Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyabaye ku muhanzikazi w’ikirangirire ku Isi abigereranya nko kuvuka bundi bushya

radiotv10by radiotv10
04/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibyabaye ku muhanzikazi w’ikirangirire ku Isi abigereranya nko kuvuka bundi bushya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Madonna ufite izina riremereye ku Isi, wari umaze iminsi arembye, yagaragaje ko yatoye ka mitende, ndetse ubu akaba akomeje kumera neza, agashimira by’umwihariko urukundo yagaragarijwe, ku buryo we abigereranya nko kuvuka bundi bushya.

Madonna Louise Ciccone yatangaje ibi nyuma yuko  yari amaze iminsi mu bitaro mu cyumba cy’indembe.

Nyuma y’ukwezi avuye mu bitaro guhangana n’ibibazo by’ubuzima bwe, ubu ngo amze neza ndetse yagize icyo atangariza abakunzi be, ashimira abamubaye hafi mu burwayi bwe.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter na Instagram, Madonna yagize ati “Urukundo rw’umuryango n’inshuti ni wo muti urenze indi yose. Ukwezi kumwe mvuye mu bitaro ubu nabyumva nkanabitekereza neza.”

Yakomeje agira ati “Nk’umubyeyi ushobora rwose kwisanga waheze mu guhaza ibyifuzo by’abana bawe dore ko akenshi biba binagoye guhaza, ariko ubwo nacikaga intege abana banjye baranyiyeretse rwose nabonye uruhande  rwabo ntari narigeze mbona.

Ikindi kandi natunguwe n’urukundo neretswe n’inshuti zanjye, ntungurwa n’impano zitandukanye bampaye.”

Yavuze ko yavutse bundi bushya kubera kure uburwayi bwamugejeje. Ati “Nkimara gufungura impano nararize kuko byanyeretse ko ndi umunyamahirwe kuba ndiho. Namenye ko ndi umunyamahirwe kuba naramenyanye n’abantu benshi nk’abo mfite, n’abandi benshi bagiye.

Ikindi ndashimira abamalayika banjye bandinze kandi bakanshoboza kuba ngihumeka kugira ngo nsohoze umurimo wanjye.”

Hahise hatangazwa n’amatariki azakorerwa ibitaramo byari byasubitswe n’uyu mukanzikazi, agomba gukorera ku Mugabane w’u Burayi, bizaba mu mezi y’Ukwakira n’Ugushyingo 2023.

Madonna ashimira umuryango we wamubaye hafi
Ibyamubayeho abigereranya nko kuvuka bundi bushya

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Next Post

Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Related Posts

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

IZIHERUKA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo
AMAHANGA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Somalia: Umuyobozi wo hejuru yirukaniwe impamvu itangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.