• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Iterambere ryihuse no kwaguka kw’isoko ry’umuziki bidindizwa n’iki?

radiotv10by radiotv10
12/08/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Iterambere ryihuse no kwaguka kw’isoko ry’umuziki bidindizwa n’iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Abakurikiranira hafi iterambere n’ibikorwa by’abahanzi mu Rwanda baravuga ko mu gihe umuhanzi adatekereza mu buryo bwagutse bw’aho yakura igishoro mu muziki we bizagorana kubona bahatana ku isoko mpuzamhanga n’ ibindi bikomerezwa .

Hakunze kumvikana impaka z’urudaca bamwe bitana ba mwana ku iterambere ry’ubuhanzi cyane cyane ku muziki nyarwanda aho bamwe bashinja abawukora gutanga bike ndetse no kutagura isoko ryabo abahanzi nabo akenshi bakagaragaza ubushobozi bw’amafaranga nk’imbogamizi ikomeye kuri bo.

Imwe mu mpamvu ituma bavuga ko umuziki wabo utagera ku rwego rwo hejuru mu gihe abo bahanganye ku isoko babarusha ubushobozi bw’amikoro (amafaranga).

Ese ubuhanzi bushobora gutunga ubukora mu gihe akura igishoro mu byo akora gusa?

Umuhanzi nyarwanda the Freeper kuri we ngo mu gihe umuhanzi azaba adafite aho akura ibyo ashora mu muziki bikigoye ko azagera ku rwego rwo hejuru no kuba yahangana n’abandi ku isoko mpuzamahanga. Byari mu kiganiro yagiranye na RadioTV10.

Amerika: The Freepar witegura gushyira hanze Album - Inyarwanda.com

Freeper umuhanzi w’umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Ibi kandi arabihurizaho na Jules Sentore uvuga ko mu gihe ukora umuziki bitari kinyamwuga bikigoye kuba wawukuramo ibigutunga cyangwa n’ibindi biguteza imbere.

“Biracyagoranye kandi bigaragara mu maso ya buri umwe wese muzika nyarwanda iracyari inyuma mu bijyanye no kuba yatunga umuhanzi ariyo mpamvu ngira inama abahanzi bose ko ntago muzika ishobora kugutunga ntakindi kintu ukora”

“Umuziki ni ikintu wakora ufatanije n’ibindi kandi umuhanzi yakwiyamamaza we ubwe, ni ikintu gishoboka rwose ko wakora umuziki ukora n’ibindi”

Sentore yasingije ubutwari bw'umugore mu ndirimbo yise 'Mama' | UMUSEKE

Jules Sentore umuhanzi nyarwanda ukunze gukora indirimbo ziri mu mudiho gakondo

Ku ruhande rw’abakora akazi ko kureberera inyungu z’abahanzi bavuga ko umuhanzi koko niba akeneye kwiteza imbere no kugera ku rwego mpuzamahanga atakwiringira umuziki wonyine ahubwo ngo kwibuka kugira ibindi bashoramo amafaranga ku ruhande ni bumwe mu buryo bwabafasha mu gihe ibigo n’amabanki mu Rwanda ataragirira ikizere ubuhanzi ku buryo babashoramo ayabo.

Muyoboke Alex wabaye igihe kinini mu guharanira inyungu z’abahanzi (Manager) avuga iki kuri iyi ngingo?

“N’ahandi n’ahandi ku isi umuhanzi amafaranga abonye ayashora mu bindi bintu. Akenshi mbwira abahanzi bacu: ese iyo ubonye amafaranga utekereza iki?..tekereza ikindi kintu ushobora gukora kikaba cyakubyarira inyungu kigufashe mu muziki”

ZA NDURU SERIES, MUYOBOKE ALEX YINJIYE MURI CINEMA, JUDITH UMUGORE WA SAFI,  PARU - YouTube

Muyoboke Alex wabaye igihe kinini mu guharanira inyungu z’abahanzi (Manager)

Ubuhanzi bukozwe kinyabwuga ntakabuza ko butatunga nyirabwo. Abakurikiranira hafi ibirebana n’ubuhanzi bavuga ko mu gihe hakiri ibibazo mu bihangano bamwe bakora bidafite umwimerere, kutagura isoko ndetse no kwishora mu biyobyabwenge bikunze kugaragara ngo ari zimwe mu mpamvu zizitira iterambere ry’abahanzi nyarwanda .

Inkuru ya: Denyse Mbabazi Mpambara/RadioTV10 Rwanda

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − sixteen =

Previous Post

Bamwe mu bamotari ntibishimiye kongera gukoresha “mubazi” batabanje kwigishwa imikorere yazo

Next Post

10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.