Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana bivugwa ko yabuze amahirwe yo kwiga umupira mu irerero ry’ikipe ya Bayern Munich kandi yari yatoranyijwe, bikazamura impaka mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda n’abandi basanzwe, yatangiye gufungurirwa imiryango yo kuzabasha gukuza impano ye no gukabya inzozi ze.

Uyu mwana witwa Iranzi Cedric ubana na mushiki we mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, amaze iminsi agaragara mu itangazamakuru, avuga ko yarenganyijwe kuko yari yatsindiye kwinjira muri Academy ya Bayern Munich, ariko akimwa ayo mahirwe.

Mu kiganiro yagiranye na Radio imwe mu Rwanda mu kiganiro cya Siporo, Cedric yavuze ko yari mu bana 50 bari batoranyijwe kujya muri iyi Academy, ariko ku munsi wo guhamagarwa, we ntiyahamagarwa.

Yagize ati “Nagiye kuri FERWAFA kubaza uko byagenze, barambwira ngo ‘Genda ubwo ni uko bimeze’. Nasubiyeyo inshuro ya kabiri mpura n’umugore ushinzwe abana, ambwira ko nanditse kabiri muri NIDA”

Uyu mwana babwiraga ko yanditswe ko yavuze mu bihe bibiri bitandukanye [muri 2009 na 2011], avuga ko yanagiye ku Biro by’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe irangamuntu, bakamubwira ko yavutse muri 2011.

Cedric avuga yababajwe cyane no kuba yaravukijwe aya mahirwe yari yagize kandi ari yo yabonagamo inzira yari kuzamugeza ku gukabya inzozi ze, yageze hagati ararira.

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yahise yemerera uyu mwana kuzamufasha agakuza impano ye.

KNC yari yagize ati “Uwo mwana numvise ambabaje […] Ntatekereze ko ubuzima burangiriye aho, bitewe n’ahantu anyuze ashobora kuzahinyuza amateka mabi anyuzemo.”

KNC kandi wari wavuze ko uyu mwana natakirwa azamushyira mu ishuri rya APAER bakanakurikirana impano ye, ubu yamaze no kwakirwa muri Gasogi United, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe kuri uyu wa Gatatu.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto, Ubuyobozi bwa Gasogi United bwagize buti “Perezida wa Gasogi United KNC yakiriye Iranzi Cedric, amuha ibikoresho by’ibanze by’imyotozo. Yakiriwe muri Gasogi kandi n’Umutoza mukuru w’abanyezamu Jean Claude Maniraguha ndetse n’uhagarariye Sport muri APAER, Khan Uwineza. Uyu mwana yahise anjya ku ishuri.”

Bamwe mu bakomeje gutanga ibitekerezo ku nkuru y’uyu mwana, bavuga ko niba ibyo avuga byarabayeho, ari ibyo kugawa, ndetse ko bitumvikana kuba inzego zagakwiye kuba zibitangaho umucyo zikomeje kuruca zikarumira.

KNC yamuhaye ibikoresho

RADIOTV10

Comments 2

  1. kabasele ya mpanya says:
    2 years ago

    Abavandimwe mwafashije uyu mwana Imana ibakomereze uwo mutima mwiza! Kurengana ukabona umuntu ukurenganura nayo ni impano Nyagasani yihera ba nyirumugisha. Burya amahirwe si ukujya gukina za betting cg urusimbi.

    Reply
  2. Yves TULIKUBWIMANA says:
    2 years ago

    Ubwose ko mutahaye Fine fm credit

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 12 =

Previous Post

Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

Next Post

Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Ukekwaho gukora ibitemewe yakoreye Abapolisi amayeri adasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.