Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyabaye ku muhanzikazi w’ikirangirire ku Isi abigereranya nko kuvuka bundi bushya

radiotv10by radiotv10
04/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibyabaye ku muhanzikazi w’ikirangirire ku Isi abigereranya nko kuvuka bundi bushya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Madonna ufite izina riremereye ku Isi, wari umaze iminsi arembye, yagaragaje ko yatoye ka mitende, ndetse ubu akaba akomeje kumera neza, agashimira by’umwihariko urukundo yagaragarijwe, ku buryo we abigereranya nko kuvuka bundi bushya.

Madonna Louise Ciccone yatangaje ibi nyuma yuko  yari amaze iminsi mu bitaro mu cyumba cy’indembe.

Nyuma y’ukwezi avuye mu bitaro guhangana n’ibibazo by’ubuzima bwe, ubu ngo amze neza ndetse yagize icyo atangariza abakunzi be, ashimira abamubaye hafi mu burwayi bwe.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter na Instagram, Madonna yagize ati “Urukundo rw’umuryango n’inshuti ni wo muti urenze indi yose. Ukwezi kumwe mvuye mu bitaro ubu nabyumva nkanabitekereza neza.”

Yakomeje agira ati “Nk’umubyeyi ushobora rwose kwisanga waheze mu guhaza ibyifuzo by’abana bawe dore ko akenshi biba binagoye guhaza, ariko ubwo nacikaga intege abana banjye baranyiyeretse rwose nabonye uruhande  rwabo ntari narigeze mbona.

Ikindi kandi natunguwe n’urukundo neretswe n’inshuti zanjye, ntungurwa n’impano zitandukanye bampaye.”

Yavuze ko yavutse bundi bushya kubera kure uburwayi bwamugejeje. Ati “Nkimara gufungura impano nararize kuko byanyeretse ko ndi umunyamahirwe kuba ndiho. Namenye ko ndi umunyamahirwe kuba naramenyanye n’abantu benshi nk’abo mfite, n’abandi benshi bagiye.

Ikindi ndashimira abamalayika banjye bandinze kandi bakanshoboza kuba ngihumeka kugira ngo nsohoze umurimo wanjye.”

Hahise hatangazwa n’amatariki azakorerwa ibitaramo byari byasubitswe n’uyu mukanzikazi, agomba gukorera ku Mugabane w’u Burayi, bizaba mu mezi y’Ukwakira n’Ugushyingo 2023.

Madonna ashimira umuryango we wamubaye hafi
Ibyamubayeho abigereranya nko kuvuka bundi bushya

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 15 =

Previous Post

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Next Post

Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.