Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in IMYIDAGADURO
0
Yakoreye umwana we igifaru cyo mu biti cyamutwaye Miliyoni 11Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo muri Vietnam, yashoye akayabo ndetse n’umwanya munini kugira ngo akorere umwana we igifaru cyo mu biti [ntikirwana intambara, ni imodoka isanzwe], cyuzuye gitwaye ibihumbi 11 USD [Miliyoni 11 Frw].

Uyu mugabo witwa Truong Van Dao wo mu Ntara ya Bac Ninh yo mu Burasirazuba bw’umurwa mukru wa Hanoi, yagaragaye mu mashusho ari kumwe n’umwana we w’umuhungu w’imyaka itatu bari mu gifaru cy’ibiti yamukoreye.

Buri mpera y’icyumweru, Truong Van Dao yamaraga umwanya munini yicaye ari gutunganya iki gifaru yakoze agendeye ku kimodoka cy’Intambara cyakozwe n’Abafaransa kizwi nka EBR105.

Iyi modoka yakoze mu biti nubwo igaragara nk’igifaru inyuma ariko ntikoreshwa mu ntambara, gusa ngo ni uko yifuje kuyikora mu ishusho y’igifaru ikaba yaruzuye ifite Metero 2,8.

Truong Van Dao yabwiye ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko ntakindi yari agendereye uretse kwinezeza we n’umuhungu we.

Ati “Njye n’umuhungu wanjye biba bisekeje kutubona tugenda mu gifaru uretse ko ntacyo tugamije kuyikoresha nk’itwaro yo mu ntambara.”

Uyu mugabo w’imyaka 31 y’amavuko, avuga ko iyi modoka igaragara nk’igifaru, ayifata nk’imodoka isanzwe uretse kuba yarifuje ko iba agatangaza.

Iyi modoka yakoze yifashishije ibindi bice by’imodoka yashaje, byamutwaye amezi atatu kugira ngo ayirangize.

Imbere ni imodoka isanzwe kuko ijyamo ibikomoka kuri peteroli bisanzwe ndetse ikaba ifite aho bahindurira vitesi nk’izindi zose.

Yavuze ko igice cyamugoye cyane gukora ari amaringi y’amapine abasha guhura neza n’imiterere y’iyi modoka.

Dao ubu yamaze kujya mu banyaduhigo nyuma yo gukora iki gifaru cyo mu biti gishobora kugenda ku muvuduko w’ibirometero 25 ku isaha.

Ibifaru bya nyabyo bifite imiterere nk’iy’iyi modoka ya Dao, ifite amateka akomeye muri Vietnam kuko biri mu byahitanye benshi ntambara z’imvururu zahuzaga u Bufaranda, Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bushinwa.

Dao yavuze ko iyi modoka ye yayikoze mu rwego rwo kwerekana ko intambara zikwiye guhagaraga ahubwo ingengo y’imari izitikiriramo igakoreshwa ibindi byiza.

Yagize ati “Iyaba ibifaru byose byo ku Isi byabaga bimeze nk’iki cyanjye, ntakibi cyabaho.”

 

Yakoze iki gifaru mu buryo bwo kwinezeza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Next Post

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwanyomoje amakuru ashinja RDF kuba inyuma y’abagabye ibitero muri DRC

Ntabwo ingabo z’u Rwanda zasa kuriya- Guv.Habitegeko avuga ku bitiriwe Abasirikare ba RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.