Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Mu Rwanda hagiye gukinirwa irushanwa ryo mu karere ryari rimaze imyaka ritaba

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in SIPORO
0
Volleyball: Mu Rwanda hagiye gukinirwa irushanwa ryo mu karere ryari rimaze imyaka ritaba
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva tariki 06 kugeza ku ya 19 Ugushyingo, i Kigali mu Rwanda hazabera irushanwa rihuza amakipe abarizwa mu karere ka gatanu (CAVB ZONE V) nyuma y’imyaka ine ryarahagaze.

Iri rushanwa rizahuza amakipe y’imbere yitwaye neza, mu Bihugu byose bibarizwa mu gice cy’iburasirazuba cya Afurika (CAVB ZONE).

Mu ibaruwa ubuyobozi bwa CAVB ZONE V bwandikiye amashyirahamwe y’Ibihugu bibarizwa muri uyu Muryango, harimo ko kuri iyi nshuro iri rushanwa ubundi ryitabirwaga n’amakipe y’abagabo, hamaze kongerwamo n’abagore ku nshuro ya mbere kuva ryakwemezwa.

Nk’uko bigaragara muri ubu butumire bwashyikirijwe amashyirahamwe y’umukino wa volleyball yo muri aka karere ka gatanu, biteganyijwe ko hazabanza imikino y’abagore, aho igomba kuzatangira ku itariki 06 kugeza ku ya 13 Ugushyingo 2023.

Nyuma yo gusoza ku ruhande rw’abagore, hazahita hakurikiraho iy’abagabo yo izatangira tariki 12 ikageza ku ya 19 Ugushyingo 2023. Iyi mikino yose ikazabera mu nyubako y’imikino ya BK ARENA.

Nk’uko amabwiriza y’iri rushanwa abigena, Igihugu gishobora guhagararirwa n’ikipe irenze imwe bijyanye n’uko yitwaye imbere mu Gihugu.

Ubusanzwe akarere ka gatanu muri volleyball, kabarizwamo Ibihugu 12 byose hamwe.

Ubwo iri rushanwa riheruka kuba muri 2019, ryabere i Kigali mu Rwanda ryari ryitabiriwe n’amakipe 12, aturutse mu Bihugu 5 aribyo u Burundi, Uganda, Ethiopia, Tanzania n’u Rwanda, ryegukanwa n’ikipe ya Gisagara Volleyball Club, itsinze REG VC amaseti 3-1.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Rwamagana: Igisubizo bahawe ku kibahangayikishije gishobora kubaca intege kurushaho

Next Post

Seychelles: Uwifuza kuba Perezida akurikiranyweho ibyaha bitamenyerewe ku banyapolitiki

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Seychelles: Uwifuza kuba Perezida akurikiranyweho ibyaha bitamenyerewe ku banyapolitiki

Seychelles: Uwifuza kuba Perezida akurikiranyweho ibyaha bitamenyerewe ku banyapolitiki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.