo ‘Genda ubwo ni uko bimeze’. Nasubiyeyo inshuro ya kabiri mpura n’umugore ushinzwe abana, ambwira ko nanditse kabiri muri NIDA”

Uyu mwana babwiraga ko yanditswe ko yavuze mu bihe bibiri bitandukanye [muri 2009 na 2011], avuga ko yanagiye ku Biro by’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe irangamuntu, bakamubwira ko yavutse muri 2011.

Cedric avuga yababajwe cyane no kuba yaravukijwe aya mahirwe yari yagize kandi ari yo yabonagamo inzira yari kuzamugeza ku gukabya inzozi ze, yageze hagati ararira.

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yahise yemerera uyu mwana kuzamufasha agakuza impano ye.

KNC yari yagize ati “Uwo mwana numvise ambabaje […] Ntatekereze ko ubuzima burangiriye aho, bitewe n’ahantu anyuze ashobora kuzahinyuza amateka mabi anyuzemo.”

KNC kandi wari wavuze ko uyu mwana natakirwa azamushyira mu ishuri rya APAER bakanakurikirana impano ye, ubu yamaze no kwakirwa muri Gasogi United, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe kuri uyu wa Gatatu.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto, Ubuyobozi bwa Gasogi United bwagize buti “Perezida wa Gasogi United KNC yakiriye Iranzi Cedric, amuha ibikoresho by’ibanze by’imyotozo. Yakiriwe muri Gasogi kandi n’Umutoza mukuru w’abanyezamu Jean Claude Maniraguha ndetse n’uhagarariye Sport muri APAER, Khan Uwineza. Uyu mwana yahise anjya ku ishuri.”

Bamwe mu bakomeje gutanga ibitekerezo ku nkuru y’uyu mwana, bavuga ko niba ibyo avuga byarabayeho, ari ibyo kugawa, ndetse ko bitumvikana kuba inzego zagakwiye kuba zibitangaho umucyo zikomeje kuruca zikarumira.

KNC yamuhaye ibikoresho

RADIOTV10

Comments 2

  1. kabasele ya mpanya says:
    2 years ago

    Abavandimwe mwafashije uyu mwana Imana ibakomereze uwo mutima mwiza! Kurengana ukabona umuntu ukurenganura nayo ni impano Nyagasani yihera ba nyirumugisha. Burya amahirwe si ukujya gukina za betting cg urusimbi.

    Reply
  2. Yves TULIKUBWIMANA says:
    2 years ago

    Ubwose ko mutahaye Fine fm credit

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + thirteen =

Previous Post

Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

Next Post

Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Related Posts

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

IZIHERUKA

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara
MU RWANDA

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why saving money matters: The power of saving for your future

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.