Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Indirimbo z’intoranywa zidakwiye kubura kuri Playlist yawe muri ibi bihe

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Indirimbo z’intoranywa zidakwiye kubura kuri Playlist yawe muri ibi bihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi b’umuziki ntibahwema gushyirwa igorora n’abahanzi bashyira hanze indirimbo zo kubanezeza umunsi ku wundi. Ubu hari indirimbo zigezweho zaba iz’abahanzi Nyarwanda n’iz’abanyamahanga zinogeye amatwi. Dore eshanu udakwiye gutambukaho utumvise cyangwa utarebye.

 

  1. Water- Tyla

Water ni indirimbo y’umukobwa wo muri Afurika y’Epfo utaramara igihe kinini mu muziki, uheruka mu Rwanda mu iserukiramuco rya Giants Of Africa.

Uyu muhanzikazi uri mu bagezweho muri Afurika, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize nyuma y’igihe gito ashyize hanze amajwi yayo.

 

  1. Faible- Monia Fleur ft Big Fizzo

Monia Fleur ufite se w’Umunyarwanda nyina akaba Umurundikazi, ni umwe mu banyamuziki batanga icyizere muri Africa y’Iburasirazuba.

Uyu muhanzi yahuje imbaraga n’umuhanzi w’ikirangirire mu karere Big Fizzo bakorana indirimbo bise Faible.

 

  1. Ni Nziza- Chryso Ndasingwa

Niba ukunda indirimbo zihimbaza Imana, indirimbo ‘Ni Nziza’ ya Chryso Ndasigwa, ni imwe mu zo ukwiye kumva no kureba.

Chryso Ndasigwa yanditse iyi ndirimbo mu ndimi ebyiri; Ikinyarwanda n’Icyongereza, amajwi yayo yatunganyijwe na Boris, naho ry’amashusho ayoborwa na Musinga.

 

  1. Njyenyine- Yverry ft Knowless

Nyuma y’igihe bombi batagaragara ku rutonde rw’abasohora indirimbo nshya, Yverry na Butera Knowless barihuje bakora indirimbo y’urukundo bise ‘Njyenyine’.

Ni indirimbo bivugwa ko yari imaze imyaa igera kuri itatu ikozwe dore ko Element wakoze ku majwi yayo yayikoreye muri Country Records mu gihe amaze hafi umwaka avuyeyo.

 

  1. Confirm- Dany Nanone

“Unsabye ideni ry’ubuzima nagukopa, umfungiye mu mutima sinatoroka…”- Ni amwe mu magambo ari muri iyi ndirimbo Confirm ya Danny Nanone.

Ni indirimbo iri mu zigezweho mu Rwanda, by’umwihariko inogeye amatwi, nanone kandi ikaba ibyinitse, dore ko n’abakomeje gukora challenge yayo ku mbuga nkoranyambaga, bakomeje kuba benshi.

Joby Joshua TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Next Post

Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Related Posts

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.