Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito
Share on FacebookShare on Twitter

Couple y’umunyapolitiki w’Umwongereza w’imyaka 56 n’umunyarwandakazi w’imyaka 28, yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga kubera ikinyuranyo cy’imyaka iri hagati yabo kigaragarira buri wese no ku mafoto. Ariko urukundo rwabo rwaje rute, rukomera gute kugeza aho bagaragara bishimanye nkuko bikomeje kugaragara, ndetse bakaba bitegura gushyingiranwa.

Uyu Mwongereza Simon Danczuk w’imyaka 56 wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ahagarariye ishyaka rya Labour, yagaragaye ari kwinezezanya n’umukunzi we Claudine Uwamahoro w’imyaka 28. Ni ukuvuga ko amukubye kabiri mu myaka.

Aba bombi bamenyaniye mu Rwanda ubwo uyu munyapolitiki wo mu Bwongereza yagiriraga urugendo rw’akazi k’ubucuruzi mu Rwanda, akabenguka uyu Munyarwandakazi.

Iby’urukundo rwabo ubu byageze kure kuko bagiye gushyingirana kubana nk’umugore n’umugabo mu bukwe buteganyijwe muri mpeshyi y’uyu mwaka.

Gusa mbere y’ubu bukwe, Simon Danczuk na Uwamahoro arusha imyaka 28, basangiye iminsi mikuru isoza umwaka wa 2022 mu mujyi wa Kigali ari na bwo hafashwe amafoto yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

Ni amafoto agaragaza aba bombi bizihiwe mu munyenga w’urukundo, bari koga muri piscine y’imwe muri hoteli zo mu Mujyi wa Kigali, banyuzamo bagasomana umunwa ku wundi ndetse umwe akegama ku wundi bagaterana utuzi, ibi by’abakundana bizira uburyarya.

Kuri Simon Danczuk, uyu Munyarwandakazi ni umugore wa gatatu agiye gushyingiranwa na we, yagiye mu Rwanda ari kumwe n’abahungu be babiri; umwe w’imyaka 14 n’undi wa 12, agiye kubereka uwo yihebeye Uwamahoro Claudine, ugiye kubabera Mukase.

Umugore we wa mbere witwa Sonia Rossington, bamaranye imyaka 10 mu rushako babyarana abana babiri barimo George w’imyaka 25 na Mary w’imyaka 20, gusa ngo uru rushako rwabo rwaje kugera ku ndunduro ariko mu ipantalo hakomeza kumusaba mu ijipo ari na bwo yaje kurushinga n’umugore wa kabiri ari we Karen Burke.

Uyu wa kabiri we urukundo rwabo rwaje kurangira nyuma y’imyaka itatu muri 2015 nyuma yuko aje kuvugwaho gukorana imibonano mpuzabitsina n’undi mugore w’imyaka 22 mu biro bye.

Ibi byaje no gutuma ahagarikwa mu ishyaka rya Labour Party kuko byaje gukurikirwa n’ibitaboneye, byamuteshaga agaciro.

Uyu munyapolitiki yiyemerera ko na we afite ikibazo cyo gushaka imibonano mpuzabitsikina cyane n’abakobwa bakiri bato.

Umukunzi we mushya Uwamahoro, yavuze ko adatewe ipfunwe n’ikinyuranyo cy’imyaka iri hagati yabo kuko “Numva ari we mugabo wa nyawe nkunda bizira uburyarya.”

Muri Piscine banyuzagamo iminwa igakora kimwe mu byo yaremewe
Barebana akana ko mu jisho
Anyuzamo akanumusimbiza ubundi ubushagarira bukamanuka
Yaramwiyegamizaga bikagera ku ngingo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Abanyekongo bahungira mu Rwanda bahishuye ababafasha kwambuka babanje kubaha amafaranga

Next Post

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.