Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Utazibagirana muri ruhago y’Isi yararikiye abantu kuzerekeza amaso mu Rwanda kubera ibihateganyijwe muri 2024
Share on FacebookShare on Twitter

Ronaldo de Assis Moreira, wamenyekanye nka Ronaldinho Gaúcho, umwe mu beza Isi ya ruhago yagize, ubu wahagaritse gukina kinyamwuga, yatangiye kurarika abantu kuzakurikirana Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho muri ruhago kizabera mu Rwanda umwaka utaha.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Ronaldinho yagaragaje ko iki Gikombe cy’Isi cyegereje, kandi ko abantu bakwiye gutangira kwitegura, anabasaba gutangira kugura amatike yo kuzinjira mu mikino.

Uyu munyabigwi wakiniye amakipe akomeye ku Isi, mu butumwa buherekejwe n’amashusho ya bimwe mu bikorwa bye nk’imikino yagiye atsindamo ibitego, yagize ati “Tuzahurire mu Rwanda kuva tariki 01 kugeza ku ya 10 Nzeri 2023 mu gikombe cy’Isi cya Clubs.”

Uyu Munya-Brazil wakiniye amakipe arimo nka FC Barcelona yo muri Espagne, muri aya mashusho, anagaragaramo ashishikariza abantu gusura u Rwanda rutatswe n’ibyiza bisanzwe bikurura ba mukerarugendo.

Iki gikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho, kimaze iminsi kiri gutegurwa, kizitabirwa n’abanyabigwi muri ruhago barenga 150, bazakina mu makipe umunani.

Aya makipe umunani azakina iki Gikombe cy’Isi cy’abavetera, arimo atatu yo muri Afurika, mu gihe andi azaturuka mu Migabane nk’u Burayi, Asia na Oceania.

Hamaze kandi gutoranywa ba Kapiteni bazaba bayoboye aya makipe, barimo Umunyarwanda Jimmy Gatete uzaba ayoboye ikipe imwe mu zo muri Afurika.

Muri ba Kapiteni kandi, harimo Umufaransa Robert Pires wakiniye amakipe akomeye arimo Arsenal, Patrick M’Boma ukomoka muri Cameroon, Maicon Douglas wo muri Brazil, Wael Kamel Gomaa ukomoka mu Misiri.

Hari kandi Umunya-Espagne Gaizka Mendieta, Umunya-Canada Charmaine Elizabeth Hooper, na Tsuneyasu Miyamoto ukomoka mu Buyapani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − one =

Previous Post

Ubuvuzi bw’u Rwanda bwateye intambwe ikomeye izaniye amahirwe bamwe bumvaga ko bahumye burundu

Next Post

Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Abasirikare ba RDF b’umutwe wihariye bagaragaje imyitozo idasanzwe yo kurwana urugamba hose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.