Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano

radiotv10by radiotv10
02/12/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Minisitiri yasuye abahanzi bari mu myiteguro y’igitaramo gitegerezanyijwe amatsiko abasigira isezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasuye abahanzi bazaririmba mu iserukiramuco rya ‘Unveil Festival’ aho bari mu myiteguro, abasezeranya ko ntagihindutse agomba kuzitabira iri serukiramuco ryubakiye ku muziki gakondo.

Dr. Utumatwishima wagiranye ibiganiro n’aba bahanzi barimo abamaze kubaka izina mu njyana ya Gakondo, nka Ruti Joel, yabifurije imyiteguro myiza.

Yaboneyeho kandi kubasaba ko igitaramo cyabo cyazatangirira ku gihe, kurangwa n’ikinyabupfura n’isuku mu byo bakora, kandi bakirinda gucuruza inzoga abakiri bato kuko ‘byaba ari ukwangiza urubyiruko rw’ejo hazaza’.

Uyu muyobozi yagaragaje ko nka Minisiteri bazakomeza gushyigikira abahanzi, ndetse no gusura ibikorwa byabo n’iby’urubyiruko muri rusange.

Yagize ati “Natwe muri Minisiteri dufite ibitekerezo byinshi tugenda gusa tureba n’umubare n’uko ibintu bigaragara […] Twanasuye Bull Dogg na Riderman igihe biteguraga igitaramo cyabo, ukabona ko iyi ni ‘Business’ ni ikintu Leta ikwiye kumenya, urubyiruko ni ho ruri, kandi kirimo n’ubushobozi, rero ndabishyigikiye. Twebwe igihe cyose muzadukenerera tuzaza.”

Abahanzi bazaririmba muri iri serukiramuco ni Ruti Joël, Victor Rukotana, Chrisy Neat usanzwe ari Producer muri ‘Studio’ Ibisumizi, Umukiringitananga Siboyintore, Itorero Intayoberana, J-SHA [Itsinda ry’abakobwa b’impanga] ndetse na Himbaza Club yamenyekanye cyane mu ngoma z’i Burundi.

Umuhanzi Ruti Joel yagaragarije Minisitiri aho imyiteguro igeze
Yabizeje ko azitabira iri serukiramuco

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 1 =

Previous Post

Perezida Kagame muri Qatar yarebye isiganwa mpuzamahanga ry’utumodoka duto

Next Post

Gisagara: Ntibumva uko gahunda ijyamo ababishaka yagizwe iturufu yo kubima ibyo bemerewe

Related Posts

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

by radiotv10
14/11/2025
0

Umunyarwenya Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu wari wagiye gususurutsa abantu mu gitaramo kizwi nka Gen Z Comedy, yahawe ibihumbi 500...

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko igitaramo ngarukamwaka yise ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya...

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuhanzi Yampano, yatangaje ko yamaze gutanga ikirego aregamo uwashyize hanze amashusho agaragaramo we n'umukunzi we bari mu gikorwa cy’ibanga, anasobanura...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside
MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

by radiotv10
14/11/2025
0

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?

Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?

14/11/2025
Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

14/11/2025
Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Ntibumva uko gahunda ijyamo ababishaka yagizwe iturufu yo kubima ibyo bemerewe

Gisagara: Ntibumva uko gahunda ijyamo ababishaka yagizwe iturufu yo kubima ibyo bemerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.