Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe
Share on FacebookShare on Twitter

Myugariro Rwigema Yves wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda arimo APR FC na Rayon Sports, yatangaje ko asezeye burundu gukina ruhago ku myaka 27 gusa y’amavuko.

Uyu musore watangiriye umupira w’amaguru mu ishuri ryigisha umupira w’amaguru rya APR FC, yarivuyemo yerekeza ku Mugabane w’u Burayi muri Espagne ajyanye na bagenzi be Nkinzingabo Fiston ndetse na Neza Anderson, bose bari bagiye kwiga umupira mu irerero rya FC Valencia.

Nyuma y’umwaka umwe, bagarutse mu Rwanda mu buryo butavuzweho rumwe, aho byavugwaga ko bagaruwe mu Gihugu kandi bari bamaze kubona amakipe abarambagiza.

Bivugwa ko bose ibi byabagize ingaruka mu rugendo rwa ruhago yabo, kuko amahirwe babonaga imbere yabo yabaciye mu myanya y’intoki.

Ubwo aba basore bagarukaga mu Rwanda, Rwigema Yves yahise asubira muri APR FC, na yo ntiyitindamo kuko yahise yerecyeza muri Rayon Sports yatwaranye na yo igikombe cya Shampiyona ndetse n’Igikombe cy’Amahoro ubwo yatozwaga na Masudi Djuma.

Rwigema Yves yavuye muri Rayon yerekeza muri Miiloplast ndetse akaba yaranakiniye Marines FC na Gicumbi FC yaherukagamo.

Uyu musore utari ufite ikipe, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukwakira 2023, yatangaje ko asezeye ku mupira w’amaguru nyuma y’imyaka 12 awukina.

Yakiniye ikipe ya APR FC
Na Rayon Sports yarayikiniye

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 8 =

Previous Post

Uko mu Rwanda hagaragaye ubwoko bw’umutungo kamere ugezweho ku isoko

Next Post

Indirimbo z’intoranywa zidakwiye kubura kuri Playlist yawe muri ibi bihe

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indirimbo z’intoranywa zidakwiye kubura kuri Playlist yawe muri ibi bihe

Indirimbo z'intoranywa zidakwiye kubura kuri Playlist yawe muri ibi bihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.