Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Ronaldo de Assis Moreira, wamenyekanye nka Ronaldinho Gaúcho, umwe mu beza Isi ya ruhago yagize, ubu wahagaritse gukina kinyamwuga, yatangiye kurarika abantu kuzakurikirana Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho muri ruhago kizabera mu Rwanda umwaka utaha.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Ronaldinho yagaragaje ko iki Gikombe cy’Isi cyegereje, kandi ko abantu bakwiye gutangira kwitegura, anabasaba gutangira kugura amatike yo kuzinjira mu mikino.

Uyu munyabigwi wakiniye amakipe akomeye ku Isi, mu butumwa buherekejwe n’amashusho ya bimwe mu bikorwa bye nk’imikino yagiye atsindamo ibitego, yagize ati “Tuzahurire mu Rwanda kuva tariki 01 kugeza ku ya 10 Nzeri 2023 mu gikombe cy’Isi cya Clubs.”

Uyu Munya-Brazil wakiniye amakipe arimo nka FC Barcelona yo muri Espagne, muri aya mashusho, anagaragaramo ashishikariza abantu gusura u Rwanda rutatswe n’ibyiza bisanzwe bikurura ba mukerarugendo.

Iki gikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho, kimaze iminsi kiri gutegurwa, kizitabirwa n’abanyabigwi muri ruhago barenga 150, bazakina mu makipe umunani.

Aya makipe umunani azakina iki Gikombe cy’Isi cy’abavetera, arimo atatu yo muri Afurika, mu gihe andi azaturuka mu Migabane nk’u Burayi, Asia na Oceania.

Hamaze kandi gutoranywa ba Kapiteni bazaba bayoboye aya makipe, barimo Umunyarwanda Jimmy Gatete uzaba ayoboye ikipe imwe mu zo muri Afurika.

Muri ba Kapiteni kandi, harimo Umufaransa Robert Pires wakiniye amakipe akomeye arimo Arsenal, Patrick M’Boma ukomoka muri Cameroon, Maicon Douglas wo muri Brazil, Wael Kamel Gomaa ukomoka mu Misiri.

Hari kandi Umunya-Espagne Gaizka Mendieta, Umunya-Canada Charmaine Elizabeth Hooper, na Tsuneyasu Miyamoto ukomoka mu Buyapani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 10 =

Previous Post

Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu

Next Post

Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Related Posts

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda...

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

IZIHERUKA

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we
MU RWANDA

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.