Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu
Share on FacebookShare on Twitter

Fake Profile, filimi y’uruhererekane ikunzwe muri iyi minsi by’umwihariko ku barebera kuri Netflix, yamaze gukinwa igice (Season) cya mbere, abayiteguye batangaje amakuru meza ku banyuzwe n’iki gice cyarangiranye amatsiko menshi.

Ni filimi igezweho muri iyi minsi yasohotse tariki 31 z’ukwezi gushize kwa Gicurasi, kubera uburyo ikinnyemo, ishushanya bimwe mu biri kuba muri iyi minsi bishingiye ku ikoranabuhanga ry’imbuga nkoranyambaga.

Igice cya mbere (Season 1) cy’iyi filimi gitangira, umugabo areshya umukobwa wakoraga akazi ko kubyina mu kabyiniro, akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa Tinder rushakishirizwaho abakunzi, bakaza no guhura bakiyumvanamo bidasanzwe.

Nyuma uyu mukobwa aza gutahura ko uyu mugabo wari wamubeshye ko akiri ingaragu, yubatse ndetse afite n’abana bakuru, bigatuma ajya kumwegera aho yari atuye n’umuryango we, kugira ngo acukumbure ibye neza.

Mu duce (Episode) tubanziriza aka nyuma, uyu mukobwa ndetse n’uyu mugabo, bigaragara ko bishwe, aho umukobwa yicwa n’umugore w’uyu mugabo, naho uyu mugabo we akagwa mu mpanuka.

Iyi filimi igaruka ku buzima busanzwe bubaho, bw’imiryango n’ibibazo biyibamo byo gucana inyuma, ifite uduce (Episode) 10, iki gice cyayo cya mbere, kirangira bigaragaye ko aba bombi baba bakiriho.

Ibi bituma havuka urujijo, ndetse n’amashyushyu yo kumenya ibizakurikiraho, ku buryo benshi mu bayirebye, bari bakomeje kwibaza igihe igice cya kabiri (Season 2) kizasohokera.

Ubuyobozi bwa Netflix, bwatangaje ko season 2 yayo, izasohoka umwaka utaha, mu butumwa bwanyujije kuri Twitter, bwagize buti “Fake Profile yamaze kuvugururwamo na Season 2.”

Uyu mugabo n’umukobwa banyurana muri byinshi
Biyumvanamo bidasanzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

DRCongo yongeye guhabwa gasopo ku bikorwa yijanditsemo bibangamira u Rwanda

Next Post

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

IZIHERUKA

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?
MU RWANDA

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.