Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Iterambere ryihuse no kwaguka kw’isoko ry’umuziki bidindizwa n’iki?

radiotv10by radiotv10
12/08/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Iterambere ryihuse no kwaguka kw’isoko ry’umuziki bidindizwa n’iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Abakurikiranira hafi iterambere n’ibikorwa by’abahanzi mu Rwanda baravuga ko mu gihe umuhanzi adatekereza mu buryo bwagutse bw’aho yakura igishoro mu muziki we bizagorana kubona bahatana ku isoko mpuzamhanga n’ ibindi bikomerezwa .

Hakunze kumvikana impaka z’urudaca bamwe bitana ba mwana ku iterambere ry’ubuhanzi cyane cyane ku muziki nyarwanda aho bamwe bashinja abawukora gutanga bike ndetse no kutagura isoko ryabo abahanzi nabo akenshi bakagaragaza ubushobozi bw’amafaranga nk’imbogamizi ikomeye kuri bo.

Imwe mu mpamvu ituma bavuga ko umuziki wabo utagera ku rwego rwo hejuru mu gihe abo bahanganye ku isoko babarusha ubushobozi bw’amikoro (amafaranga).

Ese ubuhanzi bushobora gutunga ubukora mu gihe akura igishoro mu byo akora gusa?

Umuhanzi nyarwanda the Freeper kuri we ngo mu gihe umuhanzi azaba adafite aho akura ibyo ashora mu muziki bikigoye ko azagera ku rwego rwo hejuru no kuba yahangana n’abandi ku isoko mpuzamahanga. Byari mu kiganiro yagiranye na RadioTV10.

Amerika: The Freepar witegura gushyira hanze Album - Inyarwanda.com

Freeper umuhanzi w’umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Ibi kandi arabihurizaho na Jules Sentore uvuga ko mu gihe ukora umuziki bitari kinyamwuga bikigoye kuba wawukuramo ibigutunga cyangwa n’ibindi biguteza imbere.

“Biracyagoranye kandi bigaragara mu maso ya buri umwe wese muzika nyarwanda iracyari inyuma mu bijyanye no kuba yatunga umuhanzi ariyo mpamvu ngira inama abahanzi bose ko ntago muzika ishobora kugutunga ntakindi kintu ukora”

“Umuziki ni ikintu wakora ufatanije n’ibindi kandi umuhanzi yakwiyamamaza we ubwe, ni ikintu gishoboka rwose ko wakora umuziki ukora n’ibindi”

Sentore yasingije ubutwari bw'umugore mu ndirimbo yise 'Mama' | UMUSEKE

Jules Sentore umuhanzi nyarwanda ukunze gukora indirimbo ziri mu mudiho gakondo

Ku ruhande rw’abakora akazi ko kureberera inyungu z’abahanzi bavuga ko umuhanzi koko niba akeneye kwiteza imbere no kugera ku rwego mpuzamahanga atakwiringira umuziki wonyine ahubwo ngo kwibuka kugira ibindi bashoramo amafaranga ku ruhande ni bumwe mu buryo bwabafasha mu gihe ibigo n’amabanki mu Rwanda ataragirira ikizere ubuhanzi ku buryo babashoramo ayabo.

Muyoboke Alex wabaye igihe kinini mu guharanira inyungu z’abahanzi (Manager) avuga iki kuri iyi ngingo?

“N’ahandi n’ahandi ku isi umuhanzi amafaranga abonye ayashora mu bindi bintu. Akenshi mbwira abahanzi bacu: ese iyo ubonye amafaranga utekereza iki?..tekereza ikindi kintu ushobora gukora kikaba cyakubyarira inyungu kigufashe mu muziki”

ZA NDURU SERIES, MUYOBOKE ALEX YINJIYE MURI CINEMA, JUDITH UMUGORE WA SAFI,  PARU - YouTube

Muyoboke Alex wabaye igihe kinini mu guharanira inyungu z’abahanzi (Manager)

Ubuhanzi bukozwe kinyabwuga ntakabuza ko butatunga nyirabwo. Abakurikiranira hafi ibirebana n’ubuhanzi bavuga ko mu gihe hakiri ibibazo mu bihangano bamwe bakora bidafite umwimerere, kutagura isoko ndetse no kwishora mu biyobyabwenge bikunze kugaragara ngo ari zimwe mu mpamvu zizitira iterambere ry’abahanzi nyarwanda .

Inkuru ya: Denyse Mbabazi Mpambara/RadioTV10 Rwanda

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − five =

Previous Post

Bamwe mu bamotari ntibishimiye kongera gukoresha “mubazi” batabanje kwigishwa imikorere yazo

Next Post

10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Ku munsi nk’uyu nibwo Shyaka Claver wakoreraga Radio 10 yitabye Imana…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.