Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo cyafatiwe Amavubi cyari gitegerejwe na benshi cyaje ari urucantege

radiotv10by radiotv10
17/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Umupira w’Amaguru, yari yarezwe muri CAF, yamenyeshejwe icyemezo yafitiwe cyo kuba yatewe mpaga ku bwo gukinisha umukinnyi utari ubyemerewe mu mukino yahuyemo na Benin mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Ni icyemezo cyatangajwe mu ijoro ryacyeye, nyuma yuko ikipe ya Benin yari yareze u Rwanda ko rwakinishije umukinnyi Muhire Kevin mu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali tariki 29 Werurwe 2023.

Nyuma y’uyu mukino u Rwanda rwanganyijemo na Benin 1-1, umutoza wa Benin, Umudage Gernot Rohr yahise atangaza ko bagiye gutanga ikirego kuko Amavubi yakinishije umukinnyi wari ufite amakarita abiri y’umuhondo; iyo yaherewe mu mukino u Rwanda rwahuyemo na Senegal ndetse n’iyo mu mukino ubanza na Benin wabereye i Cotonou.

Icyemezo cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) dufitiye Kopi, cyivuga ko “ku bw’izo mpamvu, hagendewe ku mucyo watanzwe kuri iki kibazo, akanama nkemurampaka k’imyitwarire, kanzuye ko: Hafatwa ibihano ku Rwanda rugaterwa mpaga ku mukino wa nimero 108 wo gushaka itike ya CAN ya 2023.”

Uyu mwanzuro ukomeza uvuga ko ubwo Rwanda rutsinzwe ibitego 3-0 kuri penaliti hagendewe ku ngingo y’ 105 y’amategeko agenga imyitwarire, ugasoza uvuga ko iki cyemezo kitajuririrwa.

Ikipe yabanjemo ubwo Amavubi yakinaga na Benin
Abari babanjemo ku ruhande rwa Benin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − seven =

Previous Post

Bitunguranye Adil yahise avuga ku kirego yarezemo APR cyatewe ishoti na FIFA

Next Post

Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

Related Posts

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

Nyagatare: Urubyiruko rwagaragaje icyarufasha kutishora mu ngeso mbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.