Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in IMYIDAGADURO
0
Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo muri Vietnam, yashoye akayabo ndetse n’umwanya munini kugira ngo akorere umwana we igifaru cyo mu biti [ntikirwana intambara, ni imodoka isanzwe], cyuzuye gitwaye ibihumbi 11 USD [Miliyoni 11 Frw].

Uyu mugabo witwa Truong Van Dao wo mu Ntara ya Bac Ninh yo mu Burasirazuba bw’umurwa mukru wa Hanoi, yagaragaye mu mashusho ari kumwe n’umwana we w’umuhungu w’imyaka itatu bari mu gifaru cy’ibiti yamukoreye.

Buri mpera y’icyumweru, Truong Van Dao yamaraga umwanya munini yicaye ari gutunganya iki gifaru yakoze agendeye ku kimodoka cy’Intambara cyakozwe n’Abafaransa kizwi nka EBR105.

Iyi modoka yakoze mu biti nubwo igaragara nk’igifaru inyuma ariko ntikoreshwa mu ntambara, gusa ngo ni uko yifuje kuyikora mu ishusho y’igifaru ikaba yaruzuye ifite Metero 2,8.

Truong Van Dao yabwiye ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko ntakindi yari agendereye uretse kwinezeza we n’umuhungu we.

Ati “Njye n’umuhungu wanjye biba bisekeje kutubona tugenda mu gifaru uretse ko ntacyo tugamije kuyikoresha nk’itwaro yo mu ntambara.”

Uyu mugabo w’imyaka 31 y’amavuko, avuga ko iyi modoka igaragara nk’igifaru, ayifata nk’imodoka isanzwe uretse kuba yarifuje ko iba agatangaza.

Iyi modoka yakoze yifashishije ibindi bice by’imodoka yashaje, byamutwaye amezi atatu kugira ngo ayirangize.

Imbere ni imodoka isanzwe kuko ijyamo ibikomoka kuri peteroli bisanzwe ndetse ikaba ifite aho bahindurira vitesi nk’izindi zose.

Yavuze ko igice cyamugoye cyane gukora ari amaringi y’amapine abasha guhura neza n’imiterere y’iyi modoka.

Dao ubu yamaze kujya mu banyaduhigo nyuma yo gukora iki gifaru cyo mu biti gishobora kugenda ku muvuduko w’ibirometero 25 ku isaha.

Ibifaru bya nyabyo bifite imiterere nk’iy’iyi modoka ya Dao, ifite amateka akomeye muri Vietnam kuko biri mu byahitanye benshi ntambara z’imvururu zahuzaga u Bufaranda, Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bushinwa.

Dao yavuze ko iyi modoka ye yayikoze mu rwego rwo kwerekana ko intambara zikwiye guhagaraga ahubwo ingengo y’imari izitikiriramo igakoreshwa ibindi byiza.

Yagize ati “Iyaba ibifaru byose byo ku Isi byabaga bimeze nk’iki cyanjye, ntakibi cyabaho.”

 

Yakoze iki gifaru mu buryo bwo kwinezeza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Next Post

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.