Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito
Share on FacebookShare on Twitter

Couple y’umunyapolitiki w’Umwongereza w’imyaka 56 n’umunyarwandakazi w’imyaka 28, yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga kubera ikinyuranyo cy’imyaka iri hagati yabo kigaragarira buri wese no ku mafoto. Ariko urukundo rwabo rwaje rute, rukomera gute kugeza aho bagaragara bishimanye nkuko bikomeje kugaragara, ndetse bakaba bitegura gushyingiranwa.

Uyu Mwongereza Simon Danczuk w’imyaka 56 wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ahagarariye ishyaka rya Labour, yagaragaye ari kwinezezanya n’umukunzi we Claudine Uwamahoro w’imyaka 28. Ni ukuvuga ko amukubye kabiri mu myaka.

Aba bombi bamenyaniye mu Rwanda ubwo uyu munyapolitiki wo mu Bwongereza yagiriraga urugendo rw’akazi k’ubucuruzi mu Rwanda, akabenguka uyu Munyarwandakazi.

Iby’urukundo rwabo ubu byageze kure kuko bagiye gushyingirana kubana nk’umugore n’umugabo mu bukwe buteganyijwe muri mpeshyi y’uyu mwaka.

Gusa mbere y’ubu bukwe, Simon Danczuk na Uwamahoro arusha imyaka 28, basangiye iminsi mikuru isoza umwaka wa 2022 mu mujyi wa Kigali ari na bwo hafashwe amafoto yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

Ni amafoto agaragaza aba bombi bizihiwe mu munyenga w’urukundo, bari koga muri piscine y’imwe muri hoteli zo mu Mujyi wa Kigali, banyuzamo bagasomana umunwa ku wundi ndetse umwe akegama ku wundi bagaterana utuzi, ibi by’abakundana bizira uburyarya.

Kuri Simon Danczuk, uyu Munyarwandakazi ni umugore wa gatatu agiye gushyingiranwa na we, yagiye mu Rwanda ari kumwe n’abahungu be babiri; umwe w’imyaka 14 n’undi wa 12, agiye kubereka uwo yihebeye Uwamahoro Claudine, ugiye kubabera Mukase.

Umugore we wa mbere witwa Sonia Rossington, bamaranye imyaka 10 mu rushako babyarana abana babiri barimo George w’imyaka 25 na Mary w’imyaka 20, gusa ngo uru rushako rwabo rwaje kugera ku ndunduro ariko mu ipantalo hakomeza kumusaba mu ijipo ari na bwo yaje kurushinga n’umugore wa kabiri ari we Karen Burke.

Uyu wa kabiri we urukundo rwabo rwaje kurangira nyuma y’imyaka itatu muri 2015 nyuma yuko aje kuvugwaho gukorana imibonano mpuzabitsina n’undi mugore w’imyaka 22 mu biro bye.

Ibi byaje no gutuma ahagarikwa mu ishyaka rya Labour Party kuko byaje gukurikirwa n’ibitaboneye, byamuteshaga agaciro.

Uyu munyapolitiki yiyemerera ko na we afite ikibazo cyo gushaka imibonano mpuzabitsikina cyane n’abakobwa bakiri bato.

Umukunzi we mushya Uwamahoro, yavuze ko adatewe ipfunwe n’ikinyuranyo cy’imyaka iri hagati yabo kuko “Numva ari we mugabo wa nyawe nkunda bizira uburyarya.”

Muri Piscine banyuzagamo iminwa igakora kimwe mu byo yaremewe
Barebana akana ko mu jisho
Anyuzamo akanumusimbiza ubundi ubushagarira bukamanuka
Yaramwiyegamizaga bikagera ku ngingo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga

Next Post

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.