Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana bivugwa ko yabuze amahirwe yo kwiga umupira mu irerero ry’ikipe ya Bayern Munich kandi yari yatoranyijwe, bikazamura impaka mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda n’abandi basanzwe, yatangiye gufungurirwa imiryango yo kuzabasha gukuza impano ye no gukabya inzozi ze.

Uyu mwana witwa Iranzi Cedric ubana na mushiki we mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, amaze iminsi agaragara mu itangazamakuru, avuga ko yarenganyijwe kuko yari yatsindiye kwinjira muri Academy ya Bayern Munich, ariko akimwa ayo mahirwe.

Mu kiganiro yagiranye na Radio imwe mu Rwanda mu kiganiro cya Siporo, Cedric yavuze ko yari mu bana 50 bari batoranyijwe kujya muri iyi Academy, ariko ku munsi wo guhamagarwa, we ntiyahamagarwa.

Yagize ati “Nagiye kuri FERWAFA kubaza uko byagenze, barambwira ngo ‘Genda ubwo ni uko bimeze’. Nasubiyeyo inshuro ya kabiri mpura n’umugore ushinzwe abana, ambwira ko nanditse kabiri muri NIDA”

Uyu mwana babwiraga ko yanditswe ko yavuze mu bihe bibiri bitandukanye [muri 2009 na 2011], avuga ko yanagiye ku Biro by’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe irangamuntu, bakamubwira ko yavutse muri 2011.

Cedric avuga yababajwe cyane no kuba yaravukijwe aya mahirwe yari yagize kandi ari yo yabonagamo inzira yari kuzamugeza ku gukabya inzozi ze, yageze hagati ararira.

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yahise yemerera uyu mwana kuzamufasha agakuza impano ye.

KNC yari yagize ati “Uwo mwana numvise ambabaje […] Ntatekereze ko ubuzima burangiriye aho, bitewe n’ahantu anyuze ashobora kuzahinyuza amateka mabi anyuzemo.”

KNC kandi wari wavuze ko uyu mwana natakirwa azamushyira mu ishuri rya APAER bakanakurikirana impano ye, ubu yamaze no kwakirwa muri Gasogi United, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe kuri uyu wa Gatatu.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto, Ubuyobozi bwa Gasogi United bwagize buti “Perezida wa Gasogi United KNC yakiriye Iranzi Cedric, amuha ibikoresho by’ibanze by’imyotozo. Yakiriwe muri Gasogi kandi n’Umutoza mukuru w’abanyezamu Jean Claude Maniraguha ndetse n’uhagarariye Sport muri APAER, Khan Uwineza. Uyu mwana yahise anjya ku ishuri.”

Bamwe mu bakomeje gutanga ibitekerezo ku nkuru y’uyu mwana, bavuga ko niba ibyo avuga byarabayeho, ari ibyo kugawa, ndetse ko bitumvikana kuba inzego zagakwiye kuba zibitangaho umucyo zikomeje kuruca zikarumira.

KNC yamuhaye ibikoresho

RADIOTV10

Comments 2

  1. kabasele ya mpanya says:
    2 years ago

    Abavandimwe mwafashije uyu mwana Imana ibakomereze uwo mutima mwiza! Kurengana ukabona umuntu ukurenganura nayo ni impano Nyagasani yihera ba nyirumugisha. Burya amahirwe si ukujya gukina za betting cg urusimbi.

    Reply
  2. Yves TULIKUBWIMANA says:
    2 years ago

    Ubwose ko mutahaye Fine fm credit

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − six =

Previous Post

Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

Next Post

Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.