Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Ronaldo de Assis Moreira, wamenyekanye nka Ronaldinho Gaúcho, umwe mu beza Isi ya ruhago yagize, ubu wahagaritse gukina kinyamwuga, yatangiye kurarika abantu kuzakurikirana Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho muri ruhago kizabera mu Rwanda umwaka utaha.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Ronaldinho yagaragaje ko iki Gikombe cy’Isi cyegereje, kandi ko abantu bakwiye gutangira kwitegura, anabasaba gutangira kugura amatike yo kuzinjira mu mikino.

Uyu munyabigwi wakiniye amakipe akomeye ku Isi, mu butumwa buherekejwe n’amashusho ya bimwe mu bikorwa bye nk’imikino yagiye atsindamo ibitego, yagize ati “Tuzahurire mu Rwanda kuva tariki 01 kugeza ku ya 10 Nzeri 2023 mu gikombe cy’Isi cya Clubs.”

Uyu Munya-Brazil wakiniye amakipe arimo nka FC Barcelona yo muri Espagne, muri aya mashusho, anagaragaramo ashishikariza abantu gusura u Rwanda rutatswe n’ibyiza bisanzwe bikurura ba mukerarugendo.

Iki gikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho, kimaze iminsi kiri gutegurwa, kizitabirwa n’abanyabigwi muri ruhago barenga 150, bazakina mu makipe umunani.

Aya makipe umunani azakina iki Gikombe cy’Isi cy’abavetera, arimo atatu yo muri Afurika, mu gihe andi azaturuka mu Migabane nk’u Burayi, Asia na Oceania.

Hamaze kandi gutoranywa ba Kapiteni bazaba bayoboye aya makipe, barimo Umunyarwanda Jimmy Gatete uzaba ayoboye ikipe imwe mu zo muri Afurika.

Muri ba Kapiteni kandi, harimo Umufaransa Robert Pires wakiniye amakipe akomeye arimo Arsenal, Patrick M’Boma ukomoka muri Cameroon, Maicon Douglas wo muri Brazil, Wael Kamel Gomaa ukomoka mu Misiri.

Hari kandi Umunya-Espagne Gaizka Mendieta, Umunya-Canada Charmaine Elizabeth Hooper, na Tsuneyasu Miyamoto ukomoka mu Buyapani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu

Next Post

Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Related Posts

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

IZIHERUKA

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda
AMAHANGA

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.