Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Abaturarwanda bagiye kongera kwihera ijisho irushanwa ry’Abavangamiziki [DJs]

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abaturarwanda bagiye kongera kwihera ijisho irushanwa ry’Abavangamiziki [DJs]
Share on FacebookShare on Twitter

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc rubinyujije muri Mutzig, rugaruye irushanwa ry’abavangamiziki rizwi nka ‘MŰTZIG AMABEATS DJ Competition’ rizagera mu bice binyuranye by’Igihugu, aho abazitwara neza bazahembwa ibihembo birimo ibifite agaciro ka Miliyoni 18Frw.

Iri rushanwa ribaye ku nshuro ya kabiri kuko ryanabaye umwaka ushize, rizakorwa mu bukangurambaga bwiswe ‘Never Stop Starting’ bwo gushishikariza abantu kwigirira icyizere no gutinyuka bagatangira imishinga yabateza imbere.

Muri ubu bukangurambaga, hateganyijwemo irushanwa ‘MŰTZIG AMABEATS DJ Competition’ rizitabirwa n’abavangamiziki babifitemo uburambe ndetse n’abakizamuka, rikazamara amezi ane.

Iri rushanwa rigizwe n’ibyiciro bine, birimo icya mbere cyo guhamagarira aba-DJs basanzwe bakora uyu mwuga ndetse n’abakizamuka, kohereza amashusho y’umunota umwe w’ibyo bakora ku rubuga rwa www.mutzigamabeats.rw.

Abifuza guhatana, basabwa kuzashyira ayo mashusho kuri YouTube ubundi bakohereza Link kuri www.mutzigamabeats.rw aho abafite ubuzobere bazagenda bareba buri mix kugira ngo barebe izujuje ibigenderwaho.

Nyuma y’iryo suzuma, mixes zizatoranywa, zizashyirwa ku rubuga, aho iki cyiciro cyo gutoranya, kizaba hagati ya tariki 01 Nyakanga kugeza ku wa 23 Nyakanga 2023.

Icyiciro cya kabiri kizaba ari icy’amatora afunguye ku bantu bose, aho abantu bazajya batora muri Mixes zashyizwe ku rubuga, aya matora akazamara ibyumweru bibiri, kuva tariki 24 Nyakanga kugeza ku ya 06 Kanama 2023. Aba-DJS 10 ba mbere bazaba batowe kurusha abandi, bazinjira mu cyiciro cya gatatu.

Mu cyiciro cya gatatu, hazabaho ibitaramo bitanu bizazenguruka Igihugu, aho aba-DJs babiri bazajya bahatanira imbere y’imbaga y’abazaba baje muri ibi bitaramo, ubundi abakemurampaka bazajye babaha amanota azateranywa nyuma y’ibi bitaramo, hagaragazwe uwagiye atsinda muri buri gitaramo. Iki cyiciro ni cyo kizavamo abazajya mu cya nyuma.

Ihatana rya nyuma rizabera i Kigali, aho batanu bazaba bavuye mu bitaramo bitanu, bazavamo uzegukana iri rushanwa.

Uwa mbere muri iri rushanwa rya MŰTZIG AMABEATS DJ Competition, azahembwa amasezerano y’umwaka umwe afite agaciro ka Miliyoni 18 Frw, ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu kuvangavanga imiziki, bifite agaciro ka Miliyoni 5 Frw.

Naho uwa kabiri, azahembwa amasezerano y’umwaka umwe afite agaciro ka Miliyoni 12 Frw n’ibikoresho bya miliyoni 2,5Frw, mu gihe uwa gatatu, azahembwa amafaranga 2 500 000 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 9 =

Previous Post

RDF yavuze ku nkuru ibabaje y’umusirikare wayo wiciwe muri Centrafrique

Next Post

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

Related Posts

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

IZIHERUKA

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho
AMAHANGA

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw'umuburo ku kibazo gihangayikishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.