Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamideri uzwi mu Rwanda n’umugabo we w’Umunya-Israel bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamideli usanzwe ari n’umushoramari, Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model, n’umugabo we Shaul Hatzir; bahishuye uko urukundo rwabo rwatangiye, n’uburyo umwe yabonye undi akamubenguka, kuva ubwo bakinjira mu rukundo rwaje kubabanisha bakaba bamaranye imyaka itandatu babana nk’umugore n’umugabo.

Isimbi Model n’umugabo we Shaul Hatzir ukomoka muri Israel, bamaze imyaka itatu basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo, dore ko basezeranye imbere y’amategeko muri 2021, bagasezerana mu itorere muri Gashyantare 2022.

Ubukwe bwa Isimbi Model n’umugabo we Shaul Hatzir bwabereye mu Rwanda nyuma y’imyaka ine bari bamaze bamenyanye, ndetse bakinjira mu munyenga w’urukundo.

Mu kiganiro batanze kuri YouTube Channel ya Isimbi ubwo basubizaga ibibazo babajijwe n’ababakurikira, bagarutse ku rugendo rw’urukundo rwabo rwatangiye muri 2018, ubwo bamenyaniraga muri Hoteli ya Radisson Blu ari na ho habereye ubukwe bwabo.

Shaul Hatzir wavugaga akubita agatwenge k’uburyo bamenyanye, yagize ati “Hari muri 2018 tariki 15 Mutarama, nari nagiriye inama muri Radisson Blu muri Convention Center, ndangije inama nza kukubona wicaye na we uri mu nama, aho uyisoreje, ndavuga nti ko mbona uyu muntu ari mwiza kandi nari numvise uvuga icyongereza, kuko nari ntarabona umukobwa mwiza by’agatangaza nkawe, ndavuga nti ‘kuki nakwitesha aya mahirwe, uwajya kumuvugisha.”

Akomeza agira ati “Naraje nkubaza izina, nakekaga ko uri Umunya-Ethiopia kubera uruhu rwawe rwari rwiza, aho ni ho twatangiriye kujya tuvugana.”

Umugabo wa Isimbi Model avuga ko yahise amusaba ko umunsi ukurikiyeho basangira ifunguro ry’umugoroba, akamwemerera, bagatangirira aho kwagura ubucuti.

Isimbi Model avuga ko urukundo rwabo rwaje gutera intambwe ishimishije ndetse tariki 04 Kanama 2018 bakaza gutangira kubana mu nzu imwe, ndetse bagatangira guteganyiriza umuryango wabo.

Muri Kamena 2019, basabanye ko bazashyingiranwa nk’umugore n’umugabo, mu mpera z’uwo mwaka, baza kujya gusura umuryango wa Shaul Hatzir muri Israel.

Ati “Muri 2020, Covid yahise iza, hanyuma muri 2021 tugura inzu yacu, ndetse turanasezerana, tujya mu Murenge, hanyuma muri 2022 dukora ubukwe bwo mu rusengero, tubukorera muri Radisson.”

Mu gusubiza ibi bibazo by’abantu, bavuze ko nubwo batarabasha kubyarana umwana, babyifuza, ariko ko bizagenwa n’Imana, ndetse ko bifuza kuzabyara abana babiri.

Basezeranye imbere y’amategeko muri 2021
Babanje gukora imihango yo gusaba no gukwa
Baririmbiwe na Masamba Intore
Nyuma basezeranye mu Itorero

Isimbi n’umugabo we bakunze kugaragara bagiye kurya ubuzima mu bice binyuranye ku Isi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − seven =

Previous Post

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Next Post

Niger: Biraye mu mihanda n’umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

Related Posts

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Biraye mu mihanda n’umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

Niger: Biraye mu mihanda n'umujinya mwinsha basaba ko ingabo za America zihambirizwa byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.