Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito
Share on FacebookShare on Twitter

Couple y’umunyapolitiki w’Umwongereza w’imyaka 56 n’umunyarwandakazi w’imyaka 28, yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga kubera ikinyuranyo cy’imyaka iri hagati yabo kigaragarira buri wese no ku mafoto. Ariko urukundo rwabo rwaje rute, rukomera gute kugeza aho bagaragara bishimanye nkuko bikomeje kugaragara, ndetse bakaba bitegura gushyingiranwa.

Uyu Mwongereza Simon Danczuk w’imyaka 56 wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ahagarariye ishyaka rya Labour, yagaragaye ari kwinezezanya n’umukunzi we Claudine Uwamahoro w’imyaka 28. Ni ukuvuga ko amukubye kabiri mu myaka.

Aba bombi bamenyaniye mu Rwanda ubwo uyu munyapolitiki wo mu Bwongereza yagiriraga urugendo rw’akazi k’ubucuruzi mu Rwanda, akabenguka uyu Munyarwandakazi.

Iby’urukundo rwabo ubu byageze kure kuko bagiye gushyingirana kubana nk’umugore n’umugabo mu bukwe buteganyijwe muri mpeshyi y’uyu mwaka.

Gusa mbere y’ubu bukwe, Simon Danczuk na Uwamahoro arusha imyaka 28, basangiye iminsi mikuru isoza umwaka wa 2022 mu mujyi wa Kigali ari na bwo hafashwe amafoto yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

Ni amafoto agaragaza aba bombi bizihiwe mu munyenga w’urukundo, bari koga muri piscine y’imwe muri hoteli zo mu Mujyi wa Kigali, banyuzamo bagasomana umunwa ku wundi ndetse umwe akegama ku wundi bagaterana utuzi, ibi by’abakundana bizira uburyarya.

Kuri Simon Danczuk, uyu Munyarwandakazi ni umugore wa gatatu agiye gushyingiranwa na we, yagiye mu Rwanda ari kumwe n’abahungu be babiri; umwe w’imyaka 14 n’undi wa 12, agiye kubereka uwo yihebeye Uwamahoro Claudine, ugiye kubabera Mukase.

Umugore we wa mbere witwa Sonia Rossington, bamaranye imyaka 10 mu rushako babyarana abana babiri barimo George w’imyaka 25 na Mary w’imyaka 20, gusa ngo uru rushako rwabo rwaje kugera ku ndunduro ariko mu ipantalo hakomeza kumusaba mu ijipo ari na bwo yaje kurushinga n’umugore wa kabiri ari we Karen Burke.

Uyu wa kabiri we urukundo rwabo rwaje kurangira nyuma y’imyaka itatu muri 2015 nyuma yuko aje kuvugwaho gukorana imibonano mpuzabitsina n’undi mugore w’imyaka 22 mu biro bye.

Ibi byaje no gutuma ahagarikwa mu ishyaka rya Labour Party kuko byaje gukurikirwa n’ibitaboneye, byamuteshaga agaciro.

Uyu munyapolitiki yiyemerera ko na we afite ikibazo cyo gushaka imibonano mpuzabitsikina cyane n’abakobwa bakiri bato.

Umukunzi we mushya Uwamahoro, yavuze ko adatewe ipfunwe n’ikinyuranyo cy’imyaka iri hagati yabo kuko “Numva ari we mugabo wa nyawe nkunda bizira uburyarya.”

Muri Piscine banyuzagamo iminwa igakora kimwe mu byo yaremewe
Barebana akana ko mu jisho
Anyuzamo akanumusimbiza ubundi ubushagarira bukamanuka
Yaramwiyegamizaga bikagera ku ngingo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 7 =

Previous Post

Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga

Next Post

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.