Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Indirimbo z’intoranywa zidakwiye kubura kuri Playlist yawe muri ibi bihe

radiotv10by radiotv10
11/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Indirimbo z’intoranywa zidakwiye kubura kuri Playlist yawe muri ibi bihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi b’umuziki ntibahwema gushyirwa igorora n’abahanzi bashyira hanze indirimbo zo kubanezeza umunsi ku wundi. Ubu hari indirimbo zigezweho zaba iz’abahanzi Nyarwanda n’iz’abanyamahanga zinogeye amatwi. Dore eshanu udakwiye gutambukaho utumvise cyangwa utarebye.

 

  1. Water- Tyla

Water ni indirimbo y’umukobwa wo muri Afurika y’Epfo utaramara igihe kinini mu muziki, uheruka mu Rwanda mu iserukiramuco rya Giants Of Africa.

Uyu muhanzikazi uri mu bagezweho muri Afurika, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize nyuma y’igihe gito ashyize hanze amajwi yayo.

 

  1. Faible- Monia Fleur ft Big Fizzo

Monia Fleur ufite se w’Umunyarwanda nyina akaba Umurundikazi, ni umwe mu banyamuziki batanga icyizere muri Africa y’Iburasirazuba.

Uyu muhanzi yahuje imbaraga n’umuhanzi w’ikirangirire mu karere Big Fizzo bakorana indirimbo bise Faible.

 

  1. Ni Nziza- Chryso Ndasingwa

Niba ukunda indirimbo zihimbaza Imana, indirimbo ‘Ni Nziza’ ya Chryso Ndasigwa, ni imwe mu zo ukwiye kumva no kureba.

Chryso Ndasigwa yanditse iyi ndirimbo mu ndimi ebyiri; Ikinyarwanda n’Icyongereza, amajwi yayo yatunganyijwe na Boris, naho ry’amashusho ayoborwa na Musinga.

 

  1. Njyenyine- Yverry ft Knowless

Nyuma y’igihe bombi batagaragara ku rutonde rw’abasohora indirimbo nshya, Yverry na Butera Knowless barihuje bakora indirimbo y’urukundo bise ‘Njyenyine’.

Ni indirimbo bivugwa ko yari imaze imyaa igera kuri itatu ikozwe dore ko Element wakoze ku majwi yayo yayikoreye muri Country Records mu gihe amaze hafi umwaka avuyeyo.

 

  1. Confirm- Dany Nanone

“Unsabye ideni ry’ubuzima nagukopa, umfungiye mu mutima sinatoroka…”- Ni amwe mu magambo ari muri iyi ndirimbo Confirm ya Danny Nanone.

Ni indirimbo iri mu zigezweho mu Rwanda, by’umwihariko inogeye amatwi, nanone kandi ikaba ibyinitse, dore ko n’abakomeje gukora challenge yayo ku mbuga nkoranyambaga, bakomeje kuba benshi.

Joby Joshua TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 16 =

Previous Post

Uwakiniye amakipe y’ubukombe mu Rwanda yatangaje icyemezo gitunguranye yafashe

Next Post

Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Amakuru mashya ku mukozi w’urwego rwa Leta mu Rwanda wagaragaweho ibyanenzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.