• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in IMYIDAGADURO
0
Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo muri Vietnam, yashoye akayabo ndetse n’umwanya munini kugira ngo akorere umwana we igifaru cyo mu biti [ntikirwana intambara, ni imodoka isanzwe], cyuzuye gitwaye ibihumbi 11 USD [Miliyoni 11 Frw].

Uyu mugabo witwa Truong Van Dao wo mu Ntara ya Bac Ninh yo mu Burasirazuba bw’umurwa mukru wa Hanoi, yagaragaye mu mashusho ari kumwe n’umwana we w’umuhungu w’imyaka itatu bari mu gifaru cy’ibiti yamukoreye.

Buri mpera y’icyumweru, Truong Van Dao yamaraga umwanya munini yicaye ari gutunganya iki gifaru yakoze agendeye ku kimodoka cy’Intambara cyakozwe n’Abafaransa kizwi nka EBR105.

Iyi modoka yakoze mu biti nubwo igaragara nk’igifaru inyuma ariko ntikoreshwa mu ntambara, gusa ngo ni uko yifuje kuyikora mu ishusho y’igifaru ikaba yaruzuye ifite Metero 2,8.

Truong Van Dao yabwiye ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko ntakindi yari agendereye uretse kwinezeza we n’umuhungu we.

Ati “Njye n’umuhungu wanjye biba bisekeje kutubona tugenda mu gifaru uretse ko ntacyo tugamije kuyikoresha nk’itwaro yo mu ntambara.”

Uyu mugabo w’imyaka 31 y’amavuko, avuga ko iyi modoka igaragara nk’igifaru, ayifata nk’imodoka isanzwe uretse kuba yarifuje ko iba agatangaza.

Iyi modoka yakoze yifashishije ibindi bice by’imodoka yashaje, byamutwaye amezi atatu kugira ngo ayirangize.

Imbere ni imodoka isanzwe kuko ijyamo ibikomoka kuri peteroli bisanzwe ndetse ikaba ifite aho bahindurira vitesi nk’izindi zose.

Yavuze ko igice cyamugoye cyane gukora ari amaringi y’amapine abasha guhura neza n’imiterere y’iyi modoka.

Dao ubu yamaze kujya mu banyaduhigo nyuma yo gukora iki gifaru cyo mu biti gishobora kugenda ku muvuduko w’ibirometero 25 ku isaha.

Ibifaru bya nyabyo bifite imiterere nk’iy’iyi modoka ya Dao, ifite amateka akomeye muri Vietnam kuko biri mu byahitanye benshi ntambara z’imvururu zahuzaga u Bufaranda, Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bushinwa.

Dao yavuze ko iyi modoka ye yayikoze mu rwego rwo kwerekana ko intambara zikwiye guhagaraga ahubwo ingengo y’imari izitikiriramo igakoreshwa ibindi byiza.

Yagize ati “Iyaba ibifaru byose byo ku Isi byabaga bimeze nk’iki cyanjye, ntakibi cyabaho.”

 

Yakoze iki gifaru mu buryo bwo kwinezeza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Next Post

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.