• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Mu Rwanda hagiye gukinirwa irushanwa ryo mu karere ryari rimaze imyaka ritaba

radiotv10by radiotv10
04/10/2023
in SIPORO
0
Volleyball: Mu Rwanda hagiye gukinirwa irushanwa ryo mu karere ryari rimaze imyaka ritaba
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva tariki 06 kugeza ku ya 19 Ugushyingo, i Kigali mu Rwanda hazabera irushanwa rihuza amakipe abarizwa mu karere ka gatanu (CAVB ZONE V) nyuma y’imyaka ine ryarahagaze.

Iri rushanwa rizahuza amakipe y’imbere yitwaye neza, mu Bihugu byose bibarizwa mu gice cy’iburasirazuba cya Afurika (CAVB ZONE).

Mu ibaruwa ubuyobozi bwa CAVB ZONE V bwandikiye amashyirahamwe y’Ibihugu bibarizwa muri uyu Muryango, harimo ko kuri iyi nshuro iri rushanwa ubundi ryitabirwaga n’amakipe y’abagabo, hamaze kongerwamo n’abagore ku nshuro ya mbere kuva ryakwemezwa.

Nk’uko bigaragara muri ubu butumire bwashyikirijwe amashyirahamwe y’umukino wa volleyball yo muri aka karere ka gatanu, biteganyijwe ko hazabanza imikino y’abagore, aho igomba kuzatangira ku itariki 06 kugeza ku ya 13 Ugushyingo 2023.

Nyuma yo gusoza ku ruhande rw’abagore, hazahita hakurikiraho iy’abagabo yo izatangira tariki 12 ikageza ku ya 19 Ugushyingo 2023. Iyi mikino yose ikazabera mu nyubako y’imikino ya BK ARENA.

Nk’uko amabwiriza y’iri rushanwa abigena, Igihugu gishobora guhagararirwa n’ikipe irenze imwe bijyanye n’uko yitwaye imbere mu Gihugu.

Ubusanzwe akarere ka gatanu muri volleyball, kabarizwamo Ibihugu 12 byose hamwe.

Ubwo iri rushanwa riheruka kuba muri 2019, ryabere i Kigali mu Rwanda ryari ryitabiriwe n’amakipe 12, aturutse mu Bihugu 5 aribyo u Burundi, Uganda, Ethiopia, Tanzania n’u Rwanda, ryegukanwa n’ikipe ya Gisagara Volleyball Club, itsinze REG VC amaseti 3-1.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 16 =

Previous Post

Rwamagana: Igisubizo bahawe ku kibahangayikishije gishobora kubaca intege kurushaho

Next Post

Seychelles: Uwifuza kuba Perezida akurikiranyweho ibyaha bitamenyerewe ku banyapolitiki

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Seychelles: Uwifuza kuba Perezida akurikiranyweho ibyaha bitamenyerewe ku banyapolitiki

Seychelles: Uwifuza kuba Perezida akurikiranyweho ibyaha bitamenyerewe ku banyapolitiki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.