Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in IMYIDAGADURO
0
Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu, yavuze ubuzima bugoye yanyuzemo burimo kuba umwe mu babyeyi be yarabihakanye, ku buryo yakuze yumva nta muntu wamugaragariza urukundo, none akaba ashimishwa no kubona ahagarara imbere y’imbaga igaseka kubera we, ikanamwereka ko imwishimiye.

Kadudu ni umwe mu bakobwa bacye bamenyekaniye muri Gen Z Comedy nk’igitaramo cy’urwenya kimaze kwigarurira imitima ya benshi.

Uyu munyarwenya avuga ko kubera ubuzima yakuriyemo atizeraga ko hari uwamukunda kuko yakuranye agahinda katewe n’ibibazo yanyuzemo byaturutse kuri se.

Ati “Papa yaratubyaye aratwihakana avuga ko tutari abe, dukura turerwa no kwa sogokuru badafite ubushobozi. Ku ishuri rero kuri ibyo bikoresho byatangwaga na Jeanette nasabaga ababihawe bakampaho kugera ku twenda tw’imbere.”

Uyu munyarwenya avuga kandi ko hari amagambo yakuze abwirwa n’abaturanyi, yamucaga intege, agatuma arushaho kwiheba.

Ati “Njyewe na barumuna banjye hari umuntu wigeze kutubwira ngo ‘ubundi abana banzwe na se ni inde wabakunda?’ Yatumye niheba numva ko nta muntu ushobora kunkunda.”

Gusa ngo aho aziye muri ibi bitaramo byo gusetsa abantu, ndetse yagera imbere y’ababyitabiriye, agatera urwenya akabona abantu baraseka, byatumye yiyakira, kuko yabonaga ko afite abantu benshi bamukunze.

Uyu munyarwenya ashimira Madamu Jeannette Kagame, ndetse ko yumva anyotewe no kuzamubona yitabiriye ibi bitaramo, kuko asanzwe amufatiraho urugero.

Ati “Mba numva nakwicara ahantu First Lady ari kuganira, mba mbona agira umutima mwiza kuba ashyigikira abakobwa mu mashuri akanabaha ibikoresho mba numva namusaba kubikomeza cyane cyane mu byaro.”

Anamushimira ko ibikoresho yageneraga abanyeshuri, na we byamufashije kwiga, kuko ababaga babibonye bamuhagaho, na we akabasha gukomeza amasomo.

Ubu ni umwe mu banyarwenya bakunzwe mu Rwanda

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 12 =

Previous Post

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Next Post

Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Related Posts

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Kigali: Umuturage akurikiranyweho gukubitisha imbago ukora mu butabera amusanze ku kazi ke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.