Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Abaturarwanda bagiye kongera kwihera ijisho irushanwa ry’Abavangamiziki [DJs]

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abaturarwanda bagiye kongera kwihera ijisho irushanwa ry’Abavangamiziki [DJs]
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc rubinyujije muri Mutzig, rugaruye irushanwa ry’abavangamiziki rizwi nka ‘MŰTZIG AMABEATS DJ Competition’ rizagera mu bice binyuranye by’Igihugu, aho abazitwara neza bazahembwa ibihembo birimo ibifite agaciro ka Miliyoni 18Frw.

Iri rushanwa ribaye ku nshuro ya kabiri kuko ryanabaye umwaka ushize, rizakorwa mu bukangurambaga bwiswe ‘Never Stop Starting’ bwo gushishikariza abantu kwigirira icyizere no gutinyuka bagatangira imishinga yabateza imbere.

Muri ubu bukangurambaga, hateganyijwemo irushanwa ‘MŰTZIG AMABEATS DJ Competition’ rizitabirwa n’abavangamiziki babifitemo uburambe ndetse n’abakizamuka, rikazamara amezi ane.

Iri rushanwa rigizwe n’ibyiciro bine, birimo icya mbere cyo guhamagarira aba-DJs basanzwe bakora uyu mwuga ndetse n’abakizamuka, kohereza amashusho y’umunota umwe w’ibyo bakora ku rubuga rwa www.mutzigamabeats.rw.

Abifuza guhatana, basabwa kuzashyira ayo mashusho kuri YouTube ubundi bakohereza Link kuri www.mutzigamabeats.rw aho abafite ubuzobere bazagenda bareba buri mix kugira ngo barebe izujuje ibigenderwaho.

Nyuma y’iryo suzuma, mixes zizatoranywa, zizashyirwa ku rubuga, aho iki cyiciro cyo gutoranya, kizaba hagati ya tariki 01 Nyakanga kugeza ku wa 23 Nyakanga 2023.

Icyiciro cya kabiri kizaba ari icy’amatora afunguye ku bantu bose, aho abantu bazajya batora muri Mixes zashyizwe ku rubuga, aya matora akazamara ibyumweru bibiri, kuva tariki 24 Nyakanga kugeza ku ya 06 Kanama 2023. Aba-DJS 10 ba mbere bazaba batowe kurusha abandi, bazinjira mu cyiciro cya gatatu.

Mu cyiciro cya gatatu, hazabaho ibitaramo bitanu bizazenguruka Igihugu, aho aba-DJs babiri bazajya bahatanira imbere y’imbaga y’abazaba baje muri ibi bitaramo, ubundi abakemurampaka bazajye babaha amanota azateranywa nyuma y’ibi bitaramo, hagaragazwe uwagiye atsinda muri buri gitaramo. Iki cyiciro ni cyo kizavamo abazajya mu cya nyuma.

Ihatana rya nyuma rizabera i Kigali, aho batanu bazaba bavuye mu bitaramo bitanu, bazavamo uzegukana iri rushanwa.

Uwa mbere muri iri rushanwa rya MŰTZIG AMABEATS DJ Competition, azahembwa amasezerano y’umwaka umwe afite agaciro ka Miliyoni 18 Frw, ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu kuvangavanga imiziki, bifite agaciro ka Miliyoni 5 Frw.

Naho uwa kabiri, azahembwa amasezerano y’umwaka umwe afite agaciro ka Miliyoni 12 Frw n’ibikoresho bya miliyoni 2,5Frw, mu gihe uwa gatatu, azahembwa amafaranga 2 500 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + seven =

Previous Post

RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

Next Post

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

Related Posts

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

by radiotv10
02/11/2025
0

As the week draws to a close, many people rush into the weekend with long to-do lists, errands to run,...

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

IZIHERUKA

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week
IMIBEREHO MYIZA

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw'umuburo ku kibazo gihangayikishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.