Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Iterambere ryihuse no kwaguka kw’isoko ry’umuziki bidindizwa n’iki?

radiotv10by radiotv10
12/08/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Iterambere ryihuse no kwaguka kw’isoko ry’umuziki bidindizwa n’iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Abakurikiranira hafi iterambere n’ibikorwa by’abahanzi mu Rwanda baravuga ko mu gihe umuhanzi adatekereza mu buryo bwagutse bw’aho yakura igishoro mu muziki we bizagorana kubona bahatana ku isoko mpuzamhanga n’ ibindi bikomerezwa .

Hakunze kumvikana impaka z’urudaca bamwe bitana ba mwana ku iterambere ry’ubuhanzi cyane cyane ku muziki nyarwanda aho bamwe bashinja abawukora gutanga bike ndetse no kutagura isoko ryabo abahanzi nabo akenshi bakagaragaza ubushobozi bw’amafaranga nk’imbogamizi ikomeye kuri bo.

Imwe mu mpamvu ituma bavuga ko umuziki wabo utagera ku rwego rwo hejuru mu gihe abo bahanganye ku isoko babarusha ubushobozi bw’amikoro (amafaranga).

Ese ubuhanzi bushobora gutunga ubukora mu gihe akura igishoro mu byo akora gusa?

Umuhanzi nyarwanda the Freeper kuri we ngo mu gihe umuhanzi azaba adafite aho akura ibyo ashora mu muziki bikigoye ko azagera ku rwego rwo hejuru no kuba yahangana n’abandi ku isoko mpuzamahanga. Byari mu kiganiro yagiranye na RadioTV10.

Amerika: The Freepar witegura gushyira hanze Album - Inyarwanda.com

Freeper umuhanzi w’umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Ibi kandi arabihurizaho na Jules Sentore uvuga ko mu gihe ukora umuziki bitari kinyamwuga bikigoye kuba wawukuramo ibigutunga cyangwa n’ibindi biguteza imbere.

“Biracyagoranye kandi bigaragara mu maso ya buri umwe wese muzika nyarwanda iracyari inyuma mu bijyanye no kuba yatunga umuhanzi ariyo mpamvu ngira inama abahanzi bose ko ntago muzika ishobora kugutunga ntakindi kintu ukora”

“Umuziki ni ikintu wakora ufatanije n’ibindi kandi umuhanzi yakwiyamamaza we ubwe, ni ikintu gishoboka rwose ko wakora umuziki ukora n’ibindi”

Sentore yasingije ubutwari bw'umugore mu ndirimbo yise 'Mama' | UMUSEKE

Jules Sentore umuhanzi nyarwanda ukunze gukora indirimbo ziri mu mudiho gakondo

Ku ruhande rw’abakora akazi ko kureberera inyungu z’abahanzi bavuga ko umuhanzi koko niba akeneye kwiteza imbere no kugera ku rwego mpuzamahanga atakwiringira umuziki wonyine ahubwo ngo kwibuka kugira ibindi bashoramo amafaranga ku ruhande ni bumwe mu buryo bwabafasha mu gihe ibigo n’amabanki mu Rwanda ataragirira ikizere ubuhanzi ku buryo babashoramo ayabo.

Muyoboke Alex wabaye igihe kinini mu guharanira inyungu z’abahanzi (Manager) avuga iki kuri iyi ngingo?

“N’ahandi n’ahandi ku isi umuhanzi amafaranga abonye ayashora mu bindi bintu. Akenshi mbwira abahanzi bacu: ese iyo ubonye amafaranga utekereza iki?..tekereza ikindi kintu ushobora gukora kikaba cyakubyarira inyungu kigufashe mu muziki”

ZA NDURU SERIES, MUYOBOKE ALEX YINJIYE MURI CINEMA, JUDITH UMUGORE WA SAFI,  PARU - YouTube

Muyoboke Alex wabaye igihe kinini mu guharanira inyungu z’abahanzi (Manager)

Ubuhanzi bukozwe kinyabwuga ntakabuza ko butatunga nyirabwo. Abakurikiranira hafi ibirebana n’ubuhanzi bavuga ko mu gihe hakiri ibibazo mu bihangano bamwe bakora bidafite umwimerere, kutagura isoko ndetse no kwishora mu biyobyabwenge bikunze kugaragara ngo ari zimwe mu mpamvu zizitira iterambere ry’abahanzi nyarwanda .

Inkuru ya: Denyse Mbabazi Mpambara/RadioTV10 Rwanda

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 11 =

Previous Post

Bamwe mu bamotari ntibishimiye kongera gukoresha “mubazi” batabanje kwigishwa imikorere yazo

Next Post

10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko igitaramo ngarukamwaka yise ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya...

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuhanzi Yampano, yatangaje ko yamaze gutanga ikirego aregamo uwashyize hanze amashusho agaragaramo we n'umukunzi we bari mu gikorwa cy’ibanga, anasobanura...

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuhanzi Yampano, nyuma y’isakara ry’amashusho y’urukozasoni agaragaramo, we akomeje kumenyekanisha indirimbo ye nshya yise ‘Samalaya’, aho noneho yisunze abarimo Umuvangamiziki...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.