Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu
Share on FacebookShare on Twitter

Fake Profile, filimi y’uruhererekane ikunzwe muri iyi minsi by’umwihariko ku barebera kuri Netflix, yamaze gukinwa igice (Season) cya mbere, abayiteguye batangaje amakuru meza ku banyuzwe n’iki gice cyarangiranye amatsiko menshi.

Ni filimi igezweho muri iyi minsi yasohotse tariki 31 z’ukwezi gushize kwa Gicurasi, kubera uburyo ikinnyemo, ishushanya bimwe mu biri kuba muri iyi minsi bishingiye ku ikoranabuhanga ry’imbuga nkoranyambaga.

Igice cya mbere (Season 1) cy’iyi filimi gitangira, umugabo areshya umukobwa wakoraga akazi ko kubyina mu kabyiniro, akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa Tinder rushakishirizwaho abakunzi, bakaza no guhura bakiyumvanamo bidasanzwe.

Nyuma uyu mukobwa aza gutahura ko uyu mugabo wari wamubeshye ko akiri ingaragu, yubatse ndetse afite n’abana bakuru, bigatuma ajya kumwegera aho yari atuye n’umuryango we, kugira ngo acukumbure ibye neza.

Mu duce (Episode) tubanziriza aka nyuma, uyu mukobwa ndetse n’uyu mugabo, bigaragara ko bishwe, aho umukobwa yicwa n’umugore w’uyu mugabo, naho uyu mugabo we akagwa mu mpanuka.

Iyi filimi igaruka ku buzima busanzwe bubaho, bw’imiryango n’ibibazo biyibamo byo gucana inyuma, ifite uduce (Episode) 10, iki gice cyayo cya mbere, kirangira bigaragaye ko aba bombi baba bakiriho.

Ibi bituma havuka urujijo, ndetse n’amashyushyu yo kumenya ibizakurikiraho, ku buryo benshi mu bayirebye, bari bakomeje kwibaza igihe igice cya kabiri (Season 2) kizasohokera.

Ubuyobozi bwa Netflix, bwatangaje ko season 2 yayo, izasohoka umwaka utaha, mu butumwa bwanyujije kuri Twitter, bwagize buti “Fake Profile yamaze kuvugururwamo na Season 2.”

Uyu mugabo n’umukobwa banyurana muri byinshi
Biyumvanamo bidasanzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

DRCongo yongeye guhabwa gasopo ku bikorwa yijanditsemo bibangamira u Rwanda

Next Post

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori...

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Uwase Muyango Claudine wari umaze imyaka ibiri n’igice akorera kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, yasezeye ahita asimburwa na Khadidja...

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

IZIHERUKA

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
IBYAMAMARE

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

by radiotv10
18/09/2025
0

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

18/09/2025
Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

17/09/2025
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.