Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Abaturarwanda bagiye kongera kwihera ijisho irushanwa ry’Abavangamiziki [DJs]

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abaturarwanda bagiye kongera kwihera ijisho irushanwa ry’Abavangamiziki [DJs]
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc rubinyujije muri Mutzig, rugaruye irushanwa ry’abavangamiziki rizwi nka ‘MŰTZIG AMABEATS DJ Competition’ rizagera mu bice binyuranye by’Igihugu, aho abazitwara neza bazahembwa ibihembo birimo ibifite agaciro ka Miliyoni 18Frw.

Iri rushanwa ribaye ku nshuro ya kabiri kuko ryanabaye umwaka ushize, rizakorwa mu bukangurambaga bwiswe ‘Never Stop Starting’ bwo gushishikariza abantu kwigirira icyizere no gutinyuka bagatangira imishinga yabateza imbere.

Muri ubu bukangurambaga, hateganyijwemo irushanwa ‘MŰTZIG AMABEATS DJ Competition’ rizitabirwa n’abavangamiziki babifitemo uburambe ndetse n’abakizamuka, rikazamara amezi ane.

Iri rushanwa rigizwe n’ibyiciro bine, birimo icya mbere cyo guhamagarira aba-DJs basanzwe bakora uyu mwuga ndetse n’abakizamuka, kohereza amashusho y’umunota umwe w’ibyo bakora ku rubuga rwa www.mutzigamabeats.rw.

Abifuza guhatana, basabwa kuzashyira ayo mashusho kuri YouTube ubundi bakohereza Link kuri www.mutzigamabeats.rw aho abafite ubuzobere bazagenda bareba buri mix kugira ngo barebe izujuje ibigenderwaho.

Nyuma y’iryo suzuma, mixes zizatoranywa, zizashyirwa ku rubuga, aho iki cyiciro cyo gutoranya, kizaba hagati ya tariki 01 Nyakanga kugeza ku wa 23 Nyakanga 2023.

Icyiciro cya kabiri kizaba ari icy’amatora afunguye ku bantu bose, aho abantu bazajya batora muri Mixes zashyizwe ku rubuga, aya matora akazamara ibyumweru bibiri, kuva tariki 24 Nyakanga kugeza ku ya 06 Kanama 2023. Aba-DJS 10 ba mbere bazaba batowe kurusha abandi, bazinjira mu cyiciro cya gatatu.

Mu cyiciro cya gatatu, hazabaho ibitaramo bitanu bizazenguruka Igihugu, aho aba-DJs babiri bazajya bahatanira imbere y’imbaga y’abazaba baje muri ibi bitaramo, ubundi abakemurampaka bazajye babaha amanota azateranywa nyuma y’ibi bitaramo, hagaragazwe uwagiye atsinda muri buri gitaramo. Iki cyiciro ni cyo kizavamo abazajya mu cya nyuma.

Ihatana rya nyuma rizabera i Kigali, aho batanu bazaba bavuye mu bitaramo bitanu, bazavamo uzegukana iri rushanwa.

Uwa mbere muri iri rushanwa rya MŰTZIG AMABEATS DJ Competition, azahembwa amasezerano y’umwaka umwe afite agaciro ka Miliyoni 18 Frw, ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu kuvangavanga imiziki, bifite agaciro ka Miliyoni 5 Frw.

Naho uwa kabiri, azahembwa amasezerano y’umwaka umwe afite agaciro ka Miliyoni 12 Frw n’ibikoresho bya miliyoni 2,5Frw, mu gihe uwa gatatu, azahembwa amafaranga 2 500 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

Next Post

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

Related Posts

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw'umuburo ku kibazo gihangayikishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.