Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
15/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Yaturitse ararira

Share on FacebookShare on Twitter

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje ko hari abagiraneza batangiye kumufasha barimo n’abafite amazina azwi.

Mu minsi micye ishize, ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amashusho agaragaramo uyu muhanzi w’Indirimbo z’Imana, arira ayo kwarika, asaba ubufasha bwo kuvuza no kwita ku mugore we urembye uburwayi bw’impyiko.

Muri ayo mashusho, Bosebabireba yavugaga ko aremerewe ku buryo nta bundi buryo yahisemo gusaba ubufasha uretse gukora kiriya kiganiro kugira ngo niba hari umugiraneza ufite umutima ufasha, amufashe.

Uyu muririmbyi mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko umugore we agiye kuzuza umwaka ari gukorerwa ubuvuzi buzwi nka Dialyse [kuyungurura amaraso], busanzwe busaba amikora aremereye ku buryo yari amaze gushirirwa n’ubushobozi ndetse n’abo baziranye bose yarabiyambaje.

Avuga ko kiriya kiganiro cyo gutabaza yagikoze nyuma yo kwakira ubutumwa bumugaragariza umwenda w’amafaranga ya Dialyse bari bamaze kugeramo.

Ati “Sinzi ukuntu natekereje ibintu by’amateka, numva ngize ubwoba. Mu by’ukuri nsanzwe nihagararaho pe, ariko nagiye kubona mbona ndi muri uwo mwuka, mbona ntacyo gukora, ntekereza abantu bose tuziranye, umuntu wese ntekereje ngasanga hari ikintu yakoze, nkavuga nti ‘ese ubu ndongera mpamagare runaka’ ariko ndavuga nti ngira abandi bantu banzi nk’umuntu uriho bamenye kubera ubundi buryo, wenda ntihabura umugiraneza, mba nkoze iriya video numva ari yo mahitamo nsigaranye.”

Nyuma ya kiriya kiganiro, Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, nka KNC na Angeli Mutabaruka bakorana, ndetse na Mutesi Scovia, bunze mu rya Bosebabireba, basaba abantu kugira icyo bakora kugira ngo batabare ubuzima bw’umugore we.

Uyu muririmbyi yavuze ko nyuma yuko aba bantu bagize uruhare mu gutabariza umugore we, hari icyahindutse kuko yabonye ubufasha, bwatangiriye ku mukozi w’Imana, Apotre Mignone wanamufashije mbere ariko akaba atari azi ko uburwayi bw’umugore we bwakomeje.

Ati “No mu buzima busanzwe, uriya mubyeyi mu bantu bose uzi b’abashumba bari mu Rwanda, ari mu bantu bankandiye akanyenyeri inshuro nyinshi […] ndamushimira. Undi muntu nshimira ni Scovia Mutesi, yantunguye ku rwego ntatekerezaga.”

Avuga ko hari n’abandi benshi bagiye bamuhamagara bavuga ko bumvise ikibazo cye ku maradiyo, bakamuha ubufasha bungana n’ubushobozi bwabo.

Undi yashimiye ni umuhanzi Richard Nick Ngendahayo unafite igitaramo vuba aha, na we wamutunguye agatanga ubufasha, kandi batanaziranye.

Ati “Abantu bampamagaye, abari i Bugande, bati ‘tukuri inyuma, turaje turebe icyo dukora’…n’ubu tuvugana ndi kwitaba amatelefone ampa ihumure ariko ntihaburamo n’ubura ikintu ampa.”

Theo Bosebabireba avuga ko ideni ryari rimaze kugeramo kwa muganda, yamaze kuryishyura ryose, ariko ko uko ubu buvuzi bukomeza, ari na ko hagenda hiyongeraho irindi, agasaba ko abagiraneza bakomeza n’ubundi kumuba hafi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Next Post

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Related Posts

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

by radiotv10
13/10/2025
0

Abahanzikazi Vestine na Dorcas basanzwe ari abavandimwe baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Nyagasani, buriye rutemikirere berecyeje muri Canada mu...

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

by radiotv10
13/10/2025
0

Abahanzi b’abavandimwe Dorcas na Vestine bazwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bavuze ko nyuma yuko umwe muri bo...

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

by radiotv10
11/10/2025
0

Umunyamakuru Julius William Niyitegeka uzwi nka Julius Chita, usanzwe ari inshuti ya Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, wafunguywe nyuma...

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

by radiotv10
10/10/2025
0

In today’s social media age, Fridays have almost become a performance. As soon as the weekend hits, timelines fill with...

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

by radiotv10
10/10/2025
0

For many African parents, the idea of being an “influencer” sounds confusing, unserious, or even risky. To them, a job...

IZIHERUKA

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa
MU RWANDA

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

15/10/2025
Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

15/10/2025
Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

15/10/2025
Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha guhangana na AFC/M23

15/10/2025
Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Abaregwa ubucukuzi bw'amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abaregwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko babusanyije imvugo imbere y’Urukiko

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.